• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

  • Umunya-Tunisia Afhamia Lotfi watozaGA ikipe ya Mukura VS yagizwe Umutoza Mukuru mushya wa Rayon Sports FC   |   30 May 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Zabyaye amahari hagati ya Rayon Sports na Ferwafa kubera umukinnyi wo muri Brésil

Editorial 12 Dec 2018 IMIKINO

Rayon Sports yasinyishije rutahizamu w’umunya- Brésil, Jonathan Rafael da Silva, inabona ibyangombwa bya FIFA bimwemeza nk’umukinnyi wabo ariko FERWAFA ntiramuha icyangombwa kimwemerera gutangira gukina.

Iki kibazo cyatumye abayobozi ba Rayon Sports bayobowe na Paul Muvunyi bazindukira ku biro by’iri shyirahamwe ariko bataha amara masa.

Ku wa Mbere tariki 10 Ukuboza 2018 nibwo Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ‘FIFA’ yemeje ko ikipe ya Sousa Esporte Clube yo muri Brésil igurishije Jonathan Rafael da Silva muri Rayon Sports yo mu Rwanda.

Byabaye nyuma y’iminsi itatu isoko ryo kugura no kugurisha abakinnyi ku rwego mpuzamahanga rifunguye tariki 7 Ukuboza 2018 rikazafungwa tariki 21 Ukuboza 2018.

Abayobozi ba Rayon Sports bandikiye FERWAFA bayisaba icyangombwa (License) cyemerera uyu rutahizamu w’imyaka 27 guhita atangira gukina ku buryo akoreshwa ku mukino bafitanye na APR FC kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018.

Bategereje igisubizo baraheba bituma bafata umwanzuro wo kujya ku cyicaro cya FERWAFA ari itsinda ry’abayobozi bane bayobowe n’Umuyobozi wa Rayon Sports Paul Muvunyi, Umwungirije Muhirwa Frédéric, umunyamategeko Me Zitoni n’ushinzwe gukurikirana ibyo kugura abakinnyi bashya Nkubana Adrien.

Aba bayobozi bageze ku cyicaro cy’iri shyirahamwe i Remera saa 10:20 bagirana ibiganiro n’ubuyobozi bwa FERWAFA buyobowe na Sekamana Jean Damascène bimara hafi amasaha abiri kuko basohotse mu biro bye saa 12:12 nta gisubizo bahawe ku kibazo cyabazanye.

Byatumye umunyamategeko wa Rayon Sports yemeza ko abona FERWAFA ikomeje kwica amategeko nkana.

Me Zitoni Pierre Claver yabwiye IGIHE  dukesha iyi nkuru ati “Twaje kuganira na FERWAFA ku kibazo cy’umukinnyi wacu ufite ibyangombwa byuzuye ariko bo banga kuduha uburenganzira bwo gutangira kumukinisha.”

“Tumaranye nabo amasaha ariko nta tegeko bashoboye kutwereka rimubuza kubona ‘License’. Bashatse kuvuga ko hari amategeko avuga ko abakinnyi bongerwa ku rutonde mu mikino yo kwishuyura ariko si cyo FIFA iteganya kuko hashyizweho amatariki yabyo kandi niyo turimo, ni hagati ya tariki 7 na 21 Ukuboza.”

Aba bayobozi basabwe gusohoka mu biro by’iri shyirahamwe bagategerereza iminota 30 hanze hagaterana inama y’abakozi ba FERWAFA bakiga ku mategeko agenga ibyo kugura no kugurisha abakinnyi.

Iyo minota yashize ntacyo barageraho kuko ubwo abahagarariye Rayon Sports basubiraga kubaza bongeye kubasaba indi saha bitashimishije Paul Muvunyi n’abamwungirije bafata umwanzuro wo kwitahira nta gisubizo bahawe.

Me Zitoni Pierre Claver yakomeje avuga ko ibiri kubabaho batabyita akarengane.

Ati “Turi abanyamuryango ba FERWAFA sintekereza ko baturenganya ku bushake. Ariko na none twayobewe impamvu bakomeje kudusiragiza kuko nta mpamvu baduha nta n’itegeko batwereka rishyigikira umwanzuro wo kudatanga ibyangombwa ku mukinnyi wacu.”

IGIHE yagerageje kuvugisha abayobozi ba FERWAFA ariko ntibemera kuvugisha abanyamakuru kuri iki kibazo kitarafatirwa umwanzuro.

Ibi bibaye mu gihe habura amasaha make ngo Rayon Sports ikine na APR FC mu mukino w’umunsi wa munani wa shampiyona y’u Rwanda ubera kuri stade Amahoro saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

FIFA ibinyujije ku rubuga rwa internet rwayo rwemeza ko hagati ya tariki 7 na 21 Ukuboza amakipe yo mu Rwanda aba yemerewe kugura abakinnyi

Ingingo ya cyenda igenga ibyo kugura no kugurisha abakinnyi yemerera Rayon Sports gukoresha Da Silva kuko afite ITC

Icyangombwa cya FIFA cyemeza Da Silva nk’umukinnyi wa Rayon Sports

2018-12-12
Editorial

IZINDI NKURU

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Editorial 12 Aug 2018
Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2021
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Editorial 12 Sep 2023
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Editorial 23 Feb 2022
Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Editorial 12 Aug 2018
Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2021
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Editorial 12 Sep 2023
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Editorial 23 Feb 2022
Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Mugisha Samuel yegukanye Tour du Rwanda 2018

Editorial 12 Aug 2018
Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Nsanzimfura Keddy ukinira ikipe ya APR FC ashobora kwerekeza mu gihugu cya Pologne, uyu mukinnyi ashobora gutangwaho arenga miliyoni 200 z’amafaranga y’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru