• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

‘Umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite’- CP George Rumanzi

Editorial 02 Jan 2017 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda iravuga umupolisi warashe umunyamategeko Nzamwita Toy nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yahagaritswe akanga ahubwo agahatiriza kwinjira ahatemewe.

Mu ijoro ryo kuwa 30 Ukuboza 2016 nibwo umunyamategeko Nzamwita Ntabwiba Toy yarashwe na polisi ahita apfa ubwo yageragezaga kwinjira mu buryo butemewe ku nyubako ya Kigali Convention Center polisi yamuhagarika akabyanga.

Muri iryo joro kandi polisi yarashe imodoka y’umukozi wa MTN witwa Karenzi Benjamin nawe washakaga kurenga bariyeri zari zashyizwe hafi ya Kigali Convention Center ariko we ntacyo yabaye.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko aba bose bari banyoye inzoga birengeje urugero.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye kuri uyu wa 02 Mutarama 2017, umuyobozi w’Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda CP George Rumanzi yavuze ko mu minsi isatira ubunani bwa 2017 polisi yakajije umutekano w’inyubako ya Kigali Convention Center kubera ibirori byari kuhabera ngo hatagira uwiyoberanya agahungabanya umutekano ari nayo mpamvu hari hashyizweho bariyeri uwarashwe yashatse kurenga ku ngufu.

CP George Rumanzi yavuze ko kandi umupolisi warashe Me Toy bikanamuviramo urupfu nta yandi mahitamo yari afite kuko yari yamuhagaritse akabyanga kandi ntawri uzi icyo agambiriye.

Yagize ati “niyo mahitamo umupolisi yari asigaranye kuko uyu muntu wari utwaye, icyambere turebye amasaha hari nijoro, icyapa ntiyacyitayeho, ibihagarika yarabigonze, umupolisi ahagararamo ngo amuhugarike nawe yari amugonze, icyari gisigaye rero ni ugukoresha intwaro nk’uko byemewe n’amategeko, umupolisi yagombaga kureba icyakorwa kindi,kwari ugukoresha ingufu kugira ngo uwo muntu utazwi, nta wari uzi icyo agamije nta n’uwari uzi icyo atwaye.”

CP George Rumanzi yavuze ko bishoboka ko iyo polisi itarasa iyo modoka yari kugenda ikaba yakwangiza umutekano w’abari mu gitaramo kandi ko ari byo byari kuba bibi kurushaho dore ko hari n’ingero z’aho byagiye biba.

Yagize ati “ Mu mwanya muto umupolisi yari afite n’umuntu tutazi uwo ari we, tutazi n’icyo agamije, tutazi n’icyo atwaye kandi hagaragara ibibera hirya no hino, umupolisi yari afite umwanya muto wo gukoresha ingufu, iyo atazikoresha imodoka ikagenda igakandagira abantu cyangwa igaturikira mu bantu kuko nta wari ubizi ubwo sinzi niba ari byo byari gushimwa.”

Nyuma y’urupfu rwa Me Toy urugaga rw’abavoka mu Rwanda rwagaragaje ko rutishimiye uburyo mugenzi wabo yishwe basaba polisi y’u Rwanda gukora iperereza ryimbitse kandi rikihutishwa.

Ishusho y’umutekano mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda yasobanuye ko umutekano mu minsi mikuru wari wifashe neza kuko impanuka zabaye nke ndetse n’ibyaha bikagabanuka ugeranije n’umwaka washize.

CP George Rumanzi uyobora ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda yavuze hagaragaye impanuka zidakabije zahitanye ubuzima bw’abantu 8 abandi 6 bagakomereka mu buryo bukomeye.

Hafashwe kandi imodoka 11 zari zitwawe n’abantu basinze, nyuma ziza kugenda zirekurwa.

ACP Moris Muligo uyobora ishami ry’ubugenzacyaha yavuze ko nta byaha bikomeye byabaye uretse ubujura bw’amatungo magufi, gukoresha amafaranga y’amigananano ibihumbi 64 byose ngo byabaga bigamije gushaka amaramuko,hafashwe kandi urubyiruko 22 rwafatanywe ibiyobyabwenge.

-5236.jpg

Uhereye ibumoso, ACP Twahirwa Celestin, CP George Rumanzi na ACP Moris Muligo mu kiganiro n’abanyamakuru

2017-01-02
Editorial

IZINDI NKURU

Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi

Gicumbi: Hafashwe imodoka yari ipakiwemo Kanyanga na Chief Waragi

Editorial 06 Apr 2016
Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe

Polisi yemeje amakuru ko Gitifu wa Nyarugenge afunzwe

Editorial 29 Mar 2016
Karongi : Perezida Kagame yafunguye uruganda rwa KivuWatt

Karongi : Perezida Kagame yafunguye uruganda rwa KivuWatt

Editorial 17 May 2016
Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo Ikennye itunze Cobalt nyinshi ku Isi: Ubundi izira iki?

Editorial 03 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta
Amakuru

Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta

Editorial 01 Jul 2025
Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025
Amakuru

Amavubi yatsinzwe na Benin 3-0 hashakishwa itike y’igikombe cya Afurika 2025

Editorial 11 Oct 2024
Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke
Amakuru

Ntibikiri ugukekeranya, Ben Rutabana yarishwe, ndetse n’ikiriyo cyarabaye. Urupfu rwe ku gahanga ka Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke

Editorial 09 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru