• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Ubwanditsi 17 Oct 2017 ITOHOZA

Niyonizera Judithe uherutse kurushinga na Safi Niyibikora uririmba muri Urban Boyz yashyizwe mu majwi n’umugabo wo muri Canada umushinja ubutiriganya ndetse akemeza ko urugo rw’aba bombi rushingiye ku kinyoma.

Ibirori byo gusaba no gukwa Niyonizera Judithe byabereye i Rebero mu Karere ka Kicukiro kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2017. Byabaye mu buryo butunguranye kuko hari hashize iminsi icumi gusa humvikanye inkuru y’uko Safi agiye kurushinga.

Mu mizo y’umubano wabo byakunze kuvugwa ko bazimukira muri Canada ariko nyuma haza kumenyekana indi nkuru y’uko Safi yaguriwe inzu na Niyonizera Judithe muri Kigali. Muri ibyo bihe bari baratembereye ku kirwa cya Zanzibar bishimira Icyumweru cya buki.

Kuri ubu, IGIHE dukesha iyi nkuru yakiriye ubutumwa kuri e-mail bwa Rick Hilton uvuga ko atuye muri Calgary, Alberta muri Canada, agahamya ko yakundanye na Niyonizera mbere y’uko aza mu Rwanda gukora ubukwe na Safi.

Rick avuga ko Niyonizera ajya gufata rutemikirere ava muri Canada, yamubeshye ko agiye gusura inshuti n’abandimwe yari akumbuye. Amuheruka ubwo!

Yagize ati “Mu myaka ibiri ishize twakundanye n’umugeni we [Safi] mushya, Niyonizera Judithe.”

Akomeza asobanura ko Niyonizera afite ubwenegihugu bwa Canada yabonye biturutse k’umugabo babanye mbere, bakaza gutandukana; ni nabwo “bateganya gukoresha mu kugera hano ngo banahabone akazi.”

Rick uvugana agahinda, ashinja Niyonizera ko yamushyizeho uburyarya, bituma amwimariramo, amutaho umutungo utagira ingano ariko avuga ko agiye kwitabaza inzego za Canada, zikamukurikirana nagaruka.

Yagize ati “Yantwaye akayabo, ndi injiji kandi ndabizi, gusa gutekereza ko bazakoresha ayo mayeri mu kubeshya inzego z’ubuyobozi muri Canada ni ukwibeshya cyane. Ejo nibwo ntangira kubigeza mu buyobozi.”

“Namwishyuriye telefoni, ubwishingizi bw’imodoka n’icumbi mu gihe cyose yari ari mu buryohe yitegura kurushinga na Safi. Yavuye mu buriri bwanjye ambeshya urukundo rudahari ku wa 22 Kanama, mbere y’ibyumweru bibarika ngo akore ubukwe. Ni ubu ndi kuvumbura byinshi ku rutonde rw’ibinyoma n’ubutiriganya. Ubwo bunyamaswa ntibukwiye kwemererwa gukomeza.”

Akomeza agira ati “Muri Mata, uyu mwaka yansabye kumuguriza ibihumbi bibiri by’amadorali ngo yambutse Toyota Rav4 ivuye hano [muri Canada] ngo ayigurishe, nyuma y’ibyumweru bibiri yahise ambwira ko yangirikiye mu nzira ’transit’, icyantunguye ni ugusanga yarayimuhaye [Safi]. Iyo ni inkuru imwe gusa mu zigize akababaro kanjye.”

Ubutumwa bwa Rick bukomeza bugaragaza ko nyuma yo gusigwa na Niyonizera, yari yihebeye nyuma yo kuryamana kenshi, byamusigiye ihungabana.

Ati “Ibi bibazo byanshyize mu kwiheba, nari nziko azagaruka duhita tubana, yewe nanaguze inzu igezweho ku bw’ibi ariko ntaramvugisha mu mezi abiri yose ashize. Natunguwe no gusanga muri Google huzuyemo amafoto y’ubukwe ndaraba. Natangiye kwandikira inshuti ze n’abapasiteri, yampamagaye kabiri mu cyumweru gishize akoresheje nimero yo mu Rwanda ambwira ko telefoni namuguriye yibwe akabura nimero zose. Nyuma y’umunsi umwe yongera kuntungura ampamamagaza telefoni yavugaga ko yibwe.”

Rick Hilton avuga ko impamvu yamuteye gushyira hanze iby’umubano we na Niyonizera ari agahinda arimo katumye yifuza kumuhagarikira amayira mu ’butiriganya bwo kwinjiza Safi muri Canada’.

Uyu mugabo ugaragara nk’usheshe akanguhe avuga ko ari mu nzira zo kugeza ikibazo cye na Niyonizera mu mategeko aho atuye mu gukumira umugambi we n’umugabo we mushya bafite.

Mu buhamya bwa Rick Hilton avuga ko mbere yo kugirana ubumwe na Niyonizera Judithe bwaranzwe no guhura inshuro nyinshi ndetse bakaryamana mu gihe cy’imyaka ibiri ishize.

Mu gihe Rick yatangiye inzira yo gusuka hanze amabanga y’umubano we na Niyonizera, twagerageje kuvugisha urugo rwa Safi ariko ntibyadukundira.

Kuva ubukwe bwa Safi bwavugwa, yatangiye kugabwaho ibitero ko akurikiye umugore ufite ifaranga, ndetse nyuma haza no kugaragazwa ko yamuguriye inzu nziza.

Udufoto twa Rick Hilton na Niyonizera mu bihe bitandukanye

-8376.jpg

-8374.jpg

-8373.jpg

-8375.jpg

Source : IGIHE

2017-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Nyuma y’amakosa y’Urukiko Rukuru rwari rwamugize umwere, urw’Ubujurire rwakatiye umujenosideri Wenceslas Twagirayezu igifungo cy’imyaka 20

Ubwanditsi 31 Jul 2024
Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Londres: Inzu bikekwako ari iya Kayumba Nyamwasa ifite agaciro ka £ 375,000, ni ukuvuga hafi 410,578,273 Frw. igiye gukorwaho iperereza

Ubwanditsi 28 Apr 2016
FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Umushishozi ati”Wisunga umugabo-mbwa mugakubitirwa hamwe”.

Ubwanditsi 23 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko
INKURU NYAMUKURU

Ingabire Victoire Ajye Yibuka Ko Yafunzwe N’ibimenyetso Byavuye Mu Buholandi, Naho Isano N’abajenosideri, Akabaye Icwende Ntikoga Ngo Gashiremo Umunuko

Ubwanditsi 04 Jun 2021
PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame
Amakuru

PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni
Amakuru

Intambara iratutumba hagati ya Perezida Ndayishimiye na Minisitiri w’intebe Bunyoni

Ubwanditsi 16 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru