• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Umwiherero wa 13 uzibande cyane kureba niba imyanzuro y’uw’ubushize yarashyizwe mu bikorwa

Editorial 12 Mar 2016 Mu Mahanga

Abayobozi bakuru mu Rwanda baritegura kujya mu mwiherero ngarukamwaka aho insanganyamatsiko y’uyu mwaka ari ugushyiraho intego yuko iby’iwacu ari byo byaba umusingi w’iterambere.

Uyu mwiherero wa 13 uzabera mu ishuli rya gisirikare rya Gabiro mu Karere ka Gatsibo hagati y’italiki 12 na 14 uku kwezi, uzitabirwa n’abayobozi basaga 250 barimo Perezida wa Repubulika. Uretse ariko n’abayobozi b’inzego zitandukanye za leta, uyu mwiherero uzaba unarimo n’abayobozi b’ibigo by’igenga nk’iby’ubucuruzi.

Iyi nsanganyamatsiko y’uyu mwiherero wa 13 ishishikariza Abanyarwanda kwiha intego yuko iby’iwacu aribyo bigomba kuba umusingi w’iterambere iruzuzanya n’icyifuzo cy’abakuru b’ibihugu by’umuryango w’uburasirazuba bwa Afurika (EAC).

Abo bayobozi mu nama yabo ya 17 yateraniye Arusha muri Tanzania taliki 2 z’uku kwezi banzuye yuko EAC idashobora gutera imbere mu gihe igura byinshi kuva hanze igurishayo bike ! Bafashe umwanzuro yuko hashakishwa ingamba z’ukuntu ibyo byahinduka, ibyoherezwa hanze bikaba byinshi kurusha ibikurwayo.

Ibi byashimangiwe cyane na Perezida wa Tanzania wasubiye muri ya magambo Mwalim Julius Nyerere yahoraga avuga ngo Afurika yimbura (isarura) ibyo tudakoresha, tugakoresha ibyo tutimbura.

Ingingo nkuru zizaganirwaho muri uwo mushyikirano w’uyu mwaka ni eshatu, arizo Gufata ingamba mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ikerekezo 2020; Kongera agaciro k’ibikomoka iwacu; no guteza imbere Imibereho myiza n’uburenganzira bw’umwana w’umunyarwanda.

Izi ngingo ni nziza kandi nk’uko bisanzwe zigomba no kuzafatirwa imyanzuro igomba kuzashyirwa mu bikorwa. Na none ni byiza gufata imyanzuro nk’iyo ariko byaba byiza kurushaho abo bayobozi babanje gushishoza neza bakareba niba imyanzuro yafashwe ubushize mu mwiherero wa 12 koko yarashyizwe mu bikorwa.

Muri uwo mwiherero wa 12 warangije imirimo yawo taliki 02 Werurwe 2015 hafatiwemo imyanzuro myinshi nk’ijyanye n’ibibazo by’Ubutaka, Gukwirakwiza amazi, imishinga idashyirwa mu bikorwa n’ibijyanye no kurushaho guhashya Ruswa kimwe no gusana ibitaro bya Shyira n’indi itari mike.

-2448.jpg

-2447.jpg

-2444.jpg

-2445.jpg

-2446.jpg

Muri uyu mwiherero rero wa 13 hagomba kurebwa imyanzuro itarashyizwe mu bikorwa, impamvu zabiteye zikamenyekana. Ibi ni ngombwa kuko gufata imyanzuro muri uyu mushyikirano undi mushyikirano ukazaza imyanzuro yafatiwe mu wambere itarashyizwe mu bikorwa cyangwa ikaba yarashyizwe mu bikorwa mu buryo butanoze, byaba ari ukuvunikira ubusa !

Casmiry Kayumba

2016-03-12
Editorial

IZINDI NKURU

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Nyabihu : Polisi y’u Rwanda yafatanye abagore babiri udupfunyika tw’urumogi dusaga 7600

Editorial 09 Sep 2016
Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Ruharwa Laurent Bucyibaruta warimbuye Abatutsi mu cyahoze ari Gikongoro agiye gushyikirizwa ubutabera mu gihugu cy’ubufaransa

Editorial 03 Jun 2021
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Editorial 13 Apr 2016
Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira  kwaka ruswa

Abagabo babiri bagenzura imyitwarire y’abamotari batawe muri yombi bazira kwaka ruswa

Editorial 04 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyo CNLG  Ivuga  kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa  Missile zahanuye  Indege ya Habyarimana
Mu Rwanda

Icyo CNLG Ivuga kunkuru ya ‘Globe and Mail ‘ ku mbunda irasa Missile zahanuye Indege ya Habyarimana

Editorial 10 Mar 2017
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.
Amakuru

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Editorial 19 May 2021
Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo
Amakuru

Kayisire Clarisse wiyise Mukundente Ariane nareke gushinyagurira umuryango wa Paul Gakuba hamwe n’inshuti ze z’interahamwe yikwiyitirira uyu muryango kuko nta bigarasha biwubarizwamo

Editorial 30 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru