• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa 2 w’Inama ya 27 y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

Umunsi wa 2 w’Inama ya 27 y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 17 Jul 2016 Amakuru

Abakuru b’ibihugu bya Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, kuri uyu wa Gatandatu, habayeho umwiherero ku nkomoko y’imari uyu muryango ukoresha.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kandi yakiriye abakuru b’ibihugu n’abayobozi batandukanye bitabiriye iyo nama.

Ku munsi wa 2:

Uyu munsi kuya 17 Nyakanga, ni bwo hatangiye inama y’inteko rusange isanzwe ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Afurika. Iteraniramo Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma n’abahagarariye abakuru b’ibihugu, kongeraho abantu babiri baherekeje Abakuru b’Ibihugu.

Kuva saa tatu za mu gitondo kugeza saa sita n’igice, habayeho kwiga gahunda y’imirimo y’inteko rusange no kuganira ku ngingo zirimo kwishyira hamwe kw’ibihugu, aho barebera hamwe ubucuruzi butagira umupaka ku mugabane w’Afurika (CFTA) muri 2017 n’imbogamizi zabamo, banarebere hamwe amavugurura y’Umuryango w’Abibumbye.

Saa sita n’igice, Perezida Kagame na Perezida wa Chad Idris Deby Itno ari na we uyoboye AU muri iki gihe bafunguye ku mugaragaro inteko isanzwe ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Ku gicamunsi harabaho kungurana ibiterezo ku nsanganyamatsiko y’iyi nama igira iti “Umwaka Nyafurika w’Uburenganzira bwa Muntu hibandwa ku Burenganzira bw’Umugore”. Hakurikireho gutangiza raporo ivuga ku mugore w’Umunyafurika 2010-2015.

Ku wa Mbere tariki ya 18 Nyakanga 2016, kuva saa tatu kugera saa saba hari kwemeza imyanzuro y’umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu n’aba Guverinoma ku gutera inkunga Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Abakuru b’ibihugu bazemeza kandi ingengo y’imari ya 2017 ya AU , haze igikorwa gikomeye cy’amatora y’umuyobozi wa Komisiyo y’uyu muryango.

Nyuma yaho, hazarebwa kuri raporo y’umuyobozi wa Komisiyo igaragaza ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano, n’imiterere y’amahoro n’umutekano muri Afurika, hakurikireho kwemeza abagize Komisiyo, no gushyiraho abacamanza b’Urukiko Nyafurika ku burenganzira bwa muntu.

Inama izasozwa ku mugoroba wo ku wa Mbere harahira abagize Komisiyo, abagize Urukiko Nyafurika rw’Uburengenzira bwa Muntu.

-3313.jpg

-3312.jpg

-3314.jpg

-3315.jpg

-3316.jpg

-3317.jpg

-3318.jpg

Turacyabikurikirana….

2016-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Amafoto – Gasogi United yabimburiye andi makipe gukoresha ikizamini cy’ubuzima abakinnyi izakoresha mu mwaka utaha w’imikino, yahereye ku mukinnyi wo muri Centre Africa

Ubwanditsi 02 Jul 2021
Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Ubwanditsi 07 Jun 2022
“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

“Nshengurwa n’icyubahiro Kagame ahabwa mu ruhando mpuzamahanga” -Tshisekedi

Ubwanditsi 31 Mar 2024
Rwamagana : Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Rwamagana : Polisi yakanguriye urubyiruko w’Abayisilamu kugira uruhare mu kurwanya ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 24 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda
Mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab
POLITIKI

Perezida wa Somalia ashaka ibiganiro na Al Shabaab

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti
IMIKINO

Amavubi yatsinze RDC ayisanze iwayo, ibitego 3-2 mu mukino wa gicuti

Ubwanditsi 19 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru