• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Uzayobora FIFA aramenyekana uyu munsi

Ubwanditsi 26 Feb 2016 IMIKINO

Ishyiraramwe ry’umupira w’amaguru ku Isi, FIFA rirabona umuyobozi mushya kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Gashyantare 2016 mu matora ari bubere i Zurich mu Busuwisi.

Muri aya matora, u Rwanda ruhagarariwe na Nzamwita Vincent De Gaulle, aho abahatanira gusimbura Sepp Blatter ari Gianni Infantino, Sheikh Salman bin Ebrahim Al Khalifa, Tokyo Sexwale, Jerome Champagne na Prince Ali Bin Al Hussein.

-2284.jpg

Aba bose haratorwamo umwe

Infantino ushyigikiwe n’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi (UAFA) na Sheikh Salman bin Ebrahim Al Khalifa ushyigikiwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ni bo bahabwa amahirwe menshi yo gutorerwa uyu mwanya wari ufitwe na Sepp Blatter mu myaka 18 ishize.

Amashyirahamwe y’umupira w’amaguru mu bihugu bya Kuwait na Indonesia ntari mu biguhu 207 byemerewe guhagararirwa muri ayo matora kubera ibihano yafatiwe.

Mbere y’igikorwa nyir’izina cyo guhitamo umuyobozi mushya wa FIFA, Issa Hayatou wayiyoboraga by’agateganyo yasabye abari bwitabire aya motora guhitamo uwo babona uzazana impinduka ndetse akongera kugarura isura nziza y’uru rwego rwatakarijwe icyizere na benshi nyuma yo kuvugwamo ibyaha bya ruswa yo ku rwego rwo hejuru.

Yagize ati “Isi yose iduhanze amaso muri iki cyumweru nyuma ya kimwe mu bihe bikomeye mu mateka. Kwemeza impinduka, bizatanga ubutumwa bukomeye ko twumvise kandi turi gukora ibishoboka byose kugira ngo twigarurire icyizere ndetse duhindure imikorere yacu.”

Amatora y’umuyobozi wa FIFA yaherukaga kuba muri Gicurasi umwaka ushize, Sepp Blatter wageze muri iri shyirahamwe mu mwaka wa 1975, akaribera perezida kuva mu 1998 niwe wari watorewe kongera kuriyobora muri manda ya gatanu atsinze Umufaransa Jerome Champagne, Prince Ali Bin Al Hussein, Umudage Michael Van Praag, Luis Figo na David Ginola.

Kubera ibyaha bya ruswa byavuzwe muri iri shyirahamwe byanatumye bamwe mu bayobozi baryo batabwa muri yombi n’ubutabera, Blatter yeguye nyuma y’amezi atatu gusa atowe ahita anahagarikwa mu bikorwa byose bya ruhago mu gihe cy’imyaka itandatu we na Michel Platini wayoboraga UAFA.

M.Fils

2016-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Patriots BBC na REG BBC mu bagabo na The Hoops Rwanda na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa BK Basketball National League 2020/2021

Ubwanditsi 19 Oct 2021
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Ubwanditsi 02 May 2021
Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Croatia yasezereye u Burusiya isanga u Bwongereza muri ½

Ubwanditsi 09 Jul 2018
Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Areruya Joseph na Ingabire Diane begukanye isiganwa ryo Gukunda Igihugu ryazengurukaga Kimihurura ndetse na Remera

Ubwanditsi 31 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016
Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022
Amakuru

Intare FA irakira ikipe ya Heroes Fc mu mukino w’umunsi wa gatatu wo guhatanira gukina icyiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 24 Sep 2021
Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia
IMIKINO

Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia

Ubwanditsi 07 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru