• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Umunya-Canada yahishuye uko yasahuwe n’umugore wa Safi nyuma y’igihe baryamana

Ubwanditsi 17 Oct 2017 ITOHOZA

Niyonizera Judithe uherutse kurushinga na Safi Niyibikora uririmba muri Urban Boyz yashyizwe mu majwi n’umugabo wo muri Canada umushinja ubutiriganya ndetse akemeza ko urugo rw’aba bombi rushingiye ku kinyoma.

Ibirori byo gusaba no gukwa Niyonizera Judithe byabereye i Rebero mu Karere ka Kicukiro kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Ukwakira 2017. Byabaye mu buryo butunguranye kuko hari hashize iminsi icumi gusa humvikanye inkuru y’uko Safi agiye kurushinga.

Mu mizo y’umubano wabo byakunze kuvugwa ko bazimukira muri Canada ariko nyuma haza kumenyekana indi nkuru y’uko Safi yaguriwe inzu na Niyonizera Judithe muri Kigali. Muri ibyo bihe bari baratembereye ku kirwa cya Zanzibar bishimira Icyumweru cya buki.

Kuri ubu, IGIHE dukesha iyi nkuru yakiriye ubutumwa kuri e-mail bwa Rick Hilton uvuga ko atuye muri Calgary, Alberta muri Canada, agahamya ko yakundanye na Niyonizera mbere y’uko aza mu Rwanda gukora ubukwe na Safi.

Rick avuga ko Niyonizera ajya gufata rutemikirere ava muri Canada, yamubeshye ko agiye gusura inshuti n’abandimwe yari akumbuye. Amuheruka ubwo!

Yagize ati “Mu myaka ibiri ishize twakundanye n’umugeni we [Safi] mushya, Niyonizera Judithe.”

Akomeza asobanura ko Niyonizera afite ubwenegihugu bwa Canada yabonye biturutse k’umugabo babanye mbere, bakaza gutandukana; ni nabwo “bateganya gukoresha mu kugera hano ngo banahabone akazi.”

Rick uvugana agahinda, ashinja Niyonizera ko yamushyizeho uburyarya, bituma amwimariramo, amutaho umutungo utagira ingano ariko avuga ko agiye kwitabaza inzego za Canada, zikamukurikirana nagaruka.

Yagize ati “Yantwaye akayabo, ndi injiji kandi ndabizi, gusa gutekereza ko bazakoresha ayo mayeri mu kubeshya inzego z’ubuyobozi muri Canada ni ukwibeshya cyane. Ejo nibwo ntangira kubigeza mu buyobozi.”

“Namwishyuriye telefoni, ubwishingizi bw’imodoka n’icumbi mu gihe cyose yari ari mu buryohe yitegura kurushinga na Safi. Yavuye mu buriri bwanjye ambeshya urukundo rudahari ku wa 22 Kanama, mbere y’ibyumweru bibarika ngo akore ubukwe. Ni ubu ndi kuvumbura byinshi ku rutonde rw’ibinyoma n’ubutiriganya. Ubwo bunyamaswa ntibukwiye kwemererwa gukomeza.”

Akomeza agira ati “Muri Mata, uyu mwaka yansabye kumuguriza ibihumbi bibiri by’amadorali ngo yambutse Toyota Rav4 ivuye hano [muri Canada] ngo ayigurishe, nyuma y’ibyumweru bibiri yahise ambwira ko yangirikiye mu nzira ’transit’, icyantunguye ni ugusanga yarayimuhaye [Safi]. Iyo ni inkuru imwe gusa mu zigize akababaro kanjye.”

Ubutumwa bwa Rick bukomeza bugaragaza ko nyuma yo gusigwa na Niyonizera, yari yihebeye nyuma yo kuryamana kenshi, byamusigiye ihungabana.

Ati “Ibi bibazo byanshyize mu kwiheba, nari nziko azagaruka duhita tubana, yewe nanaguze inzu igezweho ku bw’ibi ariko ntaramvugisha mu mezi abiri yose ashize. Natunguwe no gusanga muri Google huzuyemo amafoto y’ubukwe ndaraba. Natangiye kwandikira inshuti ze n’abapasiteri, yampamagaye kabiri mu cyumweru gishize akoresheje nimero yo mu Rwanda ambwira ko telefoni namuguriye yibwe akabura nimero zose. Nyuma y’umunsi umwe yongera kuntungura ampamamagaza telefoni yavugaga ko yibwe.”

Rick Hilton avuga ko impamvu yamuteye gushyira hanze iby’umubano we na Niyonizera ari agahinda arimo katumye yifuza kumuhagarikira amayira mu ’butiriganya bwo kwinjiza Safi muri Canada’.

Uyu mugabo ugaragara nk’usheshe akanguhe avuga ko ari mu nzira zo kugeza ikibazo cye na Niyonizera mu mategeko aho atuye mu gukumira umugambi we n’umugabo we mushya bafite.

Mu buhamya bwa Rick Hilton avuga ko mbere yo kugirana ubumwe na Niyonizera Judithe bwaranzwe no guhura inshuro nyinshi ndetse bakaryamana mu gihe cy’imyaka ibiri ishize.

Mu gihe Rick yatangiye inzira yo gusuka hanze amabanga y’umubano we na Niyonizera, twagerageje kuvugisha urugo rwa Safi ariko ntibyadukundira.

Kuva ubukwe bwa Safi bwavugwa, yatangiye kugabwaho ibitero ko akurikiye umugore ufite ifaranga, ndetse nyuma haza no kugaragazwa ko yamuguriye inzu nziza.

Udufoto twa Rick Hilton na Niyonizera mu bihe bitandukanye

-8376.jpg

-8374.jpg

-8373.jpg

-8375.jpg

Source : IGIHE

2017-10-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Uganda: Itorero AGAPE i Mbarara ryahindutse indiri y’ibikorwa bya RNC

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Umuryango Wa Rwigara Urasaba Kudahezwa Mu Rubanza Rw’abanyamigabane B’uruganda Rwabo

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Biravugwa ko FDLR n’igisirikare cya Congo bahawe ikiraka cyo kurwanirira Perezida Nkurunziza w’u Burundi

Biravugwa ko FDLR n’igisirikare cya Congo bahawe ikiraka cyo kurwanirira Perezida Nkurunziza w’u Burundi

Ubwanditsi 20 Aug 2017
Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Nyuma y’impanuka y’ubwato muri Kongo, Leta irapfobya umubare w’abayiguyemo kugirango abazahabwa impozamarira babe bake

Ubwanditsi 10 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .
Amakuru

AMAFOTO – Ku bufatanye na SKOL, Rayon Sports yamuritse imyambaro n’ibikoresho bifite agaciro ka miliyoni 25 Frw bizakoresha mu isubukurwa rya shampiyona ya 2020-2021 .

Ubwanditsi 24 Apr 2021
U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwasubije Congo abarwanyi 34 ba Mai-Mai bari barahahungiye imirwano

Ubwanditsi 03 Feb 2018
Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye
SHOWBIZ

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Ubwanditsi 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru