• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi

Gambia: Yahya Jammeh yashyize yemera kurekura ubutegetsi

Ubwanditsi 21 Jan 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa Gatanu nibwo ba perezida, uwa Mauritania n’uwa Guinea, bamaze umunsi wose baganira na Yahya Jammeh bamusaba kurekura ubutegetsi akaburekera uwamutsinze mu matora, Adama Barrow. Ibi biganiro bikaba byari ibya nyuma mbere y’uko ingabo za ECOWAS zimukuraho ku ngufu kandi bikaba byatanze umusaruro.

RFI dukesha iyi nkuru ivuga ko hataramenyekana ibyemeranyijwe byose nk’igihugu kizamuha ubuhungiro nk’uko uyu muryango wa ECOWAS wakomeje gutsimbarara ku kuba Jammeh yava muri Gambia.Nyuma y’amasaha menshi yo kwiginga kwa perezida wa Mauritania n’uwa Guinea kuri uyu wa Gatanu,perezida wa Gambia, Yahya Jammeh yemeye kurekura ubutegetsi abinyuza kuri televiziyo y’igihugu mu gicuku.

Mu ijambo rye Yahya Jammeh yagize ati: “Nizera akamaro k’ibiganiro n’ubushobozi bw’Abanyafurika bwo kwikemurira ubwabo ibibazo bya demokarasi. Niyo mpamvu mfashe icyemezo uyu munsi cyo kureka ubuyobozi bw’iki gihugu gikomeye.”

Yakomeje avuga ko ashimira abaturage ba Gambia bose bamushyigikiye mu myaka 22 mu kubaka Gambia nshya, yizeza ko icyemezo yafashe atagihatiwe n’izindi mpamvu izo ari zo zose usibye inyungu z’abaturage ba Gambia n’igihugu cyabo bakunda.

Mu gusoza yavuze ko ahasigaye ari ugucirirwa urubanza n’Imana ishobora byose, ndetse asaba Imana gukomeza guha umugisha igihugu cye.

Nyuma yo kubona asa nk’usigaye wenyine, ingabo ze zamutaye, ari nako ingabo za ECOWAS zari zimushumbirije zishaka kumugabaho ibitero, Yahya Jammeh amaherezo yaje kuva ku izima yemera umwanzuro wa dipolomasi kugirango Gambia isohoke mu bibazo irimo.

-5465.jpg

Yahya Jammeh

2017-01-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwicanyi mu Burundi buragenda buhindura isura

Ubwicanyi mu Burundi buragenda buhindura isura

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Claire Karekezi, Umunyarwandakazi wa mbere u Rwanda rugize w’inzobere mu kuvura cancer yo mu bwonko

Ubwanditsi 08 Jun 2018
Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Uruhare rwa Perezida Habyarimana mu itegurwa n’ishyirwa mu bikorwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 Mar 2024
Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Icyo Abantu hirya no hino ku Isi bavuga ku kibazo cy’ibura rya Rushyashya.net kurubuga rwa Internet

Ubwanditsi 23 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda
ITOHOZA

RDC: Abaturage barambiwe abahoze barwanira FDLR, barasaba ko boherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 12 Nov 2018
Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro
Amakuru

Uko ibiganiro bya Luanda bikomeza, hagaragara udafite ubushake bw’Amahoro

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi
Mu Rwanda

Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Ubwanditsi 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru