• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire

Urukiko u Rwanda rwambuye ububasha rwumvise ubujurire bwa Ingabire Victoire

Editorial 27 Mar 2017 ITOHOZA

Urukiko Nyafurika rurengera Ubutabera n’Uburenganzira bwa Muntu (African Court on Human and Peoples’ Rights) rukorera Arusha muri Tanzania, rwatangiye kuburanisha urubanza rw’ubujurire rwa Ingabire Victoire ku gifungo cy’imyaka 15 yahanishijwe n’Urukiko rw’Ikirenga mu Rwanda.

Ni urubanza rwaburanishijwe n’inteko y’abacamanza barindwi kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Werurwe 2017, Leta y’u Rwanda idahagarariwe kuko yambuye ububasha uru rukiko.

Ababuranira Ingabire Victoire ni Me Gatera Gashabana na Caroline Buisman ukomoka mu Buholandi; babwiye urukiko ko mu nkiko z’u Rwanda uburenganzira bw’umukiriya wabo butubahirijwe, cyane cyane mu birebana no kumuha uburenganzira bwo kwiregura.

Uyu Caroline Buisman ni Umunyamategeko w’Umuholandi. Muri Gicurasi 2016, Ikigo Gishinzwe Abinjira n’Abasohoka mu Rwanda cyamusabye kuva mu gihugu, nyuma y’uko yagerageje kwinjira muri Gereza Nkuru ya Kigali ngo abonane na Ingabire kandi nta ruhushya abifitiye.

Aba bunganizi bombi bavuze ko abaje gushinja Ingabire babikoze mu buryo bunyuranyije n’amategeko kuko bari babihatiwe. Ikindi ni uko ngo bamukatiye bahereye ku mategeko yashyizweho nyuma y’uko afatwa ndetse mu isomwa ry’urubanza akaba yarasomewe ibyaha bitandukanye n’ibyo yaregwaga.

Me Gashabana yabwiye urukiko ko umukiriya we yafashwe akamaranwa amezi atandatu mu gihe nibura akwiye kuba yaramenyeshejwe ibyaha aregwa mu minsi itanu, mu minsi irindwi akaba yagejejwe imbere y’umucamanza ariko ibyo byose ngo ntibyakurikijwe ndetse ngo yafunzwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko no mu ibanga rikomeye.

Umucamanza yamubajije igihe urubanza rwatangiriye n’igihe rwarangiriye, maze Me Gashabana asubiza ko rwatangiye tariki ya 5 Nzeli 2011 rukarangira kuya 30 Ukwakira mu 2012 naho mu rukiko rw’ikirenga ubujurire busomwa kuya 13 Ukuboza 2012.

Yavuze ko ubwo hasomwaga imyanzuro ijyanye n’ubujurire, bagerageje gutanga ibimenyetso bishinjura umukiriya ku byaha by’ubugambanyi ariko ngo urukiko rukabitesha agaciro.

Ikindi kandi ngo amategeko yakoreshejwe mu bujurire yari mashya, nta handi yari yarigeze akoreshwa mu iburanisha ryari ryarabanje. Byiyongera ku cyaha cyo gukwiza ibihuha nacyo kuko ngo cyari gishya.

Umwanzuro kuri uru rubanza uteganyijwe mu gihe kitarenze amezi atatu mu gihe, Urukiko rwa Afurika rurengera ubutabera n’uburenganzira bwa muntu rwatakaje ubushobozi bwo kuburanisha ibibazo byerekeye uburenganzira bwa muntu hagati y’u Rwanda n’abandi bantu, nyuma y’aho rwemereye uwakatiwe kubera ibyaha bya Jenoside kurutangamo ikirego.

Muri 2013 nibwo u Rwanda rwasinye amasezerano n’urwo rukiko ko Umunyarwanda ku giti cye cyangwa itsinda ry’Abanyarwanda bashobora gutangamo ikirego kijyanye n’uburenganzira bwa muntu.

Icyemezo cyo kwikura muri aya masezerano cyaje nyuma y’uko hari uwahamijwe ibyaha bya Jenoside agahunga, nyuma akayagenderaho agahabwa umwanya n’Urukiko nk’Umunyarwanda wahutarijwe uburenganzira bwe.

-6160.jpg

Stanley Safari

Uyu yitwa Stanley Safari ndetse yahamijwe ibyaha bya Jenoside aza guhunga. Mu mwaka wa 2009 uyu wahoze ari umusenateri yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’ibifitanye isano nayo n’urukiko rwa Gacaca rwo mu Karere ka Huye, akatirwa gufungwa burundu.

Mu itangazo ryohererejwe urukiko, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga mu Rwanda yavuze ko mu masezerano yo mu 2013, u Rwanda rwasinye hatarimo guha umwanya cyangwa kwakira ikirego cy’uwahamijwe ibyaha bya Jenoside cyangwa uwahunze kubera byo.

-6159.jpg

Ingabire Victoire

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye ubwo yavugaga ku mpamvu zo kwikura muri aya masezerano, yagize ati “Impamvu ni uko byagaragaye ko hari abahamwa n’ibyaha bya Jenoside, cyangwa abahunze ubutabera bitwaza ariya masezerano bagahabwa umwanya mu rukiko ngo uburenganzira bwabo burengerwe, twanzuye ko asubirwamo kugirango akoreshwe icyo agamije.”

-6161.jpg

Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye

Source: Igihe.com

2017-03-27
Editorial

IZINDI NKURU

NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

NYAKIBI NTIRARA BUSHYITSI: IBINYOMA BY’UBUTEGETSI BWA KONGO BIRAGENDA BITA AGACIRO.

Editorial 18 Jan 2023
Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Bombori bombori muri CNRD-Ubwiyunge ya Wilson Irategeka, naho umukuru wa RUD-Urunana yahitanywe n’ibitero bya FARDC

Editorial 04 Sep 2019
RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

RNC, irasaza imigeri muri Uganda n’ubwo hari amasezerano ya Luanda

Editorial 21 Jan 2020
Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul

Ubutabazi bw’Inkotanyi n’ubumuntu bwa Musenyeri Hakizimana mu kurokora Abatutsi muri St Paul

Editorial 19 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika
POLITIKI

Komisiyo y’Amatora yemeje k’uburyo ntakuka Kagame Paul, Mpayimana Philippe na Habineza Frank nk’abakandida bazahatanira umwanya wa Perezida wa Repubulika

Editorial 07 Jul 2017
Uruhare rw’abambasaderi b’abafaransa mu gufasha Leta y’u Rwanda gukora Jenoside  hagati   y’Ukwakira 1990 na Mata 1994
Mu Mahanga

Uruhare rw’abambasaderi b’abafaransa mu gufasha Leta y’u Rwanda gukora Jenoside hagati y’Ukwakira 1990 na Mata 1994

Editorial 11 Oct 2016
Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?
INKURU NYAMUKURU

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Editorial 22 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru