• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

14% by’Abanyarwanda bavuze ko badahabwa serevise nziza ku butabera mu mwaka wa 2016

Editorial 25 Jan 2017 Mu Mahanga

Nubwo Leta y’u Rwanda ikora uko ishoboye mu guteza imbere serivisi z’ubutabera, hari bamwe mu banyarwanda bagaragaza ko badashimishwa na serivisi z’ubutabera bahabwa.

Ikigo cy’igihugu gishizwe imiyoborere RGB, cyakoze ubushakashatsi bugaragaza ko abanyarwanda 62.7% aribo banyurwa na serivisi z’ubutabera bahabwa, na 16 % bakazinenga, abandi mu bushakashatsi barifashe ntibashima cyangwa ngo banenge.

Abishimira ubutabera bahabwa mu mwaka wa 2015 bari ku kigero cya 76.7%, bikagaragaza ko hagabanutseho 14% mu mwaka wa 2016.

Ubwo Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), Prof Shyaka Anastase, yamurikiraga raporo Komisiyo y’Imibereho Myiza y’abaturage, Uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage muri Sena, yasobanuye ko abaturage bagaragaje ko serivisi z’ubutabera zitangwa nabi ari izikenerwa byihuta.

Yagize ati “Mu butabera, hari ibintu bikomeye abaturage baba bashaka aribyo bagaragaza ko badahabwa neza nko kwihutisha imanza, kuzirangiza, kumenyeshwa amategeko y’uburenganzira bwa muntu, gufata no gufunga n’ubwunganizi ku banyantege nke.”

Yakomeje avuga ko izo serivisi arizo zagaragajwe ko zikwiriye kongerwamo imbaraga nyinshi kugira ngo abanyarwanda bagerwaho n’ubutabera bishimiye.

Iyo raporo isobanura ko impamvu yo gusubira inyuma kw’abashima izi serivisi guterwa no kuba serivisi z’ubutabera zaracukumbuwe cyane mu mwaka wa 2016 ugereranije n’imyaka yashize, no kuba abaturage bamaze gusobanukirwa n’ubushakashatsi bagatanga amakuru.

Iyi raporo igaragaza ko Intara y’Uburasirazuba ariyo abayituye bashima serivisi z’ubutabera, aho Gatsibo igeza kuri 79.1% naho Akarere ka Nyarugenge mu Mujyi wa Kigali abashima bakaba 49.1%.

Uturere dutanu tuza imbere mu kwishimira ubutabera ni Gatsibo (79.1%) Rubavu (73.4%), Nyagatare (70.7%), Kamonyi (70%) Ngoma (69.9%), naho dutanu tuza inyuma ni Nyarugenge (49.1%), Gasabo (50.8%), Rutsiro (51.2%) Bugesera (53.3%) na Gicumbi (56.6%).

-5520.jpg

Prof. Shyaka Anastase muri Senat

Serivisi z’ubutabera abaturage basubizaga uko zifashe mu butabera harimo nk’iza noteri, kwihutisha imanza, ubwunganizi mu butabera, ifunga n’ifungurwa k’ukekwaho icyaha, kutabogama kw’inzego z’ubucamanza, ubukanguramabaga ku kumenyekanisha amategeko n’uburenganzira bwa muntu, kumenya inzego zitanga serivise z’ubutabera n’uburyo babona ibibazo by’akarengane, ikimenyane na ruswa.

Safi Emmanuel

2017-01-25
Editorial

IZINDI NKURU

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Editorial 18 Aug 2016
Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Editorial 06 Apr 2023
DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

DR Congo: Ingabo za FARDC zatangaje “ibitero bikomeye” ku mutwe wa ADF

Editorial 31 Oct 2019
Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Ikipe ya Chelsea yaraye yegukanye igikombe cy’Isi cy’amakipe naho Al Ahly yari ihagarariye umugabane wa Afurika yegukana umwanya wa 3

Editorial 14 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Kapiteni wavuye ku rugerero yanditse igitabo kiva imuzingo inzitane Inkotanyi zanyuzemo zibohora u Rwanda

Editorial 07 Mar 2018
Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika
Amakuru

Umwaka w’imikino wa 2021-2022 mu Rwanda urangiye APR FC na AS Kigali ariyo makipe azaseruka mu mikino Nyafurika

Editorial 29 Jun 2022
Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe
Amakuru

Hussein Shaban yujuje ibitego 9 akomeza kuyobora ba rutahizamu bamaze gutsinda byinshi, Twizerimana Onesme aba umunyarwanda utsinze 3 mu mukino umwe

Editorial 14 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru