• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Polisi y’ u Rwanda itanga bufasha ki k’uwahohotewe?

Editorial 10 Mar 2016 Mu Mahanga

Charity Misago (izina ry’irihimbano), ni umuturage wo mu murenge wa Kibungo akarere ka Ngoma . Umugoroba umwe yaratashye asanga umwana we w’umukobwa w’imyaka 4 yasambanyijwe n’umuturanyi we.

Yahise ajyana umwana kwa muganga ariko ahita amenyesha na Polisi ko umwana we yasambanyijwe, ariko ubwo inkuru yari yakwiye umudugudu wose.

Umwana bamutwaye ku kigo cya Isange one stop centre, ahabwa ubufasha mu by’ubuvuzi, ibijyanye n’amategeko ndetse ahabwa n’ubujyanama.

Misago yahise atanga n’ikirego hanyuma uwo muturanyi wari wamusambanyirije umwana arafatwa, arakatirwa, arafungwa.

Nyuma y’aho umwana aviriye kwa muganga, Polisi y’u Rwanda yahaye inka umuryango wa Misago, mu rwego rwo kuwufasha gukomeza kubaho neza, ndetse no kuwukura mu bwigunge, cyangwa se ngo ukomeze kumva ko ibyo wakorewe biwuteye ikinegu.

Kuri ubu Isange One Stop Center zimaze kuba 27 zikaba ziri hirya no hino mu gihugu aho zitanga ubufasha butandukanye kandi zigakorana n’inzego z’ubuyobozi kugira ngo zimenye neza niba ubufasha bwahawe abagezweho n’ingaruka zo gufatwa ku ngufu cyangwa gusambanywa bubagirira akamaro gakwiye.

Mu ikurikiranabikorwa riherutse mu karere ka Ngoma, aho Polisi y’u Rwanda yatanze ubufasha ku bahohotewe bagera kuri 22, Misago yashimiye Polisi ku bufasha bwahawe umwana we kwa muganga kandi igakomeza no gukurikirana imibereho ye mu muryango..

Ashimira kandi abajyanama b’ikigo Isange ku bufasha batanga ku bantu baba bahuye n’ibibazo by’ihohoterwa.

Yagize ati”Siniyumvishaga uburyo umuryango wanjye uzifata nyuma y’uko ibiganiro by’abaturanyi nta kindi byibandagaho usibye ihohoterwa ryakorewe umwana wanjye w’umukobwa. Ariko ubu hasigaye haganirwa uko umuryango wanjye urimo kwiteza imbere kuko inka twahawe iduha amata ndetse ikanafumbira amasambu yacu.”

Inspector of Police (IP) Beatrice Uwizeyimana uyobora Isange One Stop Centre, ishami rya Ngoma, yemeza ko abantu 22 amaze kwakira ku bibazo by’ihohoterwa ritandukanye bose bahawe ubufasha nk’ubwo ndetse hari n’abashakiwe ubwisungane mu kwivuza mu rwego rwo gufasha abahuye n’ibyo bibazo kongera kwiyumva mu muryango nyarwanda

Inspector of Police (IP) Jean Pierre Ndayisaba ushinzwe imikoranire ya Polisi n’abaturage mu kwicungira umutekano hagamijwe gukumira no kurwanya ibyaha, avuga ko ubu bujyanama no kubakurikirana mu miryango nyuma yo kuvurwa byatanze umusaruro ko ahubwo ubu babakangurira kujyana na gahunda za Leta biyubaka kandi bakajyana n’iterambere Igihugu kirimo.

Isange One Stop Centre ni ikigo gicungwa n’Ibitaro bya Polisi ku Kacyiru kikaba gitanga ubufasha butandukanye ku bahuye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, nta kiguzi na kimwe batanze.

Iki kigo gikora amasaha 24 kuri 24, iminsi 7 kuri 7 kandi gitanga ubufasha mu bushishozi bwinshi.

Polisi y’u Rwanda irateganya kuba yagejeje ibigo nk’ibi mu turere 23 tw’u Rwanda mu mpera z’uyu mwaka wa 2016.

RNP

2016-03-10
Editorial

IZINDI NKURU

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Editorial 04 Apr 2024
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Editorial 09 Mar 2016
Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Apr 2022
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Editorial 14 Nov 2016
Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Editorial 04 Apr 2024
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Editorial 09 Mar 2016
Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Debora Kayembe, umwe mu bayobozi ba Kaminuza ya EDINBURGH yo muri Ecosse, ari mu kaga kubera guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 23 Apr 2022
Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Editorial 14 Nov 2016
Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Ingaruka zo kohereza ingabo muri Kongo zikomeje kwisukiranya ku butegetsi bw’Afrika y’Epfo

Editorial 04 Apr 2024
Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na  Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Leta y’u Rwanda yagaramye ibyo kuburana na Stanley Safari ndetse na Ingabire Victoire inivana mu masezerano ashyiraho Urukiko Nyafurika

Editorial 09 Mar 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru