• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Editorial 18 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko rwo muri Malawi ruri kuburanisha urubanza rw’Umunyarwanda Vincent Murekezi ukekwaho ibyaha bya Jenoside ku ngingo yo koherezwa mu Rwanda, rwifuje ko Minisiteri ifite mu nshingano umutekano muri iki gihugu yabaha umurongo ngenderwaho mu iburanisha.

Ibi byafashweho umwanzuro ejo ku wa Kabiri, tariki 17 Mutarama, ubwo Murekezi yitabaga uru rukiko rw’ibanze ruherereye mu Murwa Mukuru Lilongwe, aho ubushinjacyaha bwagaragazaga ibimenyetso byerekana uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi bimenyetso ubushinjacyaha bwashyikirije urukiko, byatanzwe n’ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda .

Mu iburanisha ryo kuri uwo munsi, Umucamanza Patrick Chirwa yafashe icyemezo cy’uko iri buranisha ryakomeza habanje kwisungwa inama za Minisiteri ifite umutekano w’imbere mu gihugu mu nshingano.

Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’uko abunganira Murekezi bazamuye intambamyi mu rukiko z’uko nta bubasha rufite bwo kuburanisha uru rubanza. Bongeyeho ko nta ngingo y’amategeko urukiko rugenderaho yo kuburanisha umuntu ukekwaho ibyaha bya Jenoside.

Nubwo ibimenyetso byose ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwabishyikirije ubuyobozi bw’iki gihugu, abunganira Murekezi bo bashimangira ko uwo bunganira adashobora koherezwa mu Rwanda bitewe n’uko nta masezerano yo kohererezanya abanyabyaha yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi.

Steven Kayuni wari uhagarariye Leta muri uru rubanza, yasubije abunganizi ba Murekezi ko nubwo nta masezerano ya kohererezanya abanyabyaha yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi, hari indi ngingo ibitegeka ikubiye mu masezerano ya Londres, avuga ko ibihugu biri mu Muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) bishobora kohererezanya abanyabyaha, kandi u Rwanda na Malawi bakaba ari abanyamuryango.

Uyu muyobozi yavuze ko niba urukiko rw’ibanze Murekezi ari kuburaniramo rudafite ubushobozi bwo kuburanisha urwo rubanza, rwakimurwa rugashyirwa mu rw’Ikirenga.

Gusa umucamanza yahise avuga ko urwo rukiko rufite ububasha bwo kuburanisha urubanza ku iyoherezwa mu Rwanda rya Murekezi, ariko yemeza ko bakeneye guhabwa umurongo na Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu mbere y’uko iburanisha rikomeza.

Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa mu cyumweru gitaha tariki 25 Mutarama 2017.

-5431.jpg

Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside

Murekezi yahawe ubwenegihugu bwa Malawi mu 2003, ariko aza gutabwa muri yombi mu Ukuboza umwaka ushize ashinjwa amanyanga mu kubona ibyangombwa, ariko nyuma aza kurekurwa. Yongeye gufatwa ndetse atangira kuburana ku ngingo yo kumwohereza mu Rwanda.

Murekezi kandi yaburanishijwe ndetse akatirwa adahari n’Urukiko Gacaca rwo mu Karere ka Huye ku cyaha cyo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi i Tumba aho akomoka. Gusa itegeko ry’u Rwanda rimwemerera kuba yasubirishamo urubanza mu gihe yaba yoherejwe mu Rwanda.

2017-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Rudasingwa arashinjwa gufata kungufu umwana w’umukobwa wacitse ku icumu yari yarabohoje ( Video y’Ubuhamya )

Editorial 12 Jul 2016
Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika

Umuryango wa Patrick Karegeya mu bibazo byo kubona ubuhungiro muri Amerika

Editorial 15 Nov 2016
Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Masaka: Bafunganywe n’abana babo kubera babuze ubwishyu.

Editorial 05 Sep 2017
Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Ubutegetsi bwa Tshisekedi burategura umugambi wo guta muri yombi Joseph Kabila na Moïse Katumbi, ngo batazamutsinda mu matora y’umukuru w’igihugu

Editorial 03 Jul 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze
Amakuru

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Editorial 02 May 2021
“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.
Amakuru

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

Editorial 04 Nov 2022
Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko
Mu Rwanda

Kigali: Perezida Kagame yatashye ikibuga cya Basketball agaruka ku mpano zihishe mu rubyiruko

Editorial 09 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru