• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016 Mu Mahanga

Kuwa Gatatu, tariki ya 27 Mata 2016, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Inama y’Abaminisitiri yihanganishije Imiryango y’Ababuze Ababo kubera ibiza byatewe n’imvura nyinshi kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2016, ishima abagize uruhare bose mu bikorwa byo gutabara abo byagizeho ingaruka.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 29 Werurwe 2016, imaze kuyikorera ubugororangingo.

2. Inama y’Abaminisitiri yegejejweho aho imyiteguro yo kwakira Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu bw’Ibihugu bya Afurika n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe igeze.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Inyandiko ya Gahunda y’Ingengo y’Imari y’Igihe giciriritse (Budget Framework Paper) 2016/2017-2018/2019.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje ingamba na gahunda y’ibikobwa byo kuvugurura Urwego rw’inganda zitunganya imyenda, impu n’ibizikomokaho.

5. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho Raporo ku ishyirwaho ry’Ibyiciro by’Ubudehe bigaragaza imibereho y’Abanyarwanda, irayemeza.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje ingamba zo gukwirakwiza ingufu z’amashanyarazi mu duce tw’icyaro.

7. Inama y’Abaminisitiri yemereye amasosiyete 34 mashya impushya zo gucukura mine na kariyeri mu Rwanda zasabwe mu kwezi k’Ukwakira n’Ugushyingo 2015.

8. Inama y’Abaminisitiri yemeje Politiki y’Ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga mu Burezi n’Ingamba zo kuyishyira mu bikorwa.

9. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

Umushinga w’Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko Nº 37/2012 ryo ku wa 9/11/2012 rishyiraho umusoro ku nyongeragaciro nk’uko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu;

Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, kuwa 06 Mata 2016, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), yerekeranye n’inguzanyo ingana na Miliyoni Mirongo Itandatu n’Umunani n’Ibihumbi Magana Cyenda z’Amadetesi (68.900.000 DTS), agenewe Umushinga w’Iterambere ry’Imijyi;

Umushinga w’Itegeko Ngenga rikuraho Itegeko Ngenga no 02/2010/OL ryo ku wa 09/06/2010 rigena imiterere, ifasi, ububasha n’imikorere bya Komite y’Abunzi nk’uko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu;

Umushinga w’Itegeko rigena imiterere, ifasi, ububasha n’imikorere bya Komite y’Abunzi;

Umushinga w’Itegeko rishyiraho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Iyoherezwa mu mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB) rikanagena inshingano, imiterere n’imikorere byacyo.

10.Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Perezida rishyiraho iminsi y’ikiruhuko rusange, ku minsi yari isanzweho hiyongeraho ku wa Mbere wa Pasika;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana MWITABANGOMA Yvan, wari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ICT & Outreach (Joint service) mu Nteko Ishinga Amategeko, guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Dr. GASANA Michel, wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Indwara z’Igituntu n’Izindi ndwara zandura zifata imyanya y’Ubuhumekero/Tuberculosis and other Respiratory Communicable Diseases Division Manager mu Kigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Madamu Loyce K. BAMWINE, wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe ubushakashatsi n’ivugururwa ry’amategeko/Legal Research and Reform Division Manager muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe risezerera burundu ku bushake bwe mu bakozi ba Leta Bwana Niyonsenga David, wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Guteza imbere Imijyi, Gutuza abantu no Guteza imbere imyubakire/Urbanization, Human Settlement & Housing Development Division Manager muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA).

11.Inama y’Abaminisitiri yemeje ko aba bakurikira bahagararira Ibihugu byabo mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi:

1. Bwana YOUSSEF IMANI, w’Ubwami bwa Morocco, afite icyicaro i Kigali, mu Rwanda.

2. Bwana MICHEL XAVIER BIANG, wa Repubulika ya Gabon, afite icyicaro i Kinshasa, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC).

3. Bwana NKWAME ASAMOAH TENKORANG, wa Repubulika ya Ghana, afite icyicaro i Nairobi, muri Kenya.

4. Madamu THERESIA SAMARIA, wa Repubulika ya Namibia, afite icyicaro i Dar Es Salaam, muri Tanzania.

12.Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi ku buryo bukurikira:

Muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango/MIGEPROF

Madamu UMUTONI GATSINZI Nadine, Umunyamabanga Uhoraho/Permanent Secretary.

Mu Nama y’Igihugu y’Abagore/NWC

Madamu KAMANZI Jackline, Umunyamabanga Nshingwabikorwa/Executive Secretary

Muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu/MINALOC

Bwana NINGABIRE Yves Bernard, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Igenamigambi, Ikurikirana n’Isuzuma bikorwa/Director General for Planning, Monitoring and Evaluation

Bwana BAHAME Hassan, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Amajyambere Rusange n’Imibereho Myiza y’Abaturage/Director General for Community Development and Social Affairs

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisiviri/RCAA

Maj. NZARAMBA Pascal, Umuyobozi ushinzwe imirimo ku Bibuga
by’Indege/Director of Airports Operations

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere/RGB

Bwana KANGWAGYE Justus, Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe kwegereza Abaturage Ubuyobozi/Head of Decentralisation Department

Bwana KALISA Edward, Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Imirimo rusange/Head of Corporate Services Division

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda/NISR

Bwana HABARUGIRA Vénant, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ibarura rusange/Director of Census Unit.

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe gutunganya Amasoko ya Leta/RPPA

Bwana SIBOMANA Pierre Célestin, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kongerera abakozi ubushobozi/Director of Capacity Development Unit.

13. Mu Bindi

a) Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko buri mwaka, Umunsi Mpuzamahanga wahariwe umwana w’umukobwa mu Ikoranabuhanga wizihizwa tariki ya 23 Mata. Mu Rwanda, uwo munsi uzizihizwa tariki ya 30 Mata 2016 ku nsanganyamatsiko igira iti, “Twagure amarembo, duhindure imyumvire”. Mu rwego rwo kwizihiza uwo munsi, hateguwe ibikorwa bitandukanye birimo irushanwa rya Miss Geek Rwanda, rizahuza abakobwa bo muri Kaminuza n’Amashuri Makuru, abiga mu Mashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro (TVET) no mu Mashuri yisumbuye. Uyu muhango uzabera i Kigali, muri Serena Hoteli, aho imishinga 5 ya mbere izatoranywamo uw’indashyikirwa. Iki gikorwa kiri muri gahunda y’ubukangurambaga bwo guteza imbere uburinganire HeforShe.

b) Minisitiri ushinzwe Imicungire y‘Ibiza no Gucyura Impunzi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2016, ibiza bitewe n’imvura nyinshi byahitanye ubuzima bw’abantu, abandi barakomereka, ibikorwa remezo n’indi mitungo irangirika. MIDIMAR, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye bashoboye gutabara ababaga bugarijwe n’ibyo biza bakabagezaho ubufasha burimo ibiribwa n’ibindi byangombwa bikenewe mu gihe kitarenze amasaha
24. Hashyizweho kandi Komite ku rwego rw’Igihugu izashyiraho ingamba zifatika zigamije guhangana n’ingaruka z’ibiza mu Rwanda.

c) Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibyagezweho muri Gahunda y’Ubukangurambaga bwo guteza imbere uburinganire HeforShe, asaba ko umubare w’abashyigikiye HeforShe mu Rwanda wiyongera vuba bakabigaragaza babinyujije kuri interineti; anerekana ibigikenewe gushyirwamo ingufu mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ingamba zemejwe muri iyi gahunda, zirimo:

Gushyiraho mu Nzego za Leta gahunda z’ibikorwa zifatika ku rwego rw’Igihugu, cyane cyane mu bijyanye n’ubumenyingiro (TVET) n’Ikoranabuhanga (ICT);

Gushyira mu mihigo y’Inzego za Leta n’Iz’Abikorera gahunda z’ibikorwa zifatika zo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana mu buryo bwose rigaragaramo no ;

Gusakaza ibikorwa bigamije kumenyekanisha ubukangurambaga bwo guteza imbere uburinganire HeforShe, cyane cyane ku bakozi b’abagabo bakorera mu Bigo bitandukanye kugira ngo binjire muri ubwo bukangurambaga bakoresheje interineti.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Stella Ford MUGABO

Ministiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2016-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Ubwanditsi 19 Mar 2022
Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Abayoboke b’idini ya Isilamu bo mu karere ka Ruhango bakanguriwe kugira uruhare mu kubumbatira umutekano

Ubwanditsi 17 May 2016
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Ubwanditsi 09 May 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?
Amakuru

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Ubwanditsi 14 Dec 2024
Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg
IMIKINO

Arsenal yabonye intsinzi ya mbere itozwa na Freddie Ljungberg

Ubwanditsi 10 Dec 2019
Igitekerezo cy’Umusomyi  Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio
POLITIKI

Igitekerezo cy’Umusomyi Mutezintare Jean-Michel , Cleveland-Ohio

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru