• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa
????????????????????

Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Ubwanditsi 13 Nov 2017 Mu Rwanda

Me Ndengeyingoma Yvonne uhagarariye Musenyeri Tadeyo Ntihinyurwa yasabye ko urukiko rwatesha agaciro ibirego biregwa umukiriya we,kuko ibyo amurega nta shingiro bifite.

Yabitangaje ubwo uwitwa Manirareba Herman yagezaga ikirego cye mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Ugushyingo 2017.

Manirareba w’imyaka 42 avuga ko arega Musenyeri Ntihinyurwa, umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Kigali kuba yaratesheje agaciro umuco Nyarwanda uwita uwa “gishenzi”.

Mu nama ntegurarubanza yabaye, Manirareba yagaragaje ko arega mu izina ry’Abanyarwanda Musenyeri Ntihinyurwa kuba ari umwe mu bemeje amabonekerwa y’i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, agahamya ko babonekewe na Bikiramariya ngo kandi byari ukubeshya.

Me Ndengeyingoma Yvonne wari uhagarariye Musenyeri Ntihinyurwa yasabye ko icyo kirego kitakwakirwa kubera uburyo inyito yacyo idahuyemo n’ibyo urega asaba urukiko.

Agira ati “Urega bigaragara ko nta ruhushya yabiherewe n’Abanyarwanda kandi we avuga ko yareze mu izina ryabo. Kuba nta bubasha n’ubushobozi bwo kurega, ndasaba ko urukiko rwatesha agaciro ikirego cye ntikizakirwe.”

Urega yavuze ko nk’umunyarwanda yemerewe kuvugira Abanyarwanda mu gihe hari ibijyanye n’umuco byagoretswe bikenewe gukosorwa mu izina ryabo.

Yifashishije zimwe mu ngingo z’amategeko yo mu itegeko nshinga yumvikanishije ko afite uburenganzira bwo kurega mu izina ry’Abanyarwanda mu gihe hari ibyatokoje umuco wabo kandi ariwo bose bahuriyeho.

Muri iryo tegura rubanza yabajijwe n’urukiko impamvu arega Musenyeri Ntihinyurwa kandi bigaragara ko yagombaga kurega kiriziya Gatolika maze Manirareba asubiza ko kwangiza umuco byakozwe n’umuntu ko bitakozwe n’inyubako benshi bita Kiliziya.

Agira ati “Urebye ibitabo byagiye byandikwa usanga utavuga Kiliziya Gatolika ngo ibijyanye n’amabonekerwa yabereye i Kibeho byumvikane neza utavuzemo Musenyeri Ntihinyurwa kuko ari umwe mu bagize uruhare mu kuyemeza. Kandi niwe nabashije kubonera imyirondoro uretse ko hari n’abandi nzagobokesha mu rubanza.”

Manirareba wagaragaye mu rukiko yitwaje umurundo w’impapuro yabwiye Kigali Today ko aregera indishyi nyinshi zibarirwa muri triyari 12 z’Amadolari y’Amerika.

Natsinda urubanza ngo ayo mafaranga azashyirwa mu isanduku ya Leta ariko igice kinini cyayo gihabwe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ati “Mu gihe naba nsinzwe urubanza ntabwo bizaba bivuze ko ubutabera buzaba burangiriye aho nzakomeza no mu zindi nkiko zisumbuye kuri urwo ruzaba rwafashe icyemezo kirenganya Abanyarwanda kuko aribo ndegera nanjye ndimo.”

Bamwe mu bakurikiranye iby’iryo tegurarubanza bari buzuye mu cyumba cy’iburanisha, banyuzagamo bagaseka ibirego bya Manirareba bavuga ko yaje kwisekereza abantu.

Cyakora hari n’abemeza ko uwo mugabo aramutse akomeje gutegura neza urubanza rwe ashobora kuzarutsinda.

Bakabivuga bashingiye ku kuba umuco waragiye wangirika kandi bikozwe n’ibikorwa by’abakoroni baje bitwaje Imana.

Iburanisha ry’urubanza Manirareba aregamo Musenyeri Ntihinyurwa ruzaburanishwa mu mizi yarwo ku itariki ya 30 Ugushyingo 2017; nk’uko byatangajwe n’umucamanza w’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.

2017-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Perezida Watowe wa Gambiya Ararahirira muri Ambasade

Ubwanditsi 19 Jan 2017
Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Menya Aphrodis Matuje, watojwe ingengabitekerezo ya Jenoside na Thomas Nahimana afataho icyitegererezo

Ubwanditsi 15 Apr 2022
Karegeya Alfred w’i Remera yateye agahinda gakomeye Ababyeyi

Karegeya Alfred w’i Remera yateye agahinda gakomeye Ababyeyi

Ubwanditsi 17 Oct 2017
Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Video: Netanyahu yashimiye Kagame ko yahagaritse Jenoside

Ubwanditsi 11 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA
HIRYA NO HINO

Intandaro y’ukurasana hagati y’inyeshyamba za RUD-URUNANA

Ubwanditsi 02 Dec 2019
“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame
Amakuru

“Dukomeye ku buzima bwacu, nk’uko Ababiligi n’Abanyamerika bakomeye ku bwabo”- Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 13 Oct 2021
FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe
Amakuru

FERWAFA yamaze gutangaza uko imikino 4 yaburaga ngo igice kibanza cya shampiyona isozwe

Ubwanditsi 11 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru