• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa
????????????????????

Urukiko rwasabwe gutesha agaciro ibiregwa Musenyeri Ntihinyurwa

Ubwanditsi 13 Nov 2017 Mu Rwanda

Me Ndengeyingoma Yvonne uhagarariye Musenyeri Tadeyo Ntihinyurwa yasabye ko urukiko rwatesha agaciro ibirego biregwa umukiriya we,kuko ibyo amurega nta shingiro bifite.

Yabitangaje ubwo uwitwa Manirareba Herman yagezaga ikirego cye mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa mbere tariki ya 13 Ugushyingo 2017.

Manirareba w’imyaka 42 avuga ko arega Musenyeri Ntihinyurwa, umushumba wa Diyoseze Gatolika ya Kigali kuba yaratesheje agaciro umuco Nyarwanda uwita uwa “gishenzi”.

Mu nama ntegurarubanza yabaye, Manirareba yagaragaje ko arega mu izina ry’Abanyarwanda Musenyeri Ntihinyurwa kuba ari umwe mu bemeje amabonekerwa y’i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, agahamya ko babonekewe na Bikiramariya ngo kandi byari ukubeshya.

Me Ndengeyingoma Yvonne wari uhagarariye Musenyeri Ntihinyurwa yasabye ko icyo kirego kitakwakirwa kubera uburyo inyito yacyo idahuyemo n’ibyo urega asaba urukiko.

Agira ati “Urega bigaragara ko nta ruhushya yabiherewe n’Abanyarwanda kandi we avuga ko yareze mu izina ryabo. Kuba nta bubasha n’ubushobozi bwo kurega, ndasaba ko urukiko rwatesha agaciro ikirego cye ntikizakirwe.”

Urega yavuze ko nk’umunyarwanda yemerewe kuvugira Abanyarwanda mu gihe hari ibijyanye n’umuco byagoretswe bikenewe gukosorwa mu izina ryabo.

Yifashishije zimwe mu ngingo z’amategeko yo mu itegeko nshinga yumvikanishije ko afite uburenganzira bwo kurega mu izina ry’Abanyarwanda mu gihe hari ibyatokoje umuco wabo kandi ariwo bose bahuriyeho.

Muri iryo tegura rubanza yabajijwe n’urukiko impamvu arega Musenyeri Ntihinyurwa kandi bigaragara ko yagombaga kurega kiriziya Gatolika maze Manirareba asubiza ko kwangiza umuco byakozwe n’umuntu ko bitakozwe n’inyubako benshi bita Kiliziya.

Agira ati “Urebye ibitabo byagiye byandikwa usanga utavuga Kiliziya Gatolika ngo ibijyanye n’amabonekerwa yabereye i Kibeho byumvikane neza utavuzemo Musenyeri Ntihinyurwa kuko ari umwe mu bagize uruhare mu kuyemeza. Kandi niwe nabashije kubonera imyirondoro uretse ko hari n’abandi nzagobokesha mu rubanza.”

Manirareba wagaragaye mu rukiko yitwaje umurundo w’impapuro yabwiye Kigali Today ko aregera indishyi nyinshi zibarirwa muri triyari 12 z’Amadolari y’Amerika.

Natsinda urubanza ngo ayo mafaranga azashyirwa mu isanduku ya Leta ariko igice kinini cyayo gihabwe abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

Ati “Mu gihe naba nsinzwe urubanza ntabwo bizaba bivuze ko ubutabera buzaba burangiriye aho nzakomeza no mu zindi nkiko zisumbuye kuri urwo ruzaba rwafashe icyemezo kirenganya Abanyarwanda kuko aribo ndegera nanjye ndimo.”

Bamwe mu bakurikiranye iby’iryo tegurarubanza bari buzuye mu cyumba cy’iburanisha, banyuzagamo bagaseka ibirego bya Manirareba bavuga ko yaje kwisekereza abantu.

Cyakora hari n’abemeza ko uwo mugabo aramutse akomeje gutegura neza urubanza rwe ashobora kuzarutsinda.

Bakabivuga bashingiye ku kuba umuco waragiye wangirika kandi bikozwe n’ibikorwa by’abakoroni baje bitwaje Imana.

Iburanisha ry’urubanza Manirareba aregamo Musenyeri Ntihinyurwa ruzaburanishwa mu mizi yarwo ku itariki ya 30 Ugushyingo 2017; nk’uko byatangajwe n’umucamanza w’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge mu mujyi wa Kigali.

2017-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Bisi ya RITCO yari itwaye abagenzi yahiye irakongoka

Ubwanditsi 27 Apr 2018
APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

APR FC irashyikirizwa igikombe cya shampiyona ya 2019-2020 ku mukino wa mbere wo gusubukura shampiyona ya 2020-2021.

Ubwanditsi 01 May 2021
Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Faustin-Archange Touadéra aragirira uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda

Ubwanditsi 05 Aug 2021
Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Perezida Kagame ashima uruhare rw’Abanyamakuru mu matora yegukanyemo Intsinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa
INKURU NYAMUKURU

Hatangajwe amazina y’abakekwaho kwinjiza Abanyarwanda mu gisirikare cya Kayumba Nyamwasa

Ubwanditsi 06 Jan 2018
Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwandakazi wafunzwe mbere yo kwirukanwa muri Uganda arasaba kubona uruhinja rwe yambuwe

Ubwanditsi 30 Sep 2019
Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC
Mu Rwanda

Ibaruwa ifunguye urugaga rw’abahanzi Nyarwanda rwandikiye Minisitiri Nyirasafari Esperance wa MINISPOC

Ubwanditsi 21 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru