• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Urwango David Himbara afitiye u Rwanda n’Abanyarwanda rwarenze igipimo, yishimiye ko Corona Virus yageze mu Rwanda

Editorial 15 Mar 2020 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Mu gihe isi yose yugarijwe  n’icyorezo cya Virusi ya Corona giteye inkeke kikaba cyarahungabanyije ibihugu byose, David Himbara ndetse nabandi bafite imitekereze mibi ya politiki  barimo Patrick Habamenshi wigeze kuba Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi n’abandi nkabo babarizwa mu mashyaka atandukanye yitwa ko arwanya leta y’u Rwanda bakomeje kubyina intsinzi kuva Minisitireri y’ubuzima itangaje ku mugaragaro ko umuntu wa mbere yagaragayeho ako gakoko mu Rwanda taliki ya 14 /03/2020.

Abanyarwanda bose bacyumva iyo nkuru bafashe ingamba zo kuyikumira bashingiye ku mabwiriza ya minisiteri yubuzima kimwe nuko ahandi kwisi hose biri kugenda. Perezida Kagame yageneye ubutumwa abaturarwanda ndetse n’abatuye isi yose muri rusange, aho ubutumwa bwe bwakiriwe n’abatuye impande zose z’isi ukurikije uburyo bagiye babuhererekanya ku mbuga nkoranya mbaga. Umukuru w’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima  Dr. Tedros Adhanom Ghebreyesus nawe yashimiye Perezida Kagame kubera ubukangurambaga mu gukumira iki cyorezo

Kuri Himbara n’abandi nkawe byabaye inkuru nziza bari bategereje igihe kitari gitoya, dore ko banategereje ko Ebola igera mu Rwanda mugihe yari yugarije uburasirazuba bwa Kongo bagaheba. Mu kinyarwanda baca umugani ngo urucira mukaso rugatwara nyoko, aho Himbara abarizwa niho Virusi ya Corona yageze mbere , ikindi imibare yabo iyo ndwara imaze guhitana benshi bari mu kigero cy’imyaka nkiya Himbara byibura guhera kuri 65 kuzamura, abakurikirana uko iki cyorezo cyibasiye isi barabibonye ko mu gihugu cy’Ubutaliyani cyibasiwe cyane niyi Virus abafite imyaka twavuze hejuru bagiriwe inama yo kudasohoka mu mazu, urwo akaba arirwo rutegereje na David Himbara.

Abazi neza Himbara bemeza ko ntacyabatunguye kumyitwarire ye ndetse n’urwango muri rusange agirira Abanyarwanda. Usibye amafuti ye angana n’ayingurube niko n’ibikorwa bye by’ubugambanyi bingana.  Himbara ari mubantu buri gihe bakora raporo mbi ku Rwanda guhera imyaka 13 ishize. Umuntu utinyuka kugambanira igihugu cye bene ako kageni kandi mu binyoma nta kibi kindi atakora.

Mu rubanza rwa Theodore Rukeratabaro wakatiwe burundu n’inkiko zo muri Suwede kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi yakoreye ahahoze muri Perefegitura ya Cyangugu, David Himbara yagaragaye mu rubanza rwe nkushinjura Rukeratabaro ko ari umwere ahubwo azira politiki. Mu buhamya bwe yatanze binyuze kuri Skype, Himbara yaraturitse ararira avuga ko Rukeratabaro ari umwere, avuga ko Leta ya Kigali ihiga buri wese utavuga rumwe nayo ikamwita umujenosideri, mbese kuri Himbara nta Jenoside yabaye mu Rwanda. Himbara utari mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi niwe usigaye ushinjura abahekuye u Rwanda.

Gusa muri ibi bihe ntampamvu y’abantu nka Himbara ndetse baba bagamije kurangaza abantu ahubwo bose bagakwiye gukurikiza amabwiriza nkuko agenwa na Minisiteri y’Ubuzima. Naho Himbara n’abandi nkawe baragosorera mu rucaca.

2020-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Zuma yashyize ava kw’izima aregura nyuma yo gushyirwaho igitutu n’ishyaka ANC

Editorial 15 Feb 2018
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Editorial 15 Jan 2025
Perezida Kagame yashimangiye  ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Perezida Kagame yashimangiye ko amavugurura ari gukorwa mu Muryango wa Afurika Yunze Ubumwe, AU, yihutirwa

Editorial 17 Nov 2018
Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma

Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma

Editorial 15 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?
Amakuru

Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?

Editorial 09 Jan 2023
Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League
Amakuru

Amakipe 4 yo mu Bwongereza azakina 1/8 cya UEFA Champions League, Barcelona na Juventus zisanze muri Europa League

Editorial 03 Nov 2022
Impamvu  Rubingisa Pudence  wari  Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda,  yatawe muri yombi
ITOHOZA

Impamvu Rubingisa Pudence wari Umuyobozi wungirije wa Kaminuza y’u Rwanda, yatawe muri yombi

Editorial 29 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru