• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Zimbabwe: Inteko igiye kweguza Robert Mugabe

Editorial 21 Nov 2017 Mu Mahanga

Ishyaka rya Zanu PF ryatangiye gahunda yo kweguza Perezida Robert Mugabe nyuma y’uko ananiwe kwivana ku butegetsi.

Ubuyobozi bw’iri shyaka buvuga ko kuri uyu wa Kabiri burageza imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ubusabe bwo kumweguza, abagize inteko bakabikora mu minsi ibiri gusa.

Ubwo busabe bushinja Mugabe ibirego birimo kwemerera umugore we Grace kwiha ububasha.

Abayobozi bakuru b’igisirikare bafashe ubutegetsi mu cyumweru gishize bavuga ko Mugabe yenda guhura na Visi-Perezida Mnangagwa yari yirukanye.

Emmerson Mnangagwa yahunze Zimbabwe amaze kwirukanwa biba ikimenyetso simusiga cy’uko Mugabe ashaka gusimburwa n’umugore we.

Igisirikare cyahise gifata televiziyo ndetse Mugabe afungirwa iwe mu rugo nubwo acyitwa Perezida ku izina.

Nubwo Mugabe yari yashyizweho igitutu ngo yegure, ku Cyumweru yaratunguranye yanga kwegura ahubwo avugira ijambo kuri televiziyo ry’uko azayobora inama rusange y’ishyaka Zanu PF izaba mu kwezi gutaha.
BBC ivuga ko umwe mu badepite Paul Mangwana yavuze ko ibikorwa byo kumweguza burundu byatangiye ariko isaha ntarengwa ya saa sita z’ejo hashize Zanu PF yari yamuhaye yarangiye.

Ati “Yatsimbaraye, arumva amajwi y’abaturage ariko akica amatwi.”

Kweguzwa muri Zimbabwe ubusanzwe bikorwa ku muntu wagize imyitwarire idasanzwe nko kwica Itegeko Nshinga, gusuzugura cyangwa kugira ubushobozi buke.

Mangwana yongeyeho ati “Ikirego ashinjwa gikomeye ni uko yemereye umugore we kwiha ububasha bw’Itegeko Nshinga kandi adafite uburenganzira bwo kuyobora guverinoma. Yanze gukurikiza itegeko nshinga rya Zimbabwe, by’umwihariko twagombaga gutora abagize njyanama z’intara ariko kugeza ubu ntibiraba.”

Yemeza ko kweguza Mugabe bitazatwara igihe nk’uko bamwe mu mpuguke babivuga, ku wa Gatatu bikazaba byarangiye kubera impamvu zabyo zisobanutse neza.

Gutora ku gutangiza ibikorwa byo kweguza Mugabe birabera mu Mutwe w’Abadepite no muri Sena .
Nibabyemeza harashyirwaho komite ihuriweho n’imitwe yombi itangire iperereza ku kumweguza, nisanga bikwiye ko yegura abagize inteko barongera batore hafatwe umwanzuro watowe na bibiri bya gatatu.

Mu myaka ishize abarwanya Mugabe bagerageje kumweguza muri ubwo buryo biranga. Ariko kuri ubu n’ishyaka rye ritakimushyigikiye birashoboka cyane.

Bibaye, ubundi Mnangagwa yahita afata umwanya wa Mugabe ariko ubwo yirukanwaga, Phelekezela Mphoko ushyigiye Grace Mugabe yahise aba Visi Perezida bivuze ko ari we wakabaye Perezida nubwo bitamworohera.

Ntibiramenyekana neza ko Mnangagwa agirwa Perezida gusa ashyigikiwe n’igisirikare kivuga ko gitegereje ibiva mu biganiro aragirana na Robert Mugabe.

2017-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Jose Chameleone n’umuvandimwe we bafunzwe

Editorial 16 Jul 2019
Rubavu: Urubyiruko  rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana  ibiyobyabwenge

Rubavu: Urubyiruko rwa ADEPR rwakoze urugendo rwo kwamagana ibiyobyabwenge

Editorial 09 Aug 2016
Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Abatwara ibinyabiziga baratungwa agatoki mu gufasha abacuruza ibiyobyabwenge.

Editorial 06 Mar 2016
Uko ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda rikora

Uko ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda rikora

Editorial 01 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame
POLITIKI

Ni igihe cyiza cya Afurika cyo gukosora amakosa menshi yakozwe- Perezida Kagame

Editorial 14 Jun 2019
Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe
Mu Rwanda

Umuyobozi mushya wa polisi yasabwe gukomeza kubaka urwego rukomeye kandi rwubashywe

Editorial 20 Oct 2018
” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc
INKURU NYAMUKURU

” Ubushotoranyi bw’u Burundi, Uganda na Congo ku Rwanda: Ibisinde bizahitana uwabirimye “-Marc

Editorial 19 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru