• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso
Uhuru Kenyatta na Odinga

Kenyatta azatangazwa ko yatsinze amatora Odinga asigare yimyiza imoso

Editorial 29 Oct 2017 Mu Mahanga

Muri Kenya bategereje yuko hatangazwa uwatsinze amatora ya Perezida wa Repubulika, ariko uyu ni umuhango gusa kuko uzayatsinda azwi yuko ari Uhuru Kenyatta wari usanzwe kuri uwo mwanya !

Ayo matora y’umukuru w’igihugu muri Kenya yabaye tariki 26/10/2017 yabanjirizwe n’impaka nyinshi ku buryo umwe mu bakandida Perezida bahabwaga amahirwe yo kuyatsindi yakuyemo kandidatire ye.

Raila Odinga uretse no gukuramo kandidatire yanahamagariye abayoboke b’ihuriro ry’imitwe ya politike ayoboye (NASA) kutazitabira ayo matora. Abo bayobozi ba NASA, Odinga na Kalonzo Musyoka bavugaga yuko nta matora yakorwa ngo agende neza mu gihe abayobozi ba komisiyo y’amatora (IEBC) bazaba badahinduwe ngo hashyirweho abandi. Ibyo ntabwo byakozwe, amatora aba IEBC ikiyobowe na Wafula Chebukati n’abakomiseri bari bayigize bagikomeje imirimo yabo.

Kuba Odinga na bagenzi be muri NASA barifuzaga yuko abari bagize komisiyo y’amatora bahindurwa mbere y’aya matora ya Perezida Kenya ivuyemo byari bifite ishingiro. Aya matora ya tariki 26 uku kwezi yaje akurikira ayabaye tariki 08/08/2017 aho komisiyo y’amatora yari yatangaje yuko Uhuru Kenyatta ariwe wari wayatsinze ariko urukiko rukuru rukabisesa, ruvuga yuko harimo uburiganya.

Niba rero mu matora ya mbere Chebukati na bagenzi be barayakozemo uburiganya cyangwa uburangare ntabwo ba Odinga bari kwizera yuko amakosa bakoze mbere batari kuyasubira amatora asubiwemo.

Ariko na none nta na gihamya yari ihari igaragaza yuko abo bari bakuriye IEBC batari gukora neza kurusha mbere kandi bo barageragezaga kubyemeza !

Gihamya ihari n’uko ibizaba byaravuye mu matora aherutse gukorwa bizatinda gutangazwa kurusha uko byagenze mu matora yayabanjirije. Muri ayo matora urukiko rwasheshe ibyayavuyemo, mu turere tw’amatora byabanzaga gukusanywa na IEBC ku rwego rw’igihugu Wafula Chebukati akayatangariza icyarimwe. Ubu ariko hazajya hatangazwa uko byavuye muri buri karere k’itora bihagaze mbere yo gutangaza icyarimwe mu rwego rwigihugu.

Ariko na none ntibihagije kuvuga yuko koko komisiyo y’amatora ya Kenya ubu yagombaga gukora neza kurusha mbere. Mbere gato yuko ayo matora ya Perezida asubirwamo umwe mu ba komiseri bagize IEBC, Roselyn Akombe, yatorotse igihugu ubu akaba abarizwa muri Amerika aho yatangarije yuko atari gushobora kuzakorana mu matoro n’ikigo kitashobora kuyayobora neza.

Ariko kugeza ubu nta muntu wavuga yuko aya matora yasubiwemo yaba yarakozwe nabi kuko mu mikorere yayo nta kubogamira ku ruhande runaka kuzaba kurimo. Odinga na NASA ye bayikuyemo, urubuga rwasigaranye Uhuru wa Jubilee gusa. Nubwo ku ikarita y’itora hariho n’abandi bakandida Perezida batandatu ariko Odinga yarabujije abantu be kujya mu matora, urubuga rwari rusigaranywe na Uhuru Kenyatta gusa.

Muri ayo matora yasubiwemo yitabiriwe n’abantu batagera kuri 45 % kandi ayubushize yaritabiriwe n’abasaga 80 %. Kuko Odinga yari yabujije abakunzi be kwitabira ayo matora kandi bakabyubahiriza, abayajemo ni aba Uhuru kandi akaba agomba kuzayatsinda akongera kuyobora Kenya muri manda ya kabiri.

Odinga rero agomba kuba yarabaze nabi. Nta kindi kirego azaba afite cy’uko amatora yakozwe nabi. Iby’uko yahisemo kubuza abantu be kuyitabira biramureba, ahubwo akaba yakurikirwa n’icyaha cyo kugumura abantu kwiyima uburenganzira bwabo bwo kwitabira amatora ! Amahirwe gusa afite n’uko nta mvururu nyinshi zayaranzwemo !

2017-10-29
Editorial

IZINDI NKURU

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Mugihe umubano wa Diamond na Zari uri kuyoyoka [ Shaddy boo yagaragaye mu birori by’isabukuru ya Diamond ]

Editorial 04 Oct 2017
Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Ferwafa yanze guhemba abakinnyi,abatoza,abafana,babaye indashyikirwa mu mwaka w’imikino 2015-2016

Editorial 08 Aug 2016
Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Mu karere ka Bugesera hafatiwe umugabo ucyekwaho kwiba moto

Editorial 01 Jul 2016
RDC: Abantu icyenda baguye mu mirwano yashojwe n’inyeshyamba z’abahutu

RDC: Abantu icyenda baguye mu mirwano yashojwe n’inyeshyamba z’abahutu

Editorial 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza
Mu Rwanda

Al Shabab ishobora kuba ikomeye kurusha uko Perezida Kenyatta atekereza

Editorial 21 Jan 2016
Gatsibo: Polisi yarashe  Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho  yarigiye  kumuta muri yombi
Mu Rwanda

Gatsibo: Polisi yarashe Umugabo agerageza kuyirwanya nyuma y’aho yarigiye kumuta muri yombi

Editorial 28 Jul 2017
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana
ITOHOZA

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Editorial 23 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru