• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Umunyapolitiki Tomas Nahimana amaze iminsi mu karere k’uburasirazuba bw’Afrika

Ubwanditsi 16 Jan 2016 Mu Rwanda

Nyuma yo gusura Igihugu cya Australia, ahitwa Sydney na Perth, umunyapolitiki Tomas Nahimana, aravugwa mu karere k’Uburasirazuba bw’Afrika, aho yaje gushaka amaboko azamufasha guhangana n’ubutegetsi bwa Kigali. Aya makuru avuga ko yahageze mbere gato y’uko umwaka wa 2015, urangira.

Amakuru aturuka mu bayoboke be, aravugako Tomas Nahimana yinjiriye Nairobi muri Kenya ajya Tanzania, aha muri Tanzania ngo yasuye umuryango wa nyakwigendera Mtikila Christopher waguye mu mpanuka yabereye mu gace kitwa Msolwa mu gitondo cyo ku cyumweru taliki ya 04 Ukwakira 2015 ,nkuko byatangajwe n’uhagarariye police mu ntara ya Pwani.

Mtikila yapfuye ava Morogoro ajya Dar es salaam mu modoka ari kumwe n’abandi bantu babiri ariko bo babashije kurokoka iyo mpanuka. Mtikila Christopher yari Perezida w’ Ishyaka Democratic Party (DP) rya opposition muri Tanzania akaba yari azwiho ubufatanye bukomeye na Padiri Nahimana Tomas ndetse na FDLR nkuko byemejwe n’Umuryango w’ Abibumbye ubwo watangazaga ko inzu ye yabaye indiri ikorerwamo inama z’ abayobozi n’ abakomando bakuru b’umutwe wa FDLR.

Tomas Nahimana agomba gusubira mu Burayi aho asanzwe atuye, akazaba ari munama ya Congre y’ishyaka rye Ishema Party izabera i Bruxelle mu Bubiligi tariki ya 15-17/1/2016, iyi Congre ikazaba itegura urugendo Nahimana Tomas azagirira mu Rwanda mu matariki 28 Mutarama 2016, aho azaba aje kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ya 2017.

Umunyapolitiki Tomas Nahimana akaba ahawe ikaze mu gihugu ke cyane ko u Rwanda ari Igihugu kirimo Demokarasi n’umutekano uhagije .

Abanyapolitiki batandukanye barimo Twagiramungu Faustin wa RDI-Rwanda Rwiza, Tomas Nahimana w’Ishema Party na Frank Habineza wa Green Party bakomeje imyiteguro yo kuziyamamariza kuyobora u Rwanda mu matora ya 2017, aho bazaba bahanganye n’umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame umaze gutangaza ko yemeye ubusabe bw’abaturage bifuje gukomezanya nawe nyuma ya 2017.

-1750.jpg

Padiri Tomas Nahimana

Iki nicyo kigaragaza ko Demokarasi mu Rwanda imaze kuba ubukombe mugihe amahanga akomeje gusebya u Rwanda ko nta Demokarasi ko ntaburenganzira bwa kiremwa muntu , ko nta Tangazamakuru nyamara mu Rwanda buri wese arishyira akizana, akavuga iki muri ku mutima.

Biragaragara ko aya matora ya 2017, azaba ashyushye kuko umukandida kuri uyu mwanya azaba arenze umwe, mugihe mubihe byashize umukandida kumwanya w’umukuru w’Igihugu yabaga ari umwe rukumbi, hagatorwa amabara icyatsi kibisi, umuhondo n’ikijuju.

Cyiza Davidson

2016-01-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Apr 2021

Imikino y’icyiciro cya kabiri irakomeza hakinwa umunsi wa kabiri mu guhatanira kuzamuka mu kiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 21 Sep 2021
Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Abandi basirikare 140 ba RDF boherejwe mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrique

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Umuhanzi Bruce Melodie yagize icyo avuga ku majwi ye yasohotse avuga ko yaba yarihenuye ku bahanzi bagenzi be barimo The Ben na Meddy ngo baba bariswe abanebwe

Ubwanditsi 24 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

Hakurikiyeho urugamba rwo gukomeza gusobanura ibyo dukora – Perezida Kagame

Ubwanditsi 03 Jul 2019
Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana
INKURU NYAMUKURU

Ikindi kimenyetso gihamya Kayumba Nyamwasa ibura rya Ben Rutabana

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda
Mu Mahanga

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru