• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Umunyamahanga wa EAC yavuze ko ikibazo cy’u Rwanda na Uganda kigiye gushakirwa umuti

Umunyamahanga wa EAC yavuze ko ikibazo cy’u Rwanda na Uganda kigiye gushakirwa umuti

Editorial 14 Mar 2019 POLITIKI

Umunyamabanga mukuru w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC, Liberat Mfumukeko yatangaje ko bari kwiga ku buryo bakemura amakimbirane ari hagati y’u Rwanda n’Ubuganda.

Nk’uko Chimp Reports ibitangaza, Mfulukeko yavuze ko nka EAC batangije ibiganiro hagati y’ibihugu byombi mu rwego rwo gushakira umuti wihuse iki kibazo.

“Ntabwo twicaye turebera iki kibazo. Ba Minisitiri b’Ubucuruzi, inganda n’ishoramari baturutse muri ibi bihugu bari mu biganiro bishakira umuti iki kibazo.” Mfulukeko.

Uyu munyamabanga kandi, yavuze ko atari ubwa mbere abanyamuryango ba EAC bagiranye ibibazo. Yanakomoje kandi ku isano iri hagati y’u Rwanda na Uganda.

“Si ubwa mbere ibihugu bimwe mu bihugu bigize umuryango bigiranye ikibazo ariko byose byagiye bikemuka nta ngaruka. Nyuma y’ibyo byose kandi, turabizi ko u Rwanda na Uganda ari abavandimwe no kuva mu bihe bya mbere. Utubazo nk’utu ntitwabura ariko birangira dukemutse.”

Ibibazo hagati y’ibihugu byombi byatangiye ubwo Abanyarwanda babaga muri Uganda batangiye gukubitwa, bakorerwa iyicarubozo, ibicuruzwa byabo bigafatirwa ndetse abandi bakajugunywa ku mipaka.

Nyuma y’iri hohoterwa, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Richard Sezibera yasabye Abanyarwanda ko baba bahagaritse ingendo zabo bakorera mu Buganda mu gihe ibi bibazo bitarakemuka. Iri tangazo yaritanze ku wa 1 Werurwe 2019.

Mu bindi bibazo byakurikiyeho harimo icyo Uganda yashinje u Rwanda ko rwafunze imipaka ihuza ibi bihugu nka Cyanika.

Mu gusubiza, Dr Sezibera yavuze ko bitewe n’ibikorwa by’ubwubatsi ku mupaka wa Gatuna, imodoka nini zisabwa kunyura ku mupaka wa Kagitumba. Ubu ni ubutumwa yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter.

2019-03-14
Editorial

IZINDI NKURU

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza

Editorial 29 May 2025
RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

RDC: Moïse Katumbi yashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi

Editorial 17 Aug 2018
Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Amafoto: Rayon Sports yunamiye imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 ishyinguwe mu rwibutso rwa Ntarama

Editorial 14 Apr 2022
Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Chairman Yazanye ikarita itariho ubwoko, idini n’indeshyo – “Dr. Sabin Nsanzimana”

Editorial 30 Jun 2024

Igitekerezo kimwe

  1. twubakane
    March 15, 20199:54 am -

    Wumve Abarundi bakome? Ariko ibya Uganda nibiceceka abarundi bazavuga. Ntimubona ko harimo ikintu? FDRL, RNC,..aho biri nyine………………………….Birigaragaza!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!! Imbonera…se?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dore impamvu nyamukuru zishobora gutuma umukobwa ahera iwabo kabone n’iyo yaba mwiza ate
HIRYA NO HINO

Dore impamvu nyamukuru zishobora gutuma umukobwa ahera iwabo kabone n’iyo yaba mwiza ate

Editorial 29 Jun 2017
Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark
ITOHOZA

Twagirayezu ukekwaho Jenoside yagejejwe mu Rwanda yoherejwe na Danemark

Editorial 12 Dec 2018
Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo
Mu Mahanga

Bugesera: Abamotari bongeye kwibutswa inshingano zabo basabwa gukora neza akazi kabo

Editorial 02 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru