• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, ITOHOZA, Mu Mahanga

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu, harimo n’Umurwa Mukuru, Kampala.

Amateka koko burya ahora yisubiramo, Tariki ya 01 Ukwakira 1990, ubwo FPR-Inkotanyi yatangizaga urugamba rwo kubohora u Rwanda, Leta ya Yuvenali Habyarimana yakoze ikinamico, irara irasa urufaya rw’amasasu mu Mujyi wa Kigali, ibeshya ngo “inyenzi” zawugezemo. Byahe byo kajya se ko icyari kigamijwe ari uguhohotera abaturage bo mu bwoko bw’Abatutsi, ngo ni iby’ibyitso by’inkotanyi. Icyo gihe ibihumbi by’Abatutsi byarunzwe mu magereza, abandi baricwa bazira gusa ko ari Abatutsi.

Ibi birasa neza n’ibirimo kubera mu gihugu cy’abaturanyi cya Uganda, aho abaturage b’Abayisiramu n’abo mu mashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Yoweri K. Museveni, barimo kwicwa, abandi bagafungwa bashinjwa uruhare mu gutega ibisasu bimaze iminsi biturikira ahantu hanyuranye, harimo n’Umurwa Mukuru Kampala.

Imibare itangwa n’itangazamakuru ndetse n’imiryango itari iya Leta, irerekana ko ababarirwa mu icumi bamaze kwicwa barashwe, abandi amagana bakaba bari mu magereza hirya no hino muri Uganda, kandi umubare munini ukaba ari uw’abasengera mu idini ya Islam.

Mu kiganiro-mpaka cyatambutse kuri Televiziyo NBS muri izi mpera z’icyumweru. Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, Gen. Jim MUHWEZI ntiyashoboye gusobanura impamvu abakekwaho ibyaha bicwa batagejejwe imbere y’ubutabera, ndetse arya iminwa ubwo yari abajijwe umubare nyawo w’abishwe n’abatawe muri yombi. Abari muri icyo kiganiro-mpaka, nka Meya w’Umujyi wa Kampala, Erias LUKWAGO, yatangajwe no kumva Minisitiri wUmutekano avuga ko nta makuru afite ku bishwe n’abafunze, agasanga ubutegetsi buri mu ikinamico yo kwikiza abo budashaka.

Ibisasu byatezwe muri Uganda kuva mu mpera z’Ukwakira uyu mwaka, byitiriwe umutwe wa ADF ukorera mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo. Haribazwa impamvu Ubutegetsi bwa Perezida Museveni butwerera ibyo bitero ADF, kandi umutwe w’iterabwoba wa”Islam State” wariyemereye ko ariwo utega ibyo bisasu.

Abasesenguzi baravuga ko Islamic State yibeshyera ko ariyo iri inyuma y’ibi korwa, ikaba ibiziranyeho n’inzego z’umutekano za Uganda kugirango ubutegetsi bushobore kugera ku mugambi wabwo. Basanga ibisasu bihitana inzirakarengane bitegwa na Leta ya Uganda ubwayo, kugirango ibone urwitwazo rwo kohereza abasirikari muri Kongo ivuga ko ikurikiranye yo ADF.

Uyu mugambi kandi ngo waba ugamije kwikiza abatavuga rumwe na Perezida Museveni, dore abicwa n’abafungwa hafi ya bose ari abo mu mashyaka ya opozisiyo.

Kugeza ubu Perezida Museveni yirinze kugeza ijambo ku baturage ribahumuriza,rinasobanura imiterere y’ikibazo, ahitamo gukoresha urubuga rwa “twitter” kandi azi neza ko abaturage be bose atari ko bafite interineti.

Mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka muri Uganda, abayoboke 54 ba Bobi Wine wari uhanganye na Yoweri Museveni, barishwe, abandi benshi cyane barakomeretswa, ndetse umubare munini urafungwa. Abafunzwe baje kurekurwa batanaburanye, ibi nabyo Minisitiri Muhwezi akaba atarashoboye kubisobanura muri icyo kiganiro-mpaka cya NBS.

Abantu banyuranye kandi benshi bakomeje gusaba ko muri Uganda hajyaho komisiyo yo kugaragaza ukuri ku bugizi bwa nabi ubutegetsi bwa Perezida Museveni bwakomeje gukorera abaturage, uko kuri kukaba ariko kubakirwaho ubwiyunge bw’abanya Uganda, nk’uko byagenze muri Afrika y’Epfo ubwo ingoma ya bagashakabuhake yari imaze gutsindwa.

Ubutegetsi bwa Perezida Museveni rero burakomerewe niba abaturage bageze aho babugereranya n’ubwa ba gashakabuhake.

2021-11-21
Editorial

IZINDI NKURU

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 19 Sep 2021
Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Leta y’Afrika y’Epfo, yashyizweho itegeko ribuza impunzi gukina politiki utabyubahirije akirukanwa

Editorial 06 Jan 2020
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Editorial 03 Sep 2016
Umusirikare wa RDC yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda

Umusirikare wa RDC yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda

Editorial 27 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda, SFH Rwanda n’Urubyiruko rw’abakorebabushake mu kurwanya ibyaha mu guteza imbere umutekano n’isuku

Editorial 05 May 2016
Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda
SHOWBIZ

Miss Uwase Ndahiro Liliane ashaka kwiyamamariza kuba umudepite mu Nteko Nshingamategeko y’u Rwanda

Editorial 04 Apr 2018
Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Editorial 27 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru