• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye

90% y’ ibikorwa remezo byo kubaka amastade azaberamo CHAN byararangiye

Editorial 09 Jan 2016 IMIKINO

Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne yatangaje ko CHAN 2016 ubu ibura iminsi umunani ngo itangire ngo imaze gutwara asaga Miliyari 15 650 000 yose yaturutse ku ngengo y’imari ya Leta.

-1702.jpg
Minisitiri Uwacu (hagati), umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’imiturire Sagashya (ibumoso) na Perezida w’akanama gategura CHAN 2016, Nzamwita (iburyo) ubwo batangazaga aho imyiteguro ya CHAN 2016 igeze

Imikino ya nyuma yo guhatanira igikombe cya Afurika gihuza amakipe y’ibihugu y’abakina imbere mu bihugu byabo ‘CHAN’, muri uyu mwaka rizabera mu Rwanda guhera tariki 16 Mutarama – 07 Gashyantare 2016.

Mu gihe habura igihe gito ngo iri rushanwa ritangire, abayobozi mu nzego zitandukanye zimaze igihe zitegura iri rushanwa zagiranye ikiganiro n’abanyamakuru zivuga aho imyiteguro igeze.

Sagashya Didie wari uhagarariye Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire “Rwanda Housing Authority”, ari nacyo cyari gishinzwe iyubakwa ry’ibikorwa remezo bizakoreshwa, yavuze ko kugeza ubu Leta y’u Rwanda imazegusohora asaga Miliyoni 18,02 z’Amadolari ya Amerika (asaga Miliyari 13,5 z’amafaranga y’u Rwanda) mu kubaka ibibuha by’imikino n’iby’imyitozo bizakira iyi mikino.

Sagashya yavuze kandi ko nubwo amaze kugenda ari menshi, ngo imibare ishobora kwiyongera kuko imirimo igikomeje.

Muri iki kiganiro n’abanyamakuru kandi, Minisitire Uwacu Julienne yasabye abafana ko ku munsi wo gufungura CHAN bazazinduka, kuko ngo imiryango izafungurwa Saa ine z’igitondo (10h00), hanyuma imiryango izafungwe Saa Saba (13h00).

Ibirori byo gufungura ngo bikazasusurutswa n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda, ndetse n’itorero ry’igihugu ‘URUKEREREZA’ ngo bizatangira ku isaha ya Saa Saba.
Abajijwe intego yahaye ikipe y’igihugu Amavubi izaba ihatana n’andi makipe 15 yaturutse hirya no hino ku mugabane wa Afurika, Minisitiri Uwacu yavuze ko yifuza ko bazagera kure hashoboka.

Yagize ati “CHAN ni irushanwa rihuza abakinnyi bakina mu bihugu byabo. Nta bihangange byadutera ubwoba birimo. Ikipe yacu tuyifitiye ikizere kandi twayisabye ko yahatana kugeza ku mukino wa nyuma.

Itwaye igikombe byaba ari byiza, ariko bitanakunze ntacyo kuko ababurana ari babiri umwe aba yigiza nkana. Gusa intego ni ukugera kure hashoboka.”

Ku rundi ruhande, Nzamwita Vincent Degaule, umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), akaba ari nawe uyoboye akanama k’imbere mu gihugu gategura CHAN, we yavuze ko ngo hari andi mafaranga asaga Miliyari ebyiri (2 000 000 000 frw) amaze gusohoka mu myiteguro itandukanye, nko kwakira amakipe, kuyacumbikira, kuyagaburira, kuyavana no kuyajyana ku bibuga by’imyitozo ndetse no ku mikino.

M.Fils

2016-01-09
Editorial

IZINDI NKURU

Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Munyakazi Sadate na Bagenzi Be Bari Abayobozi Ba Rayon Sport FC Bambuwe Ububasha bwo Gukomeza Kuyiyobora

Editorial 22 Sep 2020
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Editorial 11 Jun 2021
Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 19 Sep 2021
Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Editorial 14 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!
Amakuru

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Editorial 11 Aug 2022
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho
Amakuru

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Editorial 13 May 2021
Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure
ITOHOZA

Abashakashatsi mu by’ikirere bazatangira koherereza ubutumwa ibindi biremwa biba kuyindi mibumbe iri mw’Isanzure

Editorial 02 Jan 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru