• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Urukiko rw’ikirenga rwemeje yuko ibyo Mbabazi arega Museveni bifite ishingiro

Editorial 09 Mar 2016 Mu Rwanda

Kuwa mber tariki 07/03/2016 urukiko rwikirenga muri Uganda rwaratenye rwemeza yuko ibyo Amama Mbabazi arega Perezida Museveni na Komisiyo y’Amatora bifite ishingiro, bityo urubanza rukaba rugiye kuburanishwa mu mizi muri uku kwezi guhera uyu munsi.

Kuri iyo tariki ya karindwi nibwo abacamanza muri urwo rukiko rukuru bari batumiye impande zose zirebwa n’icyo kirego Mbabazi aregamo Museveni, ngo barebe niba urubanza rufite ishingiro n’imigendekere yarwo. Mu cyongereza ibyo byitwa Pre-hearing conference.

Abari batumiwe muri iyo pre-hearing harimo ababuranira John Patrick Amama Mbabazi watanze ikirego, Ababuranira Museveni uregwa kimwe na komisiyo y’Amatora ifatwa nk’umufatanyacyaha mu kwiba amajwi. Abandi ni abavoka ba NRM, ishyaka ryatanzeho Museveni kuribera kandida Perezida kimwe n’umushinjacyaha mukuru.

Gen. Mbabazi, wahoze ari umuntu wahafi ya Museveni, mu kirego cye asaba urukiko kwanzura yuko Museveni yatangajwe ko yatsinze amatora kandi ntayo yatsinze ko ahubwo habayeho ubujura bw’amajwi kandi yuko Komisiyo y’amatora yishe amategeko agenga amatora, bityo Museveni akamburwa iyo ntsinzi !

Muri ayo matora ya Perezida wa Repubulika muri Uganda hari abakandida barindwi bahataniraga uwo mwanya ariko batatu bakaba aribo bahabwaga amahirwe menshi. Abo ni Museveni w’ishyaka NRM, Kiiza Besigye wa FDC na Amama Mbabazi wiyamamazaga nk’umukandida wigenga.

Nyuma y’ayo matora EC yatangaje yuko Museveni ariwe watsinze ku majwi 5,971,872 (60.6) akurikiwe na Besigye wabonye amajwi 3,508,687 (35.6 %), Mbabazi abona amajwi 136,519 (1.39 ). Abandi bakandida kuri uwo mwanya nta n’umwe wagejeje amajwi angana na 1 %.

Amategeko muri Uganda ateganya yuko umukandida utemera ibyavuye mu matora atanga ikirego bitarenze iminsi irindwi nyuma y’itangazwa ry’amajwi. Ibi Mbabazi yashoboye kubikora ariko Besigye wabonye amajwi agaragara ntibyamushobokera.
Urwo rubanza urukiko rwemeye kwakira rwatangiye kandi rukurikiranywe n’abantu benshi cyane natwe tukazagenda dukomeza kurubagezaho.

Kayumba Casmiry

2016-03-09
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA Y’UWITWA HASINGIZWIMANA Jean Berchimas

Editorial 18 Oct 2022
Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Kukwikoreza umutwaro wa Congo ni nko kukwikoreza umurambo w’impyisi

Editorial 02 Apr 2024
APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

APR FC yanganyije na Mukura itakaje umwanya wa mbere wafashwe na Kiyovu SC  yatsinze Etincelles FC 1-0

Editorial 14 Mar 2022
Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Editorial 29 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika
Amakuru

Shampiyona y’u Rwanda irakomeza ku munsi wayo wa kabiri, APR FC na AS Kigali ntizikina kubera kwitegura imikino Nyafurika

Editorial 06 Sep 2022
Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu
INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame yashishikarije urubyiruko kwitabira urugamba rwo kubaka igihugu

Editorial 08 Dec 2017
CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje   1/4
IMIKINO

CHAN2016: Rutahizamu Sugira Eneste Amavubi ayagejeje 1/4

Editorial 20 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru