• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo

Umutwe wihariye wa Polisi ushinzwe gutabara aho rukomeye wasoje imyitozo

Ubwanditsi 20 Feb 2016 Mu Mahanga

​Icyiciro cya 4 cy’umutwe wihariye wa Polisi y’u Rwanda, ushinzwe gutabara aho rukomeye, tariki ya 18 Gashyantare, wasoje imyitozo y’icyumweru kimwe, iyi myitozo ikaba yaraberaga mu kigo cya Polisi kigishirizwamo amasomo ajyanye no kurwanya iterabwoba, giherereye mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera.

Umuhango wo gusoza iyi myitozo y’uyu mutwe, wari witabiriwe, n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, Inspector General of Police (IGP) Emmanuel K. Gasana, ushinzwe ibikorwa bya Police, Deputy Inspector General of Police (DIGP) Dan Munyuza ndetse na DIGP Juvenal Marizamunda ushinzwe abakozi n’imiyoborere.
Iyi myitozo yari igamije, kongerera aba bapolisi ubumenyi mu bijyanye no kurinda no kubungabunga ituze ry’aho abantu benshi bateraniye, guhosha imyigaragambyo, uburyo bwo kurwanya iterabwoba ndetse n’ubumenyi butandukanye ku mikoreshereze y’intwaro.

​Mu ijambo yagejeje kuri aba bapolisi, nyuma yaho berekaniye ubumenyi butandukanye baherewe muri iki kigo, umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Gasana, yabibukije inshingano yabo, aha akaba yaragize ati, “ Akazi kanyu n’ak’agaciro kandi gafiye akamaro gakomeye abanyarwanda, niyo mpamvu mugomba guhora mwihugura, hagamijwe ko mugira ubumenyi bwisumbuye, kandi mugakorana umurava n’ubwitange.”

IGP Gasana yabwiye abasoje iyi myitozo kandi ko, Polisi y’u Rwanda yafashe ingamba yo gukomeza guha no kongerera abapolisi ubumenyi butandukanye bityo kugira ngo, babashe guhangana n’ibyaha biriho muri iki gihe bijyanye n’iterambere, ibi kandi bakabikora kinyamwuga.

Umukuru wa Polisi y’u Rwanda yakomeje agira ati, “Mugomba buri gihe kurangwa na disipuline, kuko disipuline ari ngombwa kugira ngo ibikorwa bitandukanye bya Polisi bibashe kugerwaho. Mwaba muri mu kazi cyangwa muri mu karuhuko, mugomba guhora murangwa na disipuline yo ku rwego rwo hejuru, kandi mukanazirikana ko aho muri muhagarariye urwego rwa leta.” Yakomeje ababwira kandi ko, guca ukubiri n’aya mabwiriza bisobanura kugambanira indangagaciro za Polisi y’u Rwanda ndetse n’abaturarwanda muri rusange

​Uyu muhango waranzwe kandi no kwerekana ubumenyi butandukanye ku ba polisi basoje iyi myitozo, ubumenyi bwerekanywe burimo gukoresha ibikoresho bidasanzwe mu kurwanya umwanzi ndetse n’imikoreshereze ihambaye ku ntwaro n’ibindi bikoresho.

Umuyobozi w’iki kigo, Assistant Commissioner of Police (ACP) William Kayitare, yashimye imyitwarire myiza yaranze abapolisi mu gihe bamaze muri iki kigo bahabwa ubumenyi, akaba yarakomeje avuga ko, Polisi y’u Rwanda izakomeza gutegura bene iyi myitozo hagamijwe ko, abapolisi bakomeza kongererwa ubumenyi bubafasha kuzuza neza inshingano zabo zo kubungabunga umutekano.

Iyi myitozo, ibaye mugihe hari indi myinshi yayibanjirije, ikaba itegurwa hagamijwe kongerera abapolisi ubumenyi bityo kugira ngo bahore biteguye kugira ngo babashe guhangana n’ibyaha bitandukanye.

-2192.jpg

-2193.jpg

-2194.jpg

RNP

2016-02-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bite by’u Rwanda ku kwiyunga kuri Uganda na Tanzania mu kwakira CHAN 2025 – Kenya mu mibare igoye yo kwakira

Ubwanditsi 11 Dec 2024
Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025
PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

PL irizihiza imyaka 25 igihanganye n’urukuta rwa Mitali

Ubwanditsi 09 Jun 2016
Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Imyitwarire ya Perezida Cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo mu kibazo cya Kongo, ihabanye n’amateka y’irondabwoko yazahaje igihugu cye

Ubwanditsi 29 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko
Amakuru

Ingimbi n’Abangavu 30 bahize abandi mu gikorwa cyogushaka impano zizaserukira u Rwanda mu mikino Olempikey’Urubyiruko

Ubwanditsi 12 Dec 2022
Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga
ITOHOZA

Umudipolomate w’u Burundi na RNC bashyizwe mu majwi mu rupfu rwa Louis Baziga

Ubwanditsi 29 Aug 2019
Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda
Mu Mahanga

Kongere ya Amerika yatesheje agaciro ibirego Himbara na Major Higiro barega u Rwanda

Ubwanditsi 04 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru