• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Ubwanditsi 17 Oct 2017 ITOHOZA

Niyonizera Judithe uherutse kurushinga na Safi Niyibikora uririmba muri Urban Boyz yashyizwe mu majwi n’umugabo wo muri Canada umushinja ubutiriganya ndetse akemeza ko urugo rw’aba bombi rushingiye ku kinyoma.

Ibirori byo gusaba no gukwa Niyonizera Judithe byabereye i Rebero mu Karere ka Kicukiro kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2017. Byabaye mu buryo butunguranye kuko hari hashize iminsi icumi gusa humvikanye inkuru y’uko Safi agiye kurushinga.

Mu mizo y’umubano wabo byakunze kuvugwa ko bazimukira muri Canada ariko nyuma haza kumenyekana indi nkuru y’uko Safi yaguriwe inzu na Niyonizera Judithe muri Kigali. Muri ibyo bihe bari baratembereye ku kirwa cya Zanzibar bishimira Icyumweru cya buki.

Kuri ubu, IGIHE dukesha iyi nkuru yakiriye ubutumwa kuri e-mail bwa Rick Hilton uvuga ko atuye muri Calgary, Alberta muri Canada, agahamya ko yakundanye na Niyonizera mbere y’uko aza mu Rwanda gukora ubukwe na Safi.

Rick avuga ko Niyonizera ajya gufata rutemikirere ava muri Canada, yamubeshye ko agiye gusura inshuti n’abandimwe yari akumbuye. Amuheruka ubwo!

Yagize ati “Mu myaka ibiri ishize twakundanye n’umugeni we [Safi] mushya, Niyonizera Judithe.”

Akomeza asobanura ko Niyonizera afite ubwenegihugu bwa Canada yabonye biturutse k’umugabo babanye mbere, bakaza gutandukana; ni nabwo “bateganya gukoresha mu kugera hano ngo banahabone akazi.”

Rick uvugana agahinda, ashinja Niyonizera ko yamushyizeho uburyarya, bituma amwimariramo, amutaho umutungo utagira ingano ariko avuga ko agiye kwitabaza inzego za Canada, zikamukurikirana nagaruka.

Yagize ati “Yantwaye akayabo, ndi injiji kandi ndabizi, gusa gutekereza ko bazakoresha ayo mayeri mu kubeshya inzego z’ubuyobozi muri Canada ni ukwibeshya cyane. Ejo nibwo ntangira kubigeza mu buyobozi.”

“Namwishyuriye telefoni, ubwishingizi bw’imodoka n’icumbi mu gihe cyose yari ari mu buryohe yitegura kurushinga na Safi. Yavuye mu buriri bwanjye ambeshya urukundo rudahari ku wa 22 Kanama, mbere y’ibyumweru bibarika ngo akore ubukwe. Ni ubu ndi kuvumbura byinshi ku rutonde rw’ibinyoma n’ubutiriganya. Ubwo bunyamaswa ntibukwiye kwemererwa gukomeza.”

Akomeza agira ati “Muri Mata, uyu mwaka yansabye kumuguriza ibihumbi bibiri by’amadorali ngo yambutse Toyota Rav4 ivuye hano [muri Canada] ngo ayigurishe, nyuma y’ibyumweru bibiri yahise ambwira ko yangirikiye mu nzira ’transit’, icyantunguye ni ugusanga yarayimuhaye [Safi]. Iyo ni inkuru imwe gusa mu zigize akababaro kanjye.”

Ubutumwa bwa Rick bukomeza bugaragaza ko nyuma yo gusigwa na Niyonizera, yari yihebeye nyuma yo kuryamana kenshi, byamusigiye ihungabana.

Ati “Ibi bibazo byanshyize mu kwiheba, nari nziko azagaruka duhita tubana, yewe nanaguze inzu igezweho ku bw’ibi ariko ntaramvugisha mu mezi abiri yose ashize. Natunguwe no gusanga muri Google huzuyemo amafoto y’ubukwe ndaraba. Natangiye kwandikira inshuti ze n’abapasiteri, yampamagaye kabiri mu cyumweru gishize akoresheje nimero yo mu Rwanda ambwira ko telefoni namuguriye yibwe akabura nimero zose. Nyuma y’umunsi umwe yongera kuntungura ampamamagaza telefoni yavugaga ko yibwe.”

Rick Hilton avuga ko impamvu yamuteye gushyira hanze iby’umubano we na Niyonizera ari agahinda arimo katumye yifuza kumuhagarikira amayira mu ’butiriganya bwo kwinjiza Safi muri Canada’.

Uyu mugabo ugaragara nk’usheshe akanguhe avuga ko ari mu nzira zo kugeza ikibazo cye na Niyonizera mu mategeko aho atuye mu gukumira umugambi we n’umugabo we mushya bafite.

Mu buhamya bwa Rick Hilton avuga ko mbere yo kugirana ubumwe na Niyonizera Judithe bwaranzwe no guhura inshuro nyinshi ndetse bakaryamana mu gihe cy’imyaka ibiri ishize.

Mu gihe Rick yatangiye inzira yo gusuka hanze amabanga y’umubano we na Niyonizera, twagerageje kuvugisha urugo rwa Safi ariko ntibyadukundira.

Kuva ubukwe bwa Safi bwavugwa, yatangiye kugabwaho ibitero ko akurikiye umugore ufite ifaranga, ndetse nyuma haza no kugaragazwa ko yamuguriye inzu nziza.

Udufoto twa Rick Hilton na Niyonizera mu bihe bitandukanye

-8376.jpg

-8374.jpg

-8373.jpg

-8375.jpg

Source : IGIHE

2017-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ese Evariste Ndayishimiye ajya yibuka ko ari Umukuru w’Igihugu?

Ubwanditsi 18 Mar 2025
Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Urunturuntu hagati ya Perezida Museveni na Nkurunziza

Ubwanditsi 23 Jan 2019
General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

General Christian Ndaywell yishe benshi, ariko Major Thomas Ndizeye yahoye gusa ko ari Umututsi urwe ruzamubiza ibyuya

Ubwanditsi 26 Nov 2024
Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko  nibyo byaranze  RNC muri 2016

Amatiku, gutukana bya gishumba no gukorera mu dutsiko nibyo byaranze RNC muri 2016

Ubwanditsi 25 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu
Mu Rwanda

Muhanga: Itsinda ry’abantu bitwaje imihoro batemye abantu

Ubwanditsi 12 Jul 2018
U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “
INKURU ZAKUNZWE CYANE

U Rwanda rugiye kwakira indi nama ” Karundura “

Ubwanditsi 24 Mar 2018
Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo
Mu Rwanda

Uganda: Abagore bakomeje kwicwa umusubizo n’abashaka kubaturaho ibitambo

Ubwanditsi 04 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru