• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Urugendo rwa Dubai-Kigali muri RwandAir rwimuriwe i Entebbe

Editorial 11 Oct 2018 UBUKERARUGENDO

Urugendo ruva Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu rujya i Kigali mu ndege ya Rwandair rwimuriwe Entebbe muri Uganda kubera ikirere kitameze neza.

Mu itangazo Rwandair yanyujije kuri Twitter mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, rivuga ko urugendo WB305 rwimurie ku kibuga cy’indege cya Entebbe, rukaza gusubukurwa ikirere kibaye cyiza.

Rigira riti “Kubera ikirere kitameze neza ku kibuga cy’indege cya Kigali, urugendo WB305 ruva i Dubai rwimuriwe Entebbe kugeza igihe ikirere cyongeye kuba cyiza ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali. Bishobora kugira impinduka kuri gahunda y’ingendo, tubiseguyeho.”

Rwandair isanzwe ikora ingendo enye mu cyumweru ziva Dubai zirimo urwo kuwa Mbere, kuwa Kabiri, kuwa Kane no kuwa Gatandatu.

Iyo urugendo rw’indege rwimuriwe ahandi, abagenzi bafashwa mu bundi buryo kugira ngo bagere aho bari bateganyije kujya cyangwa bagategereza ko icyatumye urugendo rwimurwa kirangira.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko kuva ku itariki ya 09 kugeza kuya 13 Ukwakira 2018, hateganyijwe imvura nyinshi irimo n’umuyaga mu Rwanda.

Kwimura cyangwa guhagarika ingendo z’indege kubera ikirere kibi birasanzwe kuko ingendo zo mu kirere zikorana cyane n’imiterere y’ikirere.

Iyo hari kugwa mvura nyinshi, inkubi y’umuyaga bishobora gutuma ingendo z’indege zihagarara cyangwa zikimurirwa ahandi kubera ko ku kibuga cy’indege haba hatagaragara ku buryo indege zagwa cyangwa ngo zihaguruke.

Ubushyuhe bwinshi nabwo bushobora kugira ingaruka ku ngendo z’indege kuko ireme ry’umwuka wo mu kirere riba rike bigasaba indege kubanza kugenda urugendo runini hasi kugira ngo ibone imbaraga ziyihagurutsa mu kirere.

Icyo gihe nk’iyo umuhanda indege zigendeshamo amapine ku kibuga cy’indege ari muto, bisaba ko imitwaro imwe n’abantu bavamo uburemere bukagabanyuka kugira ngo ifate ikirere.

2018-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

U Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga cyo guteza imbere ubukerarugendo

Editorial 07 Oct 2019
Ubukerarugendo bw’u Rwanda bugiye kwamamazwa ku rubuga rwa Alibaba

Ubukerarugendo bw’u Rwanda bugiye kwamamazwa ku rubuga rwa Alibaba

Editorial 06 Oct 2018
Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Kugaragaza ahatarengwa mu koga mu Kivu byagabanyije impanuka zatezaga impfu

Editorial 09 Jan 2018
Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Bayern Munich yiyongereye kuri Arsenal na PSG mu kwamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda binyuze muri gahunda ya “Visit Rwanda”

Editorial 27 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka rya Nkurunziza ryasabiye ibihano Pierre Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi

Editorial 22 Oct 2018
CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi  wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka
Mu Rwanda

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

Editorial 05 Sep 2017
Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare
ITOHOZA

Impamvu Genocide mu Rwanda itari kuba u Bufaransa butabigizemo uruhare

Editorial 07 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru