• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Urubanza rwa Murekezi ukekwaho Jenoside rwasubitswe, hitabazwa Minisiteri

Editorial 18 Jan 2017 ITOHOZA

Urukiko rwo muri Malawi ruri kuburanisha urubanza rw’Umunyarwanda Vincent Murekezi ukekwaho ibyaha bya Jenoside ku ngingo yo koherezwa mu Rwanda, rwifuje ko Minisiteri ifite mu nshingano umutekano muri iki gihugu yabaha umurongo ngenderwaho mu iburanisha.

Ibi byafashweho umwanzuro ejo ku wa Kabiri, tariki 17 Mutarama, ubwo Murekezi yitabaga uru rukiko rw’ibanze ruherereye mu Murwa Mukuru Lilongwe, aho ubushinjacyaha bwagaragazaga ibimenyetso byerekana uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibi bimenyetso ubushinjacyaha bwashyikirije urukiko, byatanzwe n’ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda .

Mu iburanisha ryo kuri uwo munsi, Umucamanza Patrick Chirwa yafashe icyemezo cy’uko iri buranisha ryakomeza habanje kwisungwa inama za Minisiteri ifite umutekano w’imbere mu gihugu mu nshingano.

Uyu mwanzuro wafashwe nyuma y’uko abunganira Murekezi bazamuye intambamyi mu rukiko z’uko nta bubasha rufite bwo kuburanisha uru rubanza. Bongeyeho ko nta ngingo y’amategeko urukiko rugenderaho yo kuburanisha umuntu ukekwaho ibyaha bya Jenoside.

Nubwo ibimenyetso byose ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwabishyikirije ubuyobozi bw’iki gihugu, abunganira Murekezi bo bashimangira ko uwo bunganira adashobora koherezwa mu Rwanda bitewe n’uko nta masezerano yo kohererezanya abanyabyaha yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi.

Steven Kayuni wari uhagarariye Leta muri uru rubanza, yasubije abunganizi ba Murekezi ko nubwo nta masezerano ya kohererezanya abanyabyaha yashyizweho umukono hagati y’ibihugu byombi, hari indi ngingo ibitegeka ikubiye mu masezerano ya Londres, avuga ko ibihugu biri mu Muryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) bishobora kohererezanya abanyabyaha, kandi u Rwanda na Malawi bakaba ari abanyamuryango.

Uyu muyobozi yavuze ko niba urukiko rw’ibanze Murekezi ari kuburaniramo rudafite ubushobozi bwo kuburanisha urwo rubanza, rwakimurwa rugashyirwa mu rw’Ikirenga.

Gusa umucamanza yahise avuga ko urwo rukiko rufite ububasha bwo kuburanisha urubanza ku iyoherezwa mu Rwanda rya Murekezi, ariko yemeza ko bakeneye guhabwa umurongo na Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu mbere y’uko iburanisha rikomeza.

Urukiko rwanzuye ko iburanisha rizasubukurwa mu cyumweru gitaha tariki 25 Mutarama 2017.

-5431.jpg

Vincent Murekezi ukekwaho Jenoside

Murekezi yahawe ubwenegihugu bwa Malawi mu 2003, ariko aza gutabwa muri yombi mu Ukuboza umwaka ushize ashinjwa amanyanga mu kubona ibyangombwa, ariko nyuma aza kurekurwa. Yongeye gufatwa ndetse atangira kuburana ku ngingo yo kumwohereza mu Rwanda.

Murekezi kandi yaburanishijwe ndetse akatirwa adahari n’Urukiko Gacaca rwo mu Karere ka Huye ku cyaha cyo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi i Tumba aho akomoka. Gusa itegeko ry’u Rwanda rimwemerera kuba yasubirishamo urubanza mu gihe yaba yoherejwe mu Rwanda.

2017-01-18
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi mukuru wa ADEPR Bishop Sibomana watawe muri yombi  ashobora gusimburwa na Rev. Pst Samuel Usabyimana

Umuyobozi mukuru wa ADEPR Bishop Sibomana watawe muri yombi ashobora gusimburwa na Rev. Pst Samuel Usabyimana

Editorial 29 May 2017
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021
Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo  ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Uganda : Kijuru muri District ya Kibaale Inkambi y’ imyitozo ya Kayumba n’abashaka gutera u Rwanda

Editorial 21 Feb 2017
Igisilikare cy’ u Burundi  kimaze guhakana ko  ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda

Igisilikare cy’ u Burundi kimaze guhakana ko ntawabuhungiyeho amaze kurasa abantu i Rusizi mu Rwanda

Editorial 13 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana
INKURU NYAMUKURU

Uganda yatangiye guha ubuhungiro inyeshyamba za FDLR, FLN, RUD-Urunana

Editorial 25 Dec 2019
“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.
Amakuru

“Niyamye nkomeje abansanisha n’ibyihebe byo muri RNC na data Nkerinka wayibayemo yataye igihe” Gladys Nkerinka.

Editorial 11 Feb 2024
Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa
Amakuru

Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa

Editorial 15 Aug 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru