• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubwanditsi 22 Feb 2017 ITOHOZA

Abimukira batagira ibyangombwa bari bafunzwe kubera amakosa yo gutwara ibinyabiziga cyangwa se kwiba ibintu muri za butike, kimwe n’abandi bigeze gufungirwa ibindi byaha bikomeye nibo iyi gahunda yo kwirukanwa izibandaho.
.
Ibi n’ibyemezo Ubutegetsi bwa Trump bwatanze nyuma yaho arahiriye kuyobora iki gihugu, muri gahunde ze Trump yiyamamaza yavuze ko azirukana abimukira baba muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, aya mabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimikira ni igikorwa cyikihutishwa cyane.

Iri tegeko ntabwo rije rihindura andi mategeko arebana n’abimukira baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, ariko ni ukugirango hakazwe umurego kugirango amategeko yari asanzweho ashyirwe mu bikorwa vuba na bwangu. Habarirwa abagera kuri miliyoni 11 baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, babimukira batagira ibyangombwa.

-5825.jpg

-5824.jpg

Ifoto abashinzwe guhashya abimukira bafashe ukekwaho kuba umwimukira ahitwa Los Angeles

Ushinzwe itangazamakuru muri Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika Sean Spicer, kuwa Kabiri yavuze ko aya mabwiriza mashyashya atavuga ko hazirukanwa abantu benshi cyane, ko ahubwo yashyizweho kugirango byorohereze abashinzwe inzego zishinzwe gushyira mu bikorwa amategeko asanzwe yanditswe mu bitabo.

“Perezida yashakaga guha ububasha busesuye abashinzwe gushyira uyu mugambi mu bikorwa,” akaba ari ibyavuzwe na Bwana Spicer.

“Ubutumwa buturutse muri Perezidansi n’urwego rushinzwe umutekano mu gihugu nuko abo bantu bari mu gihugu, bashobora guhungabanya ituze ryacu, cyangwa se bakaba barakoze icyaha icyo aricyo cyose, nibo bazabimburira abandi kugenda.”

Itangazamakuru rikaba rivuga ko kubera uyu musako udasanzwe, uhiga bukware abimukira, byatumye benshi batinya gukingura.

Ese ni iki cyaba cyarahindutseho kuva ku gihe cya Obama?

Urwego rw’igihugu rushinzwe umutekano mu gihugu ntirwigeze ruhindura ibyari byarashyizweho mu gihe cya Obama, bijyanye no kudahungabanya abimukira binjiye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu buryo bunyuranije n’amategeko, nk’abana, bityo ibi bikaba bifite ingaruka ku nzirakarengane zigera ku bihumbi 750.000 bazwi nka “Dreamers”, ugenekereje mu Kinyarwanda ni abantu bari mu nzozi.

Ariko ibi byo byakabije, kuko birenga ku mabwiriza yari yarashyizweho n’ubutegetsi bucyuye igihe, kuko amabwiriza yavugaga ko abakoze ibyaha bikomeye cyane, birimo guhungabanya umutekano w’igihugu, cyangwa se abimukira babaga aribwo bakimara gukandigiza ikirenge muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aribo bagenda.

Ibi byose bizakenera amafaranga menshi cyane, ndetse n’abakozi, bityo ubutegetsi bwa Trump bukazasaba inteko ishinga amategeko kugirango hongerwe abandi bakozi, mu rwego rwo kugirango icyo cyibazo gikemuke. Akaba ari muri uru rwego abenegihugu basanzwe n ‘abasanzwe bashinzwe gushyira mu bikorwa iyi gahunda basabwe gusenyera umugozi umwe, kugirango iki gikorwa cyigende neza bafata ndetse no gufunga abimukira batagira ibyangombwa.

Ese ni iki gishyashya muri aya mabwiriza?

Aya mabwiriza yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Kabiri aha ububasha guhita basubiza abimukira iyo baturutse ako kanya bakimara kubafata.

Ku butegetsi bwa Obama, ibi byakorwaga gusa ku bantu batari bakarengeje iminsi 14 gusa, kandi bari ku burebure nibura bungana na mile 100, zinagana 160 km uvuye ku mupaka.

Muri aya mabwiriza mashyashya, abashinzwe kwirukana abimukira bafite ububasha bwo gusubizayo abimukira batagira ibyangombwa, abimukira bari barengeje imyaka ibiri baba muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.

Leta ikaba iteganya gutanga akazi ku bandi bakozi 10.000, naho urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rukaba rugiye guha akazi abantu 5000, kugirango aya mabwiriza ashobore gushyirwa mu bikorwa.

Ushinzwe umutekano wo mu gihugu,John Kelly, yanditse agira ati, : “Ukwiyongera kw’abimukira ku mupaka wo mu Majyepfo y’igihugu kwarenze ubushobozi bw’inzego zishinzwe imipaka n’amikoro, bityo bikaba bishyira mukaga umutekano wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.”

Iyi nyandiko ya Kelly irimo amabwiriza yo gukaza amategeko yari asanzwe agenga abimukira bajya muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, yo kwirukana ababa muri icyo gihugu nta byangombwa, babasubiza mu gihugu cya Mexico, hatitawe ku nkomoko yabo.

-5823.jpg

Ifoto igaragaza abashinzwe imipaka bafata umwimukira udafite ibyangombwa ku mupaka wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika hafi na Leta ya Texas

Ntibiramenyekana, niba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zifite ububasha bwo gutegeka igihugu cya Mexico kwemera abanyamahanga.

Aya mabwiriza aturuka he?

Ni ugushyira mu bikorwa itegeko rya Trump ryashyizweho umukono ku wa 25 Mutarama 2017, nyuma y’iminsi mike amaze kujya ku butegetsi.

Aya mabwiriza mashyashya ntiyigeze agaragaza aho amafaranga azubaka urukuta rwa Trump azaturuka, naho abimukira bazaba bamaze gufatwa bazajya bafungirwa.

Iyi nyandiko itanga amabwiriza yo gukoresha uburyo bwose buhari kwagura iyi gahunda, ari nako hongerwa ahazajya hafungirwa abafashwe batagira ibyangombwa, ariko wenda, inteko ishobora kongera amafaranga azakoreshwa muri iki gikorwa, kugirango hubakwe ahandi hazajya hafungirwa abimukira batagira ibyangombwa.

2017-02-22
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Dr Rudasingwa, reka gutoba amateka y’igihugu

Ubwanditsi 30 Sep 2016
Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Twagiramungu yavuze rupfu rwe, yikoma Ikinyamakuru Rushyahya

Ubwanditsi 02 Oct 2017
Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Abasirikari ba Uganda bari mu butumwa bw’amahoro muri Somaliya barashinjwa kwica abaturage

Ubwanditsi 13 Aug 2021
NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara  mu Rwanda kuri uyu wambere”

NTAGIHINDUKA : Padiri Thomas Nahimana “arasesekara mu Rwanda kuri uyu wambere”

Ubwanditsi 23 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe
Mu Mahanga

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018
Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania
INKURU NYAMUKURU

Aba FDLR bari kugenda bashira uruhongohongo, Gen. Sinayobye Barnabe Alias Morane yaburiwe irengero muri Tanzania

Ubwanditsi 01 Oct 2019
Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Abanyonzi batonze iperu basaba kwishyurwa amafaranga bemerewe ngo bitabire imyigaragambyo yabaye kuri uyu wa gatandatu

Ubwanditsi 26 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru