• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Editorial 26 Sep 2016 ITOHOZA

Mwalimu muri Kaminuza ya London, yatanze ubuhamya bushimangira ko inkiko Gacaca zitabogamaga kandi zagize uruhare mu kunga Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni mu rubanza ruregwamo Ken Ngombwa, Umunyarwanda ukekwaho Jenoside, wari waratse ubwenegihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika yiyita ko yahoze ari Minisitiri w’Intebe.

Ngombwa n’abamushyigikiye bari babwiye urukiko ko kuba yarakatiwe n’inkiko Gacaca bidakwiye guhabwa agaciro, kuko izo nkiko ngo zari zishingiye kuri politiki no kubogama.

Mu buhamya bwa Prof. Phillip Clark wigisha Politiki Mpuzamahanga, umaze imyaka 14 akora ubushakashatsi ku bumwe n’ubwiyunge mu Rwanda, yasobanuye ko Inkiko Gacaca zisaga 11 000 zafashije abanyarwanda kwiyunga no gukira ibikomere.

Clark yanyomoje indi mpuguke yavuze ku wa Kane ko Gacaca zari zirimo ruswa n’amarangamutima, uwo yari agamije kweza Gervais Ken Ngombwa.

Ngombwa w’imyaka 56 ashobora gufungwa imyaka 20 azira kubeshya inzego za USA, ubushinjacyaha busaba ko icyo gihano cyakongerwa kuko yagize n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.’

Umucamanza Linda Reade avuga ko azafata umwanzuro amaze kumva umwanzuro w’abavoka b’impande zombi.
Ngombwa yatawe muri yombi muri Mutarama ashinjwa gushaka ubwenegihugu mu buryo butemewe no kubeshya abashinzwe umutekano w’imbere muri USA.

Byaje kugaragara ko uyu mugabo yabeshye ku masano y’umuryango we, kugira ngo abone ubuhungiro ndetse bivugwa ko yari yiyitiriye uwahoze ari Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda.

Muri Gicurasi, umucamanza yamwambuye ubwenegihugu yari yarabonye mu Gushyingo kwa 2004.

Ku wa Kane, impuguke yari yavuze ko ababuranishwaga muri Gacaca batari bafite uburenganzira bwo kubona avoka kandi ko abacamanza bazo batigeze biga amategeko.

Prof. Clark yemeranyije nawe ariko yongeraho ko u Rwanda rwari rufite ikibazo gikomeye cyo gukemura imanza z’abakekwaho Jenoside bari benshi cyane, kandi ko n’abanyamategeko bake bari mu Rwanda bishwe abandi bagahunga muri Jenoside.

Yongeyeho ko yitabiriye imanza za Gacaca 104 hagati ya 2003 na 2012 agasanga zari zifite ingufu n’ukuri.

Abatangabuhamya benshi kandi bahamije ko Ngombwa yari umwe mu bagize ishyaka rya MDR-Power kandi yari intagondwa.

Uyu mugabo yaburanishijwe n’inkiko ebyiri za Gacaca adahari muri rumwe rumukatira gufungwa imyaka 30, urundi rumukatira gufungwa burundu.

Imvaho nshya

2016-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

RNC –NEW : Rudasingwa Theogene yiyemeje  kwiyegereza no gushakira imibereho mu butinganyi

RNC –NEW : Rudasingwa Theogene yiyemeje kwiyegereza no gushakira imibereho mu butinganyi

Editorial 17 Mar 2017
USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

USA: Uwitwa Bosco Tukamuhabwa akurikiranweho kwica umugore we, akamuhisha aho babika imyenda [ garde robe ]

Editorial 22 Nov 2017
Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Umunyarwanda uba muri Amerika aratabaza Perezida Kagame

Editorial 01 Jul 2016
Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Ikinamico rivanze n’agashinyaguro: I Goma, imirambo 200 y’abishwe na Tshisekedi yashyinguwe “mu cyubahiro”.

Editorial 02 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali
SHOWBIZ

Meddy yasobanuye byinshi ku ndirimbo “Ntawamusimbura” bamushinja gushishura ndetse anagira n’icyo avuga ku kuza i Kigali

Editorial 15 Jun 2017
Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo
Amakuru

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Editorial 16 Nov 2021
RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe
INKURU ZAKUNZWE CYANE

RDC : Ingabo Za Kayumba Mu Misozi Miremire Ya Minembwe

Editorial 02 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru