• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Editorial 30 Aug 2017 ITOHOZA

Ihuriro ry’imiryango iharanira ikurikiranwa ry’abakekwaho uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, CPCR, ryatangaje ko ryabonye amakuru ko kuwa 8 Ugushyingo 2017, Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Muri Kanama 2015 nibwo ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwahagaritse gukurikirana Padiri Munyeshyaka buvuga ko nta bimenyetso bifatika bimushinja, maze nyuma y’amezi abiri ubucamanza buha agaciro icyo cyifuzo, ibintu umuyobozi wa CPCR, Alain Gauthier avuga ko byakozwe ku mpamvu batasobanukiwe.

Yagize ati “Niyo mpamvu imiryango iharanira ubutabera irimo CPCR, yafashe icyemezo cyo kujurira. Bisabye imyaka ibiri yose ngo iki kirego kigarurwe imbere y’ubucamanza.”

Kuva mu 1995 Padiri Munyeshyaka arebwa n’ikirego kimushinja uruhare muru Jenoside yakorewe abatutsi muri Paruwasi ya Sainte Famille mu Mujyi wa Kigali, mu rubanza rumaze igihe kirekire ugereranyije n’izindi zirebana na jenoside yakorewe abatutsi.

Impapuro zisaba itabwa muri yombi rya Munyeshyaka, zigaragaza ko yagize uruhare mu gutegura Jenoside, akitabira inama zatumizwaga na Tharcisse Renzaho wari Perefe w’Umujyi wa Kigali, hamwe na Gen. Munyakazi wahamijwe uruhare muri Jenoside.

Zigaragaza kandi uburyo Munyeshyaka hagati ya Mata na Kamena 1994 yarashe abantu bane ndetse n’ubuhamya bw’abakobwa yasambanyije ku gahato, akanagira uruhare ku bantu 60 bakuwe ahantu hatandukanye bakajya kwicirwa kuri segiteri ya Rugenge.

Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bugitangaza umwanzuro wo guhagarika urubanza rwa Munyeshyaka, Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside, CNLG, yarawamaganye, isaba abacamanza b’u Bufaransa kutita kuri ubwo busabe ariko ntibyitabwaho.

Kugeza ubu u Bufaransa bumaze kuburanisha imanza eshatu zonyine, urwarangiye rukaba ari rumwe rwa Pascal Simbikangwa wakatiwe gufungwa imyaka 25 muri Nyakanga umwaka ushize.

Abandi babiri aribo Octavien Ngenzi na Tito Barahira bakatiwe gufungwa burundu ariko barajurira, bigateganywa ko ubujurire bwabo buzumvwa hagati ya tariki 17 Mata na 6 Nyakanga 2018.

Ngenzi w’imyaka 59 na Barahira w’imyaka 66 basimburanye mu kuyobora Komini ya Kabarondo mu yahoze ari Perefegitura Kibungo, bashinjwa kuba ku isonga rya Jenoside yakorewe Abatutsi bari bahungiye muri Paruwasi ya Kabarondo muri Mata 1994.

CPCR ivuga ko urubanza rwa Munyeshyaka rumaze imyaka myinshi, ku buryo nta kabuza uyu musaseridoti ukorera ubutumwa bwe muri paruwasi ya Gisors yagera imbere y’urukiko kuko ibyaha aregwa bikomeye kandi imiryango y’inzirakarengane ikeneye ubutabera.

Iyi mpuzamiryango ivuga ko hari amadosiye menshi agitegerereje ku meza y’abacamanza akeneye gukurikiranwa, ndetse itegereje igisubizo cya Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa ku ibaruwa yamwandikiye imusaba kugira icyo akora mu kwihutisha imanza zirebana na Jenoside yakorewe abatutsi.

-7788.jpg

Padiri Wenceslas Munyeshyaka yambaraga gisilikare mugihe cya Jenoside

2017-08-30
Editorial

IZINDI NKURU

Rurambikanye hagati Kayumba  n’umugore we Rosette

Rurambikanye hagati Kayumba n’umugore we Rosette

Editorial 11 Aug 2016
Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Ikinyoma cya The New Vision  “Nyamwasa: Impamvu nashwanye na Kagame.’’

Editorial 06 May 2019
Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Nord-Kivu : Abarwanyi 20 ba M23 bamaze kwicirwa mu bitero n’Ingabo za FARDC

Editorial 02 Mar 2017
Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Isesengura ku matora ya Perezida wa Repubulika w’u Rwanda (Igice cya 1)

Editorial 11 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

BBC yafunze burundu ibiro byayo mu Burundi

Editorial 17 Jul 2019
Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda
POLITIKI

Perezida Nyusi wa Mozambique aratangira uruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda

Editorial 19 Jul 2018
Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare
INKURU NYAMUKURU

Kampala : Abanyarwanda basaga 40 bafatiwe mu rusengero nyuma yo kugotwa n’igisilikare

Editorial 24 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru