• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma

Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma

Editorial 29 Feb 2016 IMIKINO

Iri tsinda riri mu matsinda akomeye muri muzika mu Rwanda riravuga ko mu gihe cyose mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star haba hari impinduka zirimo mu bihembo batanga bazagarukamo. Iri tsinda rikaba ryarivanye muri iri rushanwa kuva mu myaka ibiri ishize.

-2324.jpg

Irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star rimaze kuba inshuro eshanu, riteza imbere abahanzi b’abanyarwanda, ritegurwa n’uruganda rwa BRALIRWA ku bufatanye na East African Promotors.

Buri muhanzi mu Rwanda ni inzozi kuba yajya muri iri rushanwa. Urban Boys yo kuva ryatangira mu 2011 rikegukanwa na Tom Close bari baririmo.

Mu 2012 ubwo ryegukanwaga na King James nabwo Urban Boys yararyitabiriye, ndetse no kunshuro ya gatatu ryegukanwa na Riderman barimo.

Mu nshuro zindi ebyiri zabaye nyuma iri tsinda ryanze kwitabira iri rushanwa kubera umubare w’amafaranga bise macye bahabwaga nk’itsinda ry’abantu batatu. Kuko bavugaga ko umwe umwe nta kintu abonaho.

Aba bahanzi bavuga ko niba ubu hari impinduka zizabaho kuri ayo mafaranga bazaryitabira.

Safi Madiba umwe mu bagize iryo tsinda, yatangarije Umuseke ko muri iri rushanwa amafaranga abahanzi bahembwa ku kwezi atari macye ku muhanzi umwe, ariko ku itsinda ngo aba macye.

Ati “Erega ariya mafaranga ni menshi ari ukuririmba gusa nta rushanwa ririmo. Ariko ikibazo ni uko bitubarisha nabi.

Igihe cyose twatorwa twajya mu irushanwa. Ariko mu gihe imbogamizi twatanze zo kujyamo zidakemutse n’ubundi irushanwa ntitwaryitabira”.

Umuseke wagerageje kubaza uruhande rwa East African Promoters niba hari impinduka zihari mu guhemba abahanzi bazitabira irushanwa nk’uko byifuzwa na Urban Boys, ariko kugeza ubu ntabwo birashoboka.

Bimaze iminsi bivugwa ko mu minsi ya vuba Abanyamakuru, aba DJ n’abateza imbere muzika (Music Producers ) bashobora gutoranya abahanzi 10 bazitabira iri rushanwa ku nshuro yaryo ya gatandatu.

M.Fils

2016-02-29
Editorial

IZINDI NKURU

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Europa League: Arsenal na Chelsea mu makipe umunani yageze muri ¼

Editorial 15 Mar 2019
Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere

Editorial 29 Jul 2025
Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Abanya-Kenya na Ethiopia bihariye ibihembo by’irushanwa rya Kigali International Peace Marathon 2023

Editorial 11 Jun 2023
AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu

AMAFOTO: Ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatangiye imyitozo n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu

Editorial 09 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017
UBUKUNGU

Inyungu ya BK Group PLC yageze kuri miliyari 23 Frw mu 2017

Editorial 24 Mar 2018
Kigali Integrated College  K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )
ITOHOZA

Kigali Integrated College K.I.C yafunguye imiryango ( AMAFOTO )

Editorial 06 Oct 2016
RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo
POLITIKI

RGB yasabye abanyamadini kwinjiza gahunda ya ‘Nk’uwikorera’ mu bikorwa byabo

Editorial 23 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru