• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ntibantunganya aravuga ukuri Nkurunziza aribeshya azashyikirana na buri wese

Ubwanditsi 10 Mar 2016 Mu Rwanda

Uwabaye Perezida mu Burundi nyuma y’urupfu rwa Cyprien Ntaryamira muri Mata 1994, Syvestre Ntibantungany, avuga yuko Perezida Petero Nkurunziza arushywa n’ubusa agomba kuzashyikirana na buri wese urwanya ubutegetsi bwe.

Ibi Ntibantunganya yabivuze muri iki gitondo, tariki 07/03/2016, kuri VOA aho yanavuze yuko afitiye icyizere Benjamin Mkapa kuba umuhuza mu bibazo by’Abarundi yunganira Perezida Kaguta Museveni wa Uganda benshi babona yuko ibyo by’ubuhuza atari abifitiye umwanya uhagije !

Mkapa niwe wari Perezida wa Tanzania igihe hasinywaga amasezerano ya Arusha ari nayo yatumye Nkurunziza ajya ku butegetsi muri 2005. Ntibantunganya akavuga yuko muri ubwo buhuza Perezida Mkapa azaba akora ibintu azi koko yikurikiraniye iby’ayo masezerano ya Arusha.

-2400.jpg

Benjamin Mkapa wabaye Perezida wa Tanzania niwe muhuza mushya ku bibazo by’Abarundi

Ayo masezerano y’amahoro ya Arusha yagaruye amahoro mu Burundi, ayo mahoro aza kubura muri Mata umwaka ushize Nkurunziza atangaje yuko azongera kwiyamamariza umwanya wa Perezida wa Repubulika kandi yari arangije manda ebyiri ayo masezerano ya Arusha ateganya yuko ari ntarengwa.

Aho ubutegetsi mu burundi buhagaze kuwo buzashyikirana nabo hakomeje gutera urujijo. Mbere Bujumbura yari yaranangiye imishyikirano igomba kuzabera imbere mu gihugu kandi ngo abataragize uruhare mu mvururu za komeje kuranga u Burundi muri uyu mwaka ushize bakaba aribo gusa bazemererwa kuyijyamo.

Ubundi Bujumbura ikavuga yuko naho iyo mishyikirano yabera hanze y’igihugu ariko abagize uruhare muri ya kudeta yapfubye naho bateka ibuye rigashya batakwemerwa kuyijyamo.

-2399.jpg

Ntibantunganya Sylivestre na Perezida Nkurunziza

Hakaba n’ubwo ubwo butegetsi butangaza yuko noneneho buri wese ashobora kuyijyamo bwacya bukongera bukanangira busubiza hahandi yuko abashatse gukora kudeta cyangwa abayishimiye badashobora kwemererwa kuyijyamo !

Uko kwitwara gutyo kw’abategetsi mu Burundi kugenda bahinduranya amagambo ku bijyanye n’abazemererwa kujya muri iyo mishyikirano nibyo bituma Ntibantunganya avuga yuko Nkurunziza yibeshya agomba kuzashyikirana na buri wese urwanya ubutegetsi bwe. Ibi bisa Nk’ibyo Domicien Ndayizeye nawe yigeze gutangariza kuri iyo radio y’Abanyamerika yuko n’ubusanzwe hadashyikirana abakundana, ngo hashyikirana bafite ibyo bapfa.

Ndayizeye yayoboye u Burundi mu inzibacyuho ya kabiri akaba ariwe wahererekanyije ubutegetsi na Nkurunziza muri 2005. Nk’uko Amasezerano ya Arusha yabiteganyaga inzibacyuho ya mbere yagombaga kuyoborwa n’umututsi ihabwa Petero Buyoya n’aho iya kabiri ikayoborwa n’umuhutu, niko kuyiha Ndayizeye.

Nk’uko Ntibantunganya abivuga Nkurunziza yabishaka cyangwa atabishaka iyo mishyikirano izaba kandi ihuze bose, barimo n’abo avuga yuko bari mu mugambi wo guhirika ubutegetsi.

-85.png

Pierre Buyoya na Ntibantunganya Sylvestre

Ibi Nkurunziza ntabwo azabikora ku bushake bwe ahubwo kubera igitutu cy’amahanga nk’uko ahanini ari nacyo cyatumye na Buyoya yemera kujya muri iyo mishyikirano ya Arusha, yasize imukuye ku butegetsi !

Kayumba Casmiry

2016-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) batangiye urugendoshuri

Abapolisi biga iby’ubuyobozi mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda (NPC) batangiye urugendoshuri

Ubwanditsi 08 May 2018
Impaka za ngo ‘Turwane ‘  hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 

APR FC yafashe umwanya wa mbere itsinze Bugesera FC, Rayon yatakaje uyu mwanya nyuma yo kunganya na Marines FC 

Ubwanditsi 05 Apr 2025
Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ibitekerezo bya Ange Kagame ku ruhare rw’urubyiruko mu guhashya icyorezo cya Sida

Ubwanditsi 13 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri
Amakuru

Umutekano mu Burundi, Perezida Ndayishimiye yagiye gupfundikira iby’abandi ibye bita imitemeri

Ubwanditsi 26 Feb 2024
Umutoza w’Amavubi  amaze kwirukanwa (yavuguruwe)
IMIKINO

Umutoza w’Amavubi amaze kwirukanwa (yavuguruwe)

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside
HIRYA NO HINO

Kwibuka24: Kwetu Film Institute izerekana filime zivuga amateka ya Jenoside

Ubwanditsi 09 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru