• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

I Kinshasa hasinyiwe amasezerano  yo guhashya inyeshyamba zirimo niza Nyamwasa ziri mu misozi ya Minembwe

Ubwanditsi 01 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

U Rwanda, Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Angola, byashyize umukono ku masezerano ashyiraho ihuriro ry’ibi bihugu bitatu rizafasha mu guhangana n’ibibazo birimo umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Iyi nama yabereye i Kinshasa, aho aba bayobozi bagiye no guherekeza mu cyubahiro uwahoze ari Minisitiri w’Intebe, Etienne Tshisekedi, umaze imyaka ibiri apfiriye mu Bubiligi.

Akarere k’ibiyaga bigari gakomeje kugarizwa n’ibibazo by’imitwe iteza umutekano muke yiganjemo iyikambitse mu mashyamba ya RDC nka FDLR, ADF n’iyindi.

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu wa RDC, byatangaje ko Perezida Tshisekedi, Kagame na Lourenço, baganiriye ku bibazo by’umutekano, ubukungu ndetse no kwinjiza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).

Mu itangazo ibi bihugu byashyize ahagaragara, aba bakuru b’ibihugu baganiriye ku ngingo zirimo iterambere n’ubufatanye mu rwego rw’akarere; by’umwihariko ku kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari.

Nyuma y’ibyo biganiro bemeranyije ku ngingo eshatu zirimo ko bijyanye n’ikibazo cy’umutekano, “biyemeje kongerera imbaraga ihuriro rya Congo-Angola-Rwanda (CAR), aho rizahuza n’abandi bakuru b’ibihugu by’akarere mu gushakira hamwe uburyo bwo kurandura imitwe yitwaje intwaro yo muri Congo n’ahandi hamwe n’ibindi bibazo bijyanye n’umutekano w’ibihugu.”

Biyemeje kuvugurura inama mpuzamahanga y’akarere k’ibiyaga bigari, kagizwe n’ibihugu 12 ari byo; Angola, Burundi, Repubulika ya Centrafrique, Repubulika ya Congo, RDC, Kenya, Uganda, Rwanda, Sudani y’Epfo, Sudan, Tanzania na Zambia.

Ku bijyanye n’iterambere n’ubufatanye mu karere, biyemeje gushyira imbaraga mu mubano ushingiye ku bukungu n’ubucuruzi ndetse no gusana inzira ya gari ya moshi Kolwezi-Dilolo igera Benguela muri Angola.

Mu myaka isaga 20 ishize, amashyamba ya RDC yahindutse indiri y’ibikorwa bigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Ambasaderi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo muri Loni aherutse kubwira akanama k’uwo muryango gashinzwe umutekano, gufatira ingamba umutwe mushya w’inyeshyamba ugizwe n’abanyarwanda batavuga rumwe n’ubutegetsi uyobowe na Kayumba Nyamwasa.

Ubwo akanama ka Loni kasuzumaga uko umutekano wifashe mu Karere k’ibiyaga bigari, Ambasaderi Ignace Gata Mavita wa Lufuta yagaragaje impungenge batewe n’umutwe mushya uyobowe na Gen Kayumba Nyamwasa.

Lufuta yagaragaje ko igiteye inkeke cyane ari intwaro uwo mutwe uhabwa n’igihugu yise ‘icy’igituranyi”. Nubwo atatangaje icyo gihugu, yasabye Loni kwita kuri raporo iherutse gusohoka y’impuguke za Loni ivuga ko u Burundi ari cyo gihugu gitanga intwaro ku mutwe wa Kayumba Nyamwasa.

Ibyo bihabanye n’ibihano Loni yashyiriyeho imitwe yose y’inyeshyamba irwanira muri Congo. Iyo mitwe ntabwo yemerewe kugurishwa cyangwa guhabwa intwaro.

Igisirikare cya Leta n’Ingabo za Loni zishinzwe kubungabunga amahoro mu burasirazuba bwa Congo (MONUSCO) nibo bemerewe kugurishwa intwaro.

Intumwa idasanzwe ya Loni mu karere k’ibiyaga bigari, Said Djinnit na we aherutse kubwira akanama ka Loni ko imitwe yitwaje intwaro ikigaragara mu burasirazuba bwa Congo ari imbogamizi ku mutekano n’amahoro mu karere.

Yavuze ko iyo mitwe ikomeje gukongeza urwikekwe hagati y’ibihugu by’ibituranyi.

Mu nyandiko impuguke za Loni zasohoye mu mpera z’umwaka ushize zikayita zise ‘Midterm report of the Group of Experts on the Democratic Republic of the Congo’ zivuga ko inyeshyamba za Kayumba Nyamwasa zikorera mu misozi ya Fizi na Uvira muri Kivu y’Amajyepfo.

Izo nzobere zavuganye n’abantu bagera kuri 12 bahoze muri uwo mutwe uzwi ku mazina nka P5, Rwanda National Congress n’andi.

Uwo mutwe ugizwe n’abagera kuri 400, uyobowe na Shaka Nyamusaraba wahoze ayoboye inyeshyamba za Gomino, ukaba ukoresha intwaro ziturutse mu Burundi.

Muri Nzeli 2018, abahoze muri uwo mutwe babwiye inzobere za Loni ko abawugize ari abanyamahanga benshi baturuka mu Rwanda ndetse n’abanye-Congo b’Abanyamulenge.

Bavuze ko Kayumba Nyamwasa ubwe yatembereye aho uwo mutwe ukorera kenshi.

Abatangabuhamya bavuze ko uburyo bwo gushaka abinjira muri uwo mutwe bucurirwa i Bujumbura, abinjizwamo bagakurwa mu bihugu byo muri Afurika n’i Burayi.

Kizigenza mu bashinzwe gushaka abinjira muri uwo mutwe ni uwitwa ‘Rachid’ uzwi nka “Sunday cyangwa Sunde Charles”. Uwo mugabo uba i Bujumbura ngo ni we wishyura amatike y’abarwanyi bashya bavuye mu mahanga kugeza bashyitse i Bujumbura.

Iyo bageze iwe, bamburwa ibyo bafite byose bakajyanwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu misozi ya Bijabo mu ishyamba rya Bijombo aho uwo mutwe ufite ibirindiro.

Abatoza izo nyeshyamba ni abantu bavuga Ikinyarwanda, bavuga ko bahoze mu ngabo z’u Rwanda.

Nyamusaraba abwira abarwanyi ko intego y’uwo mutwe ari ukubohora u Rwanda. Ngo bajya banagaba ibitero ku mitwe irwanya Leta y’u Burundi iba muri Congo nka Forces nationales de libération, na Résistance pour un état de droit au Burundi (RED Tabara). Ari nayo bamaze iminsi bahanganye muri Kivu y’Epfo.

Raporo ivuga ko intwaro , ibiryo, imiti n’imyambaro byose uwo mutwe ukoresha bituruka i Burundi.

Kayumba Nyamwasa ushinjwa gushinga uwo mutwe urwanya u Rwanda, yakatiwe adahari mu 2011 n’urukiko rukuru rwa Gisirikare, gufungwa imyaka 24 no kwamburwa impeta za gisirikare, biturutse ku byaha birimo kurema umutwe w’iterabwoba, kubangamira umutekano w’igihugu, kurema amacakubiri no gutoroka igisirikare.

2019-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

RFI yokejwe igitutu kubera ifoto y’abasirikare b’u Rwanda yakoresheje

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Impamvu abari ingabo za Kayumba Nyamwasa , Maj. (Rtd) Mudhatiru n’abo bareganwa badashobora gukurikiranwa bidegembya

Ubwanditsi 29 Oct 2019
Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Amafaranga yakusanyijwe na Rusesabagina ashenye FLN aho kuyubaka

Ubwanditsi 26 Nov 2020
Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Ubwanditsi 14 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Kagame yagiriye impuhwe Kizito, Ingabire na Bizimungu

Ubwanditsi 17 Sep 2018
Umunyamakuru Mugabe Robert yagejejwe imbere y’urukiko
INKURU NYAMUKURU

Umunyamakuru Mugabe Robert yagejejwe imbere y’urukiko

Ubwanditsi 27 Sep 2018
Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura
Mu Mahanga

Police Handball Club yatangiye shampiyona itsinda G.S Rambura

Ubwanditsi 06 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru