• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri w’Intebe yarahije Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare

Minisitiri w’Intebe yarahije Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare

Ubwanditsi 26 Jun 2017 Mu Rwanda

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi, kuri uyu wa Kane, yakiriye indahiro ya Lt. Col Déo Rusizana, Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, n’iya Cpt. Gerard Ntaganira, Umucamanza mu Rukiko rwa Gisirikare, bombi bemejwe n’Inama y’Abaministiri yo kuwa 26 Gicurasi 2017.

Murekezi yabibukije ko icyizere bagiriwe na Perezida Paul Kagame ndetse n’indahiro bakoreye imbere ye bifite agaciro gakomeye, bikaba igihango bagiranye n’Abanyarwanda batagomba gutatira.

Yagize ati “Akazi kanyu ni ukubahiriza ihame ry’uburenganzira n’ubwisanzure bwa muntu Leta y’u Rwanda yiyejeme kugenderaho.”

Kugira ngo bazabashe kubahiriza izo nshingano, Minisitiri w’Intebe yabasabye gushishoza no guharanira ubutabera.

-7054.jpg

Yakomeje agira ati “Ibi bizabarinda kugira abere abanyabyaha no kugira abanyabyaha abere; Kuba inyangamugayo ku buryo n’abo muzacira imanza bagatsindwa bazajya banyurwa n’ibyemezo byanyu; Guhora murangwa n’imyitwarire iboneye muri byose kandi hose.”

“Umucamanza mwiza noneho by’akarusho w’umusirikari wa RDF tuziho imyitwarire iboneye mu rwego rwo hejuru, agomba kuba bandebereho; gukora cyane kugira ngo muzirinde amadosiye y’ibirarane. Mwibuke ko ubutabera butinze buba bwataye agaciro. Ibi biranajyana no gutanga serivisi nziza u Rwanda rwagize intego.”

-7053.jpg

Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi aha impanuro abarahiye

Minisitiri w’Intebe yabahaye impanuro agendeye ku mpanuro zatanzwe na Mahatma Gandhi zijyanye n’icyo umuntu yakora buri gitondo kugira ngo abe intabera muri byose, ati “Ntawe nza kwifuriza ikibi, ntawe nza kurenganya, abanyamafuti ndabatsindisha ukuri.”

-7055.jpg

Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, Lt. Col Déo Rusizana

-7056.jpg

Umucamanza mu Rukiko rwa Gisirikare, Cpt. Gerard Ntaganira arahirira kuzuzuza inshingano yahawe

-7057.jpg

-7058.jpg

Visi-Perezida w’Urukiko rwa Gisirikare, Lt. Col Déo Rusizana, asinya nyuma yo kurahira

-7059.jpg

Umugaba w’Ingabo z’Igihugu Gen. Patrick Nyamvumba yari yitabiriye uyu muhango

-7060.jpg

-7061.jpg

Minisitiri w’Ingabo Gen. James Kabarebe n’abandi bayobozi bakuru ba gisilikare bitabiriye umuhango

2017-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Ubwanditsi 01 Jul 2017
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Rwamagana: Abayisiramu bashima Perezida Kagame wabahaye ijambo ntibongera kwitwa Abaswayire

Ubwanditsi 10 Jun 2017
Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Uwashimuswe n’ingabo za Congo akabohozwa na Kagame yiyemeje kuzamutora

Ubwanditsi 25 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye
POLITIKI

Gizenga wabaye Minisitiri w’Intebe kuri Leta ya Joseph Kabila yapfuye

Ubwanditsi 25 Feb 2019
Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye
ITOHOZA

Abava muri FDLR bose bagaragaza gucikamo ibice gukomeye

Ubwanditsi 29 Apr 2017
Icyo abanya Kigali bavuga kuri Coup d’ Etat yakorewe Kayumba muri RNC
ITOHOZA

Icyo abanya Kigali bavuga kuri Coup d’ Etat yakorewe Kayumba muri RNC

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru