• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

APR FC na Police FC zatangiye zitsindwa mu mikino y’Inkera y’Abahizi, Azam na AS Kigali zatangiye neza

Ubwanditsi 20 Aug 2025 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 19 Kanama 2025 kuri Kigali Pelé Stadium, hatangiye irushanwa rya gicuti ryateguwe na APR FC ryiswe Inkera y’Abahizi.

Ni irushanwa rigamije gufasha amakipe yaryitabiriye gutegura umwaka utaha w’imikino, ariko APR FC, Police FC, AS Kigali zo mu Rwanda ndetde na Azam FC yo muri Tanzania.

Umukino wa mbere wahuje Police FC n’ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania, watangiye ku isaha ya Saa kumi watangiye neza ku ruhande rw’ikipe ya Police kuko ku munota wa 20 Police FC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na rutahizamu Kwitonda Alain ‘Bacca’’z

Ni igitego yatsinze ku mupira yahawe na Ani Elijah wanyuze muri ba Myugariro ba AZam batari bahagaze neza, abo ni Yoro Diaby na Fuentes Mendoza.

Azam FC, itozwa n’umutoza Florent Ibenge, yahise yagerageje guhindura uburyo bw’imikinire ndetse ku munota wa 37, Tepsi Evence atsinda igitego cyo kwishyura nyuma yo gucenga ba myugariro ba Police FC.

Muri uyu mukino wabaye hatari abafana benshi cyane, Igice cya mbere cyarangiye ari 1-1.

Mu gice cya kabiri cy’umukino ntampinduka nyinshi zabayemo kugeza ubwo amakipe yasoje uyu mukino ari igitego kimwe kuri kimwe.

Ibi byatumye hitabazwa Penaliti kugira ngo haboneke ikipe yegukana amanota atatu, aya manota akaba yegukanywe na Azam nyuma yo gutsinda kuri Penaliti 4-3.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho undi wari utegerejwe cyane, aho APR FC, ari nayo yateguye irushanwa, yakinnye na AS Kigali.

AS Kigali niyo yatangiye neza, ikinira mu kibuga hagati neza ndetse ku munota wa 7 ibona penaliti nyuma y’uko Dushimimana Olivier ‘Muzungu’ agonganye n’umunyezamu Ruhamyankiko Yvan.

Rutahizamu uherutse kongera amasezerano muri AS Kigali avuye muri Rayon Sport, Rudasingwa Prince niwe wateye iyo penaliti, ayitsinda neza bityo iba iyoboye uwo mukino.

APR FC yagowe n’igice cya mbere cy’umukino, yabikosoye mu gice cya kabiri kuko umutoza Taleb yari yahinduye iyi kipe.

Mu gice cya Kabiri iyi kipe yinjijemo abasanzwe bakina ari ikipe ga mbere,

Byatanze umusaruro ku munota wa 61 ubwo rutahizamu Mamadou Sy yatsindaga igitego cyo kwishyura ku mupira yahawe na Omborenga Fitina.

Iminota 90 y’umukino yarangiye ari igitego kimwe kuri kimwe bityo aya makipe nayo ahya muri Penaliti, aha nijo AS Kigali yegukanye intsinzi kuri penaliti 5-4.

Imikino y’Inkera y’Abahizi irakomeza ku uyu wa Kane, tariki ya 21 Kanama 2025, aho Azam FC izakina na AS Kigali ku isaha ya Saa kumi nahi ku i saa moya APR FC izahura na Police FC.

2025-08-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Nyuma ya gusinyira Zanaco FC mu mezi abiri ashize ariko ntahite akine kubera kubura icyangombwa kimwemerera gukorera muri Zambia, Nizeyimana Mirafa yaraye akibonye.

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Leta ya Kongo yongeye gusinya amasezerano yo gucyura impunzi zayo ziri mu Rwanda, ibizi neza itazayashyira mu bikorwa.

Ubwanditsi 16 May 2023
Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Itangazamakuru ry’Uburayi n’Amerika ntacyo rivuga kuri Jenoside ikorerwa Abatutsi b’Abanyekongo. Ese iyi si ya politiki yo gushyigikira “rubanda nyamwinshi”?

Ubwanditsi 20 Jun 2022
Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Hatangajwe amatsinda y’uko amakipe azahura mu mikino y’irushanwa ritegura shampiyona y’u Rwanda y’umukino w’intoki wa Basket ball

Ubwanditsi 18 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30
Mu Rwanda

Radio Amazing Grace yafunzwe mu gihe cy’iminsi 30

Ubwanditsi 21 Feb 2018
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina
INKURU NYAMUKURU

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Ubwanditsi 30 Dec 2019
Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA
IKORANABUHANGA

Ikoranabuhanga riri kurandura ruswa mu mitangire y’amasoko ya Leta –RPPA

Ubwanditsi 09 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru