• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza
Theophile Ruberangeyo, umuyobozi wa FARG

Uwakoze Jenoside yarihiwe amashuri na FARG bimenyekana ageze muri kaminuza

Editorial 31 Oct 2017 ITOHOZA

Niyonteze Jean d’Amour wahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi agafungwa imyaka 13 yarihiwe na FARG aza gutahurwa akurwa ku rutonde.

Muri 2014 ni bwo FARG yamukuye ku rutonde isanze yararihirwaga ataracitse ku icumu. Icyo gihe yari ageze mu mwaka wa kabiri muri kaminuza yahoze ari SFB.

Raporo ya Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) ivuga ko Niyonteze akomoka mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma , ku wa 14 Nzeri 2016 ngo yagiye kuri CNLG avuga ko yakuwe ku rutonde rw’abarihirwa FARG asaba ko yakorerwa ubuvugizi.

Ubwo CNLG yashyikirizaga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi raporo y’ibikorwa bya 2016-2017 yavuze ko yakoze igenzura isanga Niyonteze yarakoze Jenoside ndetse yaranakatiwe imyaka 13 y’igifungo.

Bamwe mu bagize Inteko imitwe yombi bagaragaje ko batishimiye kuba umuntu wakoze Jenoside arihirwa amafaranga agenewe gufasha abacitse ku icumu batishoboye. Basaba ko abarihiwe muri ubwo buryo bakurikiranwa bakayaryozwa.

Mu minsi ishize ubwo Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu yatangazaga raporo ku Nteko rusange, Depite Manirarora Annoncée yakomoje kuri iyi ngingo.

Yagize ati “Amafaranga yahawe abagenerwa bikorwa mu bijyanye n’uburezi, hari aho byagaragaye ko yagiye ahabwa abantu batabikwiye. Nkaba nasabaga ko aya mafaranga yahawe abantu batabikwiye hakorwa icukumbura kuva FARG yabaho abantu bahawe amafaranga ajyanye n’uburezi batabikwiye akaba yagaruzwa.”

Niyonteze ni umwe muri benshi barihiwe amafaranga agenewe abacitse ku icumu atararicitseho, aho hari benshi bamaze kugaragara ko bayabonye muri ubwo buryo.

FARG ibivugaho iki ?

Avuga ku kibazo cya Niyonteze, Umuyobozi Mukuru wa FARG, Ruberangeyo Théophile, yavuze ko bagifata nk’umwihariko. “Ati ubwabyo ni gahomamunwa, twe tubifata nk’ikibazo kidasanzwe. Mu biganiro turi kugirana na CNLG turi kureba uburyo twabigeza kuri MINALOC, hanyuma uwo muntu wakoze Jenoside warihiwe ayo mafaranga yacu agomba kubihanirwa by’intangarugero.

Ruberangeyo yabwiye itangazamakuru ko hari abantu bagaragaweho ko barihiwe amashuri bataracitse ku icumu bamaze kugeza kuri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu n’izindi nzego kugira ngo harebwe icyakorwa.

Uyu muyobozi avuga mu rwego rwo guhangana n’icyo kibazo, mu mwaka wa 2010 hasohotse amabwiriza agena uburyo umuntu wacitse ku icumu atoranywa kugira ngo ahabwe inkunga, aho ngo guhera icyo gihe bikorwa mu mucyo.

Yagize ati “Abantu bahabwa inkunga ya FARG bemezwa mu nteko rusange y’abarokotse Jenoside n’abandi baturage, iyo nteko ikaba ihagarariwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari. Haba hari kandi umuyobozi wa IBUKA na AVEGA noneho icyo gikorwa kigahagararirwa n’umurenge n’akarere, aho ubishinzwe aba ari Umuyobozi w’Akarere wungirijwe ushinzwe imibereho myiza.”

Ibi ngo byatumye uburiganya bwakorwaga mbere bugabanuka, aho ngo mbere byakorwaga n’abarokotse Jenoside ubwabo, bigatuma hari abashyiramo abatabikwiye bitewe n’ubucuti bafitanye cyangwa na ruswa.

Kuri ubu, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari, umuyobozi wa IBUKA ndetse n’uyobora AVEGA ngo ni bo basinya mu ikayi yandikwamo abakwiye guhabwa inkunga.

Avuga ko mbere y’uwo mwaka hari aho byabayeho hakagira abantu bashyirwa mu bagenerwabikorwa ba FARG kandi batabyemerewe. Ibi ngo byakozwe na bamwe muri za komite z’abacitse ku icumu mu nzego z’utugari, aho hari abatari inyangamugayo bagiye bishyiriramo abandi.

Ibyo ngo ntibigaragara mu bijyanye n’uburezi gusa ngo kuko no mu zindi nkunga FARG itanga icyo kibazo cyagaragaye, aho harimo abantu benshi bubakiwe inzu kandi bataracitse ku icumu.

Ruberangeyo avuga ko mu mpera z’uyu mwaka FARG izakora igenzura ryimbitse kugira ngo irebe umubare nyawo w’abantu barihiwe amashuri bataracitse ku icumu ndetse n’abashobora kuba barahawe inkunga kandi bishoboye.

Muri 2012 FARG ikora igenzura bwa mbere ngo yasanze abanyeshuri basaga 2000 bararihiwe kandi batujuje ibisabwa.

Umuyobozi wa FARG yavuze ko muri rusange bazakomeza gukorana n’inzego zitandukanye zirimo iz’ubutabera kugira ngo harebwe uburyo abahawe inkunga batayikwiye bayisubiza ndetse n’abagize uruhare mu kubashyira ku rutonde rw’abagenerwabikorwa bakabihanirwa.

2017-10-31
Editorial

IZINDI NKURU

FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda

FLN [ Force De Libération National ] Umutwe Wa Gisirikare W’impuzamashyaka Ugamije Guhungabanya Umutekano W’u Rwanda

Editorial 16 Jul 2018
Uko CMI Yafashije Ntamuhanga Cassien Kujyera Afrika Y’epfo

Uko CMI Yafashije Ntamuhanga Cassien Kujyera Afrika Y’epfo

Editorial 05 Mar 2018
Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Editorial 22 Feb 2017
Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Ruswa iravuza ubuhuha mu bayobozi ba CNDD FDD, Ndayishimiye nawe yigira inama yo gushinja u Rwanda ngo bucye kabiri

Editorial 03 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri
Amakuru

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Editorial 26 Feb 2024
Bujumbura: Havumbuwe  inzu  ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016
ITOHOZA

Bujumbura: Havumbuwe inzu ikorerwamo iyicarubozo kuva mu 2016

Editorial 05 Dec 2018
Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire  na Diane Rwigara
ITOHOZA

Ikibazo cye kiroroshye, yumvaga ko adakorwaho- Perezida Kagame avuga kuri Ingabire na Diane Rwigara

Editorial 13 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru