• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuwa Gatatu tariki ya 27/04/2016

Ubwanditsi 28 Apr 2016 Mu Mahanga

Kuwa Gatatu, tariki ya 27 Mata 2016, Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro, iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika, Paul KAGAME.

Inama y’Abaminisitiri yihanganishije Imiryango y’Ababuze Ababo kubera ibiza byatewe n’imvura nyinshi kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2016, ishima abagize uruhare bose mu bikorwa byo gutabara abo byagizeho ingaruka.

1. Inama y’Abaminisitiri yemeje imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 29 Werurwe 2016, imaze kuyikorera ubugororangingo.

2. Inama y’Abaminisitiri yegejejweho aho imyiteguro yo kwakira Inama Mpuzamahanga yiga ku Bukungu bw’Ibihugu bya Afurika n’Inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe igeze.

3. Inama y’Abaminisitiri yemeje Inyandiko ya Gahunda y’Ingengo y’Imari y’Igihe giciriritse (Budget Framework Paper) 2016/2017-2018/2019.

4. Inama y’Abaminisitiri yemeje ingamba na gahunda y’ibikobwa byo kuvugurura Urwego rw’inganda zitunganya imyenda, impu n’ibizikomokaho.

5. Inama y’Abaminisitiri yagejejweho Raporo ku ishyirwaho ry’Ibyiciro by’Ubudehe bigaragaza imibereho y’Abanyarwanda, irayemeza.

6. Inama y’Abaminisitiri yemeje ingamba zo gukwirakwiza ingufu z’amashanyarazi mu duce tw’icyaro.

7. Inama y’Abaminisitiri yemereye amasosiyete 34 mashya impushya zo gucukura mine na kariyeri mu Rwanda zasabwe mu kwezi k’Ukwakira n’Ugushyingo 2015.

8. Inama y’Abaminisitiri yemeje Politiki y’Ikoreshwa ry’Ikoranabuhanga mu Burezi n’Ingamba zo kuyishyira mu bikorwa.

9. Inama y’Abaminisitiri yemeje Imishinga y’Amategeko ikurikira:

Umushinga w’Itegeko rihindura kandi ryuzuza Itegeko Nº 37/2012 ryo ku wa 9/11/2012 rishyiraho umusoro ku nyongeragaciro nk’uko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu;

Umushinga w’Itegeko ryemera kwemeza burundu Amasezerano y’inguzanyo yashyiriweho umukono i Kigali, mu Rwanda, kuwa 06 Mata 2016, hagati ya Repubulika y’u Rwanda n’Ikigega Mpuzamahanga Gitsura Amajyambere (IDA), yerekeranye n’inguzanyo ingana na Miliyoni Mirongo Itandatu n’Umunani n’Ibihumbi Magana Cyenda z’Amadetesi (68.900.000 DTS), agenewe Umushinga w’Iterambere ry’Imijyi;

Umushinga w’Itegeko Ngenga rikuraho Itegeko Ngenga no 02/2010/OL ryo ku wa 09/06/2010 rigena imiterere, ifasi, ububasha n’imikorere bya Komite y’Abunzi nk’uko ryahinduwe kandi ryujujwe kugeza ubu;

Umushinga w’Itegeko rigena imiterere, ifasi, ububasha n’imikorere bya Komite y’Abunzi;

Umushinga w’Itegeko rishyiraho Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Iyoherezwa mu mahanga ry’Ibikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB) rikanagena inshingano, imiterere n’imikorere byacyo.

10.Inama y’Abaminisitiri yemeje Amateka akurikira:

Iteka rya Perezida rishyiraho iminsi y’ikiruhuko rusange, ku minsi yari isanzweho hiyongeraho ku wa Mbere wa Pasika;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Bwana MWITABANGOMA Yvan, wari Umuyobozi Mukuru ushinzwe ICT & Outreach (Joint service) mu Nteko Ishinga Amategeko, guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Dr. GASANA Michel, wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Indwara z’Igituntu n’Izindi ndwara zandura zifata imyanya y’Ubuhumekero/Tuberculosis and other Respiratory Communicable Diseases Division Manager mu Kigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe ryemerera Madamu Loyce K. BAMWINE, wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe ubushakashatsi n’ivugururwa ry’amategeko/Legal Research and Reform Division Manager muri Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko (RLRC), guhagarika akazi mu gihe kitazwi;

Iteka rya Minisitiri w’Intebe risezerera burundu ku bushake bwe mu bakozi ba Leta Bwana Niyonsenga David, wari Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Guteza imbere Imijyi, Gutuza abantu no Guteza imbere imyubakire/Urbanization, Human Settlement & Housing Development Division Manager muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA).

11.Inama y’Abaminisitiri yemeje ko aba bakurikira bahagararira Ibihugu byabo mu Rwanda ku rwego rwa Ambasaderi:

1. Bwana YOUSSEF IMANI, w’Ubwami bwa Morocco, afite icyicaro i Kigali, mu Rwanda.

2. Bwana MICHEL XAVIER BIANG, wa Repubulika ya Gabon, afite icyicaro i Kinshasa, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC).

3. Bwana NKWAME ASAMOAH TENKORANG, wa Repubulika ya Ghana, afite icyicaro i Nairobi, muri Kenya.

4. Madamu THERESIA SAMARIA, wa Repubulika ya Namibia, afite icyicaro i Dar Es Salaam, muri Tanzania.

12.Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya Abayobozi ku buryo bukurikira:

Muri Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango/MIGEPROF

Madamu UMUTONI GATSINZI Nadine, Umunyamabanga Uhoraho/Permanent Secretary.

Mu Nama y’Igihugu y’Abagore/NWC

Madamu KAMANZI Jackline, Umunyamabanga Nshingwabikorwa/Executive Secretary

Muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu/MINALOC

Bwana NINGABIRE Yves Bernard, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Igenamigambi, Ikurikirana n’Isuzuma bikorwa/Director General for Planning, Monitoring and Evaluation

Bwana BAHAME Hassan, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Amajyambere Rusange n’Imibereho Myiza y’Abaturage/Director General for Community Development and Social Affairs

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe iby’Indege za Gisiviri/RCAA

Maj. NZARAMBA Pascal, Umuyobozi ushinzwe imirimo ku Bibuga
by’Indege/Director of Airports Operations

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere/RGB

Bwana KANGWAGYE Justus, Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe kwegereza Abaturage Ubuyobozi/Head of Decentralisation Department

Bwana KALISA Edward, Umuyobozi Mukuru w’Ishami rishinzwe Imirimo rusange/Head of Corporate Services Division

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda/NISR

Bwana HABARUGIRA Vénant, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe ibarura rusange/Director of Census Unit.

Mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe gutunganya Amasoko ya Leta/RPPA

Bwana SIBOMANA Pierre Célestin, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe kongerera abakozi ubushobozi/Director of Capacity Development Unit.

13. Mu Bindi

a) Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko buri mwaka, Umunsi Mpuzamahanga wahariwe umwana w’umukobwa mu Ikoranabuhanga wizihizwa tariki ya 23 Mata. Mu Rwanda, uwo munsi uzizihizwa tariki ya 30 Mata 2016 ku nsanganyamatsiko igira iti, “Twagure amarembo, duhindure imyumvire”. Mu rwego rwo kwizihiza uwo munsi, hateguwe ibikorwa bitandukanye birimo irushanwa rya Miss Geek Rwanda, rizahuza abakobwa bo muri Kaminuza n’Amashuri Makuru, abiga mu Mashuri y’Imyuga n’Ubumenyingiro (TVET) no mu Mashuri yisumbuye. Uyu muhango uzabera i Kigali, muri Serena Hoteli, aho imishinga 5 ya mbere izatoranywamo uw’indashyikirwa. Iki gikorwa kiri muri gahunda y’ubukangurambaga bwo guteza imbere uburinganire HeforShe.

b) Minisitiri ushinzwe Imicungire y‘Ibiza no Gucyura Impunzi yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ko kuva muri Mutarama kugeza muri Mata 2016, ibiza bitewe n’imvura nyinshi byahitanye ubuzima bw’abantu, abandi barakomereka, ibikorwa remezo n’indi mitungo irangirika. MIDIMAR, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye bashoboye gutabara ababaga bugarijwe n’ibyo biza bakabagezaho ubufasha burimo ibiribwa n’ibindi byangombwa bikenewe mu gihe kitarenze amasaha
24. Hashyizweho kandi Komite ku rwego rw’Igihugu izashyiraho ingamba zifatika zigamije guhangana n’ingaruka z’ibiza mu Rwanda.

c) Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yamenyesheje Inama y’Abaminisitiri ibyagezweho muri Gahunda y’Ubukangurambaga bwo guteza imbere uburinganire HeforShe, asaba ko umubare w’abashyigikiye HeforShe mu Rwanda wiyongera vuba bakabigaragaza babinyujije kuri interineti; anerekana ibigikenewe gushyirwamo ingufu mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ingamba zemejwe muri iyi gahunda, zirimo:

Gushyiraho mu Nzego za Leta gahunda z’ibikorwa zifatika ku rwego rw’Igihugu, cyane cyane mu bijyanye n’ubumenyingiro (TVET) n’Ikoranabuhanga (ICT);

Gushyira mu mihigo y’Inzego za Leta n’Iz’Abikorera gahunda z’ibikorwa zifatika zo kurandura ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana mu buryo bwose rigaragaramo no ;

Gusakaza ibikorwa bigamije kumenyekanisha ubukangurambaga bwo guteza imbere uburinganire HeforShe, cyane cyane ku bakozi b’abagabo bakorera mu Bigo bitandukanye kugira ngo binjire muri ubwo bukangurambaga bakoresheje interineti.

Iri tangazo ryashyizweho umukono na Stella Ford MUGABO

Ministiri Ushinzwe Imirimo y’Inama y’Abaminisitiri

2016-04-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kamonyi: Abamotari bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Kamonyi: Abamotari bashishikarijwe kubahiriza amategeko y’umwuga wabo

Ubwanditsi 18 Mar 2016
Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubutegetsi bwa Tshisekedi bwigana ingoma ya Yuvenali Habyarimana mu mahano yose, nk’aho Habyarimana we byamuhiriye

Ubwanditsi 28 Jul 2023
Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize  Kagame.

Ni iki cyanditse mu ibaruwa Perezida Museveni yahaye Sam Kutesa ngo ashyikirize Kagame.

Ubwanditsi 08 Jul 2019
Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ukuboko k’ubutabera ntikuzabaha amahwemo. I Buruseli mu Bubiligi hatangiye urubanza rw’abajenosideri Twahirwa na Basabose

Ubwanditsi 05 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza  zifite inzu zitazwi  zikorerwamo iyicarubozo  ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura
INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Umutekano muri Uganda, yemeye ko Inzego z’iperereza zifite inzu zitazwi zikorerwamo iyicarubozo ku banyarwanda yangira abadepite kuzisura

Ubwanditsi 30 Aug 2019
Ukuri ku mwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ukuri ku mwuka mubi ukomeje gututumba hagati y’u Rwanda na Uganda

Ubwanditsi 28 May 2019
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Amir wa Qatar

Ubwanditsi 26 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru