• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Umubikira w’i Kabgayi na mugenzi we w’i Janja biciwe muri Yemen

Ubwanditsi 06 Mar 2016 ITOHOZA

Musenyeri Smaragde Mbonyintege uyobora Diyosezi ya Kabgayi, aravuga ko Kiliziya Gatukila mu Rwanda yababajwe cyane n’ababikira bayo biciwe muri Yemen kuri uyu wa Gatanu.

“Umwe ni uwo mu Ruhengeli muri Janja undi ni uwa hano i Kabgayi ku Kivumu” nk’uko Msgr Mbonyintege abitangaza. Bari bamaze imyaka igera ku 10 muri iki gihugu cyo ku mugabane wa Aziya.

Uw’i Kabgayi yitwa Mukashema Marguerite, ariko uw’i Janja we ntiturabasha kumenya amazina ye. Biciwe mu kigo babagamo cyashinzwe n’uwihayimana uzwi muri Kiliziya Gatulika nka Maman Therese.

Msgr Mbonyintege ntashidikanya ko ababagabyeho igitero ari abayisilamu bo mu mutwe wa Islamic State. Muri rusange hishwe abantu 16 barimo ababikira bane barimo abanyarwanda 2.

“Hapfuye n’abakozi bakoraga mu rugo rwabo n’abana b’imfubyi, bishemo abantu 10 bicamo n’umukorerabushake wavuye i Burayi na we wahakoraga, bica n’abasirikari babiri babarindaga,” nk’uko Umuyobozi wa Diyosezi ya Kabgayi abisobanura.

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Papa Francis, yamaganye ubu bwicanyi anihanganisha imiryango ya ba nyakwigendera, nk’uko byatangajwe n’igitangazamakuru cya Al Jazeera.

Amakuru dukesha Izuba Rirashe, avuga ko Musenyeri Mbonyintege yatangaje ko aba banyarwandakazi bakagombye kuba baragarutse mu Rwanda ariko banga gusiga imbabare babanaga na zo.

Yagize ati “Bari babizi ko bari ahantu habi. Hari uwaherukaga kuvugana na bene wabo arababwira ati ‘aha turi ni habi ariko ntabwo dushobora gusiga abana n’abarwayi ngo tugende, ntabwo bishoboka, baje barabica.”

Bitewe n’uko aba babikira bari abamisiyoneri ntabwo imirambo yabo izazanwa mu Rwanda, ahubwo bazashyingurwa iyo mu mahanga.

-2368.jpg

Ababikira b’aba- Calcutta

Msgr Mbonyintege avuga ko aba babikira bafashwe na kiliziya gatolika nk’abahowe Imana 100%. Ati “Ubwo rero tuzagera igihe dukora imihango yo kubasabira no kubibwira abakilisitu kugira ngo babimenye, bamenye ko babyaye aba martyrs.”

Yunzemo ati “Ni ikibazo kibabaje, ariko ku ruhande rumwe tubafata nk’intwari; kwiyemeza gukora ahantu hameze gutyo, ubundi bashoboraga kuvayo bakigendera ariko kubera ubutumwa bagumyeyo.”

Abagabye igitero baje bavuga ko baje gusura nyina, bageze mu nyubako imbere bafata abari mu nyubako bidatinze babarasa amasasu mu mitwe, nk’uko bitangazwa n’abarusimbutse.

2016-03-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ari u Rwanda, ari na Kongo, ninde ukwiye guhanirwa ibibazo Kongo ubwayo yikururiye?

Ubwanditsi 06 Jul 2023
Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Musanze: Abasore babiri babanaga mu nzu bishwe n’abataramenyekana

Ubwanditsi 08 Dec 2016
“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

“Nta mahoro ashoboka muri Kongo, igihe cyose hari Abakongomani bagifatwa nk’Abanyamahanga mu gihugu cyabo”. – Thabo Mbeki.

Ubwanditsi 16 Mar 2024
Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside  ni muntu ki?

Placide Kayumba umwe mu nkingi ya mwamba za Jambo Asbl izwiho gupfobya Jenoside ni muntu ki?

Ubwanditsi 14 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ITANGAZO
Mu Mahanga

ITANGAZO

Ubwanditsi 31 May 2016
Umuhanuzi Valens wa “Solution Center Celebration Church ” arabohora, akirukana amadayimoni
Amakuru

Umuhanuzi Valens wa “Solution Center Celebration Church ” arabohora, akirukana amadayimoni

Ubwanditsi 26 Jul 2016
Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru
INKURU NYAMUKURU

Polisi y’ u Rwanda yifurije ishya n’ihirwe Abofisiye bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 15 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru