• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye   |   14 Sep 2026

  • Police VC yinjije abakinnyi batatu bashya, barimo Rosaly Chioma uvuye muri Macedonia y’Amajyaruguru   |   14 Sep 2026

  • AMAFOTO – APR FC na Rayon Sports zageze mu kiciro cya cya kabiri cy’Imikino Nyafurika ya CAF, Al Hilal na Al Merrikh zihagaze neza   |   13 Sep 2026

  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

Ubwanditsi 20 Aug 2025 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 19 Kanama 2025 kuri Kigali Pelé Stadium, hatangiye irushanwa rya gicuti ryateguwe na APR FC ryiswe Inkera y’Abahizi.

Ni irushanwa rigamije gufasha amakipe yaryitabiriye gutegura umwaka utaha w’imikino, ariko APR FC, Police FC, AS Kigali zo mu Rwanda ndetde na Azam FC yo muri Tanzania.

Umukino wa mbere wahuje Police FC n’ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania, watangiye ku isaha ya Saa kumi watangiye neza ku ruhande rw’ikipe ya Police kuko ku munota wa 20 Police FC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na rutahizamu Kwitonda Alain ‘Bacca’’z

Ni igitego yatsinze ku mupira yahawe na Ani Elijah wanyuze muri ba Myugariro ba AZam batari bahagaze neza, abo ni Yoro Diaby na Fuentes Mendoza.

Azam FC, itozwa n’umutoza Florent Ibenge, yahise yagerageje guhindura uburyo bw’imikinire ndetse ku munota wa 37, Tepsi Evence atsinda igitego cyo kwishyura nyuma yo gucenga ba myugariro ba Police FC.

Muri uyu mukino wabaye hatari abafana benshi cyane, Igice cya mbere cyarangiye ari 1-1.

Mu gice cya kabiri cy’umukino ntampinduka nyinshi zabayemo kugeza ubwo amakipe yasoje uyu mukino ari igitego kimwe kuri kimwe.

Ibi byatumye hitabazwa Penaliti kugira ngo haboneke ikipe yegukana amanota atatu, aya manota akaba yegukanywe na Azam nyuma yo gutsinda kuri Penaliti 4-3.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho undi wari utegerejwe cyane, aho APR FC, ari nayo yateguye irushanwa, yakinnye na AS Kigali.

AS Kigali niyo yatangiye neza, ikinira mu kibuga hagati neza ndetse ku munota wa 7 ibona penaliti nyuma y’uko Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ agonganye n’umunyezamu Ruhamyankiko Yvan.

Rutahizamu uherutse kongera amasezerano muri AS Kigali avuye muri Rayon Sport, Rudasingwa Prince niwe wateye iyo penaliti, ayitsinda neza bityo iba iyoboye uwo mukino.

APR FC yagowe n’igice cya mbere cy’umukino, yabikosoye mu gice cya kabiri kuko umutoza Taleb yari yahinduye iyi kipe.

Mu gice cya Kabiri iyi kipe yinjijemo abasanzwe bakina ari ikipe ga mbere,

Byatanze umusaruro ku munota wa 61 ubwo rutahizamu Mamadou Sy yatsindaga igitego cyo kwishyura ku mupira yahawe na Omborenga Fitina.

Iminota 90 y’umukino yarangiye ari igitego kimwe kuri kimwe bityo aya makipe nayo ahya muri Penaliti, aha nijo AS Kigali yegukanye intsinzi kuri penaliti 5-4.

Imikino y’Inkera y’Abahizi irakomeza ku uyu wa Kane, tariki ya 21 Kanama 2025, aho Azam FC izakina na AS Kigali ku isaha ya Saa kumi nahi ku i saa moya APR FC izahura na Police FC.

2025-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Safi Madiba ngo yaba yiteguye kurushinga na Parfine Umutesi

Safi Madiba ngo yaba yiteguye kurushinga na Parfine Umutesi

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo

RUSHYASHYA 11 May 2026
Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Agahuru k’imbwa karahiye: Umudepite mu nteko ishinga amategeko y’ Ubwongereza yasabye igihugu cye guta muri yombi abagabo 5 bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, kuko asanga ari igisebo kuba kigicumbikiye abajenosideri

Ubwanditsi 09 Dec 2020
AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

AFCON 2019: Amavubi mu itsinda rimwe na Cote d’Ivoire na Guinea

Ubwanditsi 13 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere
POLITIKI

Gahanga na Nyamata: PL yaserukanye ubunararibonye ifite mu Nteko isaba icyizere

Ubwanditsi 30 Aug 2018
Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili
Mu Rwanda

Profesa Malonga yabonye umudali wo guteza imbere Igiswahili

Ubwanditsi 12 Oct 2016
DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora
POLITIKI

DR.Congo yanze ikemezo cya AU cyo ‘kuba iretse gutangaza’ ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 18 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

Ibyabapfu biribwa n’abapfumu; uburyo Thomas Nahimana akomeje kurya imitsi ibigarasha birangaye

14 Sep 2026
Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru