• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana

Ubwanditsi 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umunyamerikakazi Dian Forsey “Nyiramacibiri” amaze imyaka 36 ahitanywe na Leta ya Yuvenali Habyarimana, yabuzaga gushimuta no gucuruza abana b’ingagi.

Dian Forsey “Nyiramacibiri”

Tariki 26 Ukuboza 1985 -Tariki 26 Ukuboza 2021, imyaka 36 irashize Dian Forsey, Abanyarwanda bari barahaye akabyiniriro ka”Nyiramacibiri”, yiciwe muri Pariki y’Ibirunga, aho yari amaze imyaka 18 yita ku buzima bw’ingagi ngo zidacika ku isi. Kuva muw’1967, yari yarahashyize ikigo cy’ubushakashatsi, “Karisoke Research Center”, cyanatumye ingagi zozoroka, none ni inkingi ikomeye y’ubukerarugendo bw’u Rwanda.

Mu gitondo cyo kuwa 27 Ukuboza 1985 nibwo umurambo wa Dian Fosey wabonetse mu rugo rwe i Karisoke, bigaragara ko abagizi ba nabi bamutemaguye umutwe wose. Inkuru yazengurutse isi yose, nyamara nyuma y’imyaka 36 yose, mu bakekwaho ubwo bugome nta n’umwe uragezwa imbere y’ubutabera.

Iperereza ryakozwe n’Ikigo cy’Ubutasi cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, CIA, ndetse bugasohoka mu binyamakuru bikomeye ku isi, nka The Guadian, Washington Post, Le Figaro, Le Soir n’ibindi, buvuga ko “Nyiramacibiri” yahitanywe na ba rushimusi, yari yarabujije amahwemo, ababuza gucuruza ingagi ku bw’indonke zabo.

Protais Zigiranyirazo ”Z”

Abari ku isonga muri ubwo bushimusi, ni agatsiko kari ku butegetsi bwa Yuvenali Habyarimana, by’umwihariko muramu we Protais Zigiranyirazo ”Z”, dore ko n’igihe Nyiramacibiri yicwaga, uyu”Zedi” ariwe wategekaga Perefegitura ya Ruhengeri, Nyiramacibiri yari atuyemo.

Umwe mu bakozi ba Dian Forsey Nyiramacibiri witwaga Rwerekana yarafashwe arafungwa akekwaho uruhare muri ubwo bwicanyi, ariko nyuma y’igihe gito aza kwicirwa muri kasho amanitswe mu mugozi.

Amakuru yizewe avuga ko Rwerekana nawe yishwe na Protais Zigiranyirazo, ngo atazatanga amakuru abahamya icyaha. Mu mwaka w’2001, Protais Zigiranyirazo yafatiwe i Buruseli mu Bubiligi ashinjwa urupfu rwa Dian Forsey ndetse n’ubucuruzi bw’abana b’ingangi butemewe, aza kurekurwa ku mpamvu zitasobanuwe.

Ababikurikiraniye hafi bahishuye ko dosiye ya ”Z” yazinzibikanyijwe ku nyungu za benshi, kuko yari irimo ibihangange bikomeye ku isi.

Tugarutse ku mibereho ya Dian Forsey, nk’uko bikubiye muri filime mbarankuru ku buzima bwe, yari yaravukiye ahitwa San Fransisco muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, hari mu mwaka w’1932.

Yakuranye amatsiko yo kumenya ubuzima bw’inyamaswa, ndetse azikoraho ubushakashatsi bunyuranye, bwanamuhesheje ibihembo n’impamyabumenyi nyinshi.

Mu mabyiruka ye yakoreye ingendo zinyuranye muri Afrika asesengura ubuzima bw’inyamaswa kuri uyu mugabane, maze muw’1967 afata icyemezo cyo gutura mu Rwanda, anatangira gukurikiranira hafi imibereho y’ingagi, ubwoko busigaye hacye cyane ku isi.

Yanditse ibitabo binyuranye, birimo icyo yise”Gorilles dans la brume” cyanatumye ingagi zo mu Rwanda zimenyekana cyane. Nk’uko twabivuze haruguru, Dian Forsey yishwe tariki 26 Ukuboza 1985 afite imyaka 54 y’amavuko, ashyingurwa i Karisoke, iruhande rw’ingagi yakunze bihebuje.

Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga mu guteza imbere ubukerarugendo, by’umwihariko mu kubugabunga ubuzima bw’ingagi ubu zikaba zikamwa amadovize menshi. Biranakwiye ko ibyutsa idosiye y’urupfu rwa Dian Forsey wazitangiye kugeza abizize, maze izo nyangabirama zamuvukije ubuzima zigahanwa.

Tuzahora twibuka ubugwaneza bwa Dian Forsey Nyiramacibiri, kandi akomeze aruhukire mu mahoro.

2021-12-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Burundi: Uwayoboraga Imbonerakure yagizwe umuyobozi wa Radiyo na Televiziyo by’Igihugu

Ubwanditsi 15 Jul 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson

Ubwanditsi 20 Jan 2020
John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

Ubwanditsi 19 Sep 2017
Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga  REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club

Ubwanditsi 14 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite
POLITIKI

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru
Mu Mahanga

Ceasar Kayizari, Sam Kaka, Rwarakabije, Mugambage na Rwigamba batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 12 Jul 2016
Komisiyo ya AU yabonye  umuyobozi mushya usimbura Dr Zuma
Mu Rwanda

Komisiyo ya AU yabonye umuyobozi mushya usimbura Dr Zuma

Ubwanditsi 30 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru