• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.

Abanyerondo bo mu karere ka Kicukiro baburijemo umugambi wo kwiba.

Ubwanditsi 10 Mar 2016 Mu Mahanga

Abakora irondo bo mu murenge wa Masaka, umudugudu wa Gako mu karere ka Kicukiro baraye baburijemo umugambi w’abajura bashakaga kwiba mu iduka ryo mu mudugudu wa Bamporeze.

Nk’uko bitangazwa na Polisi yo mu karere ka Kicukoro, uwitwa Camarade Niyigena w’imyaka 30 na Faustin Kubwimana w’imyaka 29 bafashwe n’irondo kuri uyu wa gatatu mu masaha ya saa saba na mirongo ine z’ijoro (1:40), ubwo bageragezaga gutobora iduka ngo bibe, irondo ribagwa gitumo batarasoza umugambi wabo.

Aba banyerondo bakaba bahise bahamagara Polisi, ubu bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Masaka.

Ushinzwe ubugenzacyaha akaba n’Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Richard Iyamuremye, yavuze ko iki ari igikorwa cyiza kigaragaza ubufatanye hagati ya Polisi n’abaturage muri rusange, hamwe n’abanyerondo by’umwihariko mu gukumira no kurwanya ibyaha.

Yavuze ko ibikorwa nk’ibi byo gupfumura amazu byajyaga bibaho cyane mu mazu y’ubucuruzi ariko ko bagiye gukaza amarondo no gufatanya n’inzego zitandukanye zaba iz’ishinzwe umutekano cyangwa iz’ibanze.

Aha akaba yongeyeho ko ibyuma by’ikoranabuhanga na za Televiziyo aribyo bikunze kwibwa abajura bamennye cyangwa batoboye amazu, akaba asaba abaturage kujya babika neza impapuro baguriyeho ibikoresho byabo kandi bagashyiraho ibimenyetso kugira ngo mu gihe Polisi yafashe ibintu byabo babashe kubimenya.

Yongeye kwibutsa ko Polisi ikorera mu mujyi wa Kigali yafashe televiziyo zigera ku 100 na mudasobwa 100 mu mikwabu yakozwe itandukanye ariko ba nyirazo bakaba bataraza kuzifata.

Yavuze ko ibyuma byafashwe byose mu mujyi wa Kigali biri kuri Kigali Metropolitan Police i Remera, akaba asaba abibwe bose ko baza kureba ko harimo ibintu byabo ariko bitwaje inyemezabuguzi nk’ikimenyetso kigaragaza ko mu by’ukuri ari ibyabo.

RNP

2016-03-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Kuri Tshisekedi amahoro ni amagambo gusa atagira ibikorwa

Ubwanditsi 10 Oct 2025
Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”

Ubwanditsi 24 Jun 2025
Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica abo bahoranye muri wa mutwe we w’iterabwoba wa RNC, bakaza kumutera umugongo kubera ubuhemu bwe

Ubwanditsi 29 Sep 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda
ITOHOZA

Perezida Uhuru Kenyatta yasesekaye mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Mar 2019
Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi
Mu Rwanda

Ukuri ku rupfu rw’umusirikare waguye mu biro by’iperereza mu Burundi

Ubwanditsi 19 Sep 2016
Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi
Mu Rwanda

Nta masomo mukeneye mu kwibungabungira umutekano, ni ukwibukiranya -Guverineri Gatabazi

Ubwanditsi 12 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru