• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Minisiteri y’ubuzima yahuguye abapolisi ku ihungabana n’uko bafasha uwahungabanye

Editorial 23 Mar 2016 Mu Mahanga

​Mu gihe twegereza kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi ku nshuro ya 22, igihe gitangira ku itariki ya 7 Mata buri mwaka, iki gihe cyo kwibuka jenoside kikaba kirangwa n’ihungabana rya bamwe mu bayirokotse, bityo bikaba bisaba ubumenyi ku ihungabana no gufasha uwahuye naryo.

Ni muri urwo rwego ku itariki ya 21 Werurwe, Minisiteri y’ubuzima ishami rishinzwe ubuzima bwo mu mutwe ryahuguye abapolisi 108 baturutse mu bice bitandukanye by’igihugu, kugirango ribibutse ibyo bagomba kumenya ku ihungabana n’uko bafasha abagaragaje ibimenyetso byazo. Aya mahugurwa akaba yarabereye muri Sport View Hotel i Kigali.

Atangiza aya mahugurwa ku mugaragaro, umuyobozi w’ishami rishinzwe indwara zo mu mutwe muri Minisiteri y’ubuzima Dr Yvonne Kayiteshonga, yashimye ubufatanye bugaragara hagati ya Minisiteri y’ubuzima na Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga umutekano w’abanyarwanda ndetse n’ubuzima bwabo muri rusange, cyane cyane mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi.

Yakomeje avuga ko Minisiteri ahagarariye yizera ko aya mahugurwa azatanga umusaruro haba kuri Polisi y’igihugu ndetse no ku bapolisi bahuguwe, mu gihe igihugu kigiye kwinjira mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 ku nshuro ya 22.

Yasoje ashimira uruhare, ubwitanjye n’umurava Polisi y’u Rwanda yagiye igaragaza mu myaka ishize mu gihe cyo kwibuka.

IP Daniel Uwimana wari waturutse mu ishami rishinzwe ubuvuzi muri Polisi y’u Rwanda, nawe yashimye ubufatanye Minisiteri y’umuzima idahwema kugaragaza mu bikorwa bitandukanye igirana na Polisi y’u Rwanda haba mu buvuzi, gahunda zo gukumira ibyorezo ndetse na gahunda z’amahugurwa.

Asobanurira abitabiriye aya mahugurwa akamaro kayo, yavuzeko usibye no gufasha abandi nabo bakwiye kumenya uko bafashanya hagati yabo mu bihe nkibyo bidasanzwe bireba abanyarwanda bose, akaba yabasabye ko amasomo bahawe ataba amasigara kicaro ahubwo agomba kugera no kubo babana nabo bakorana, aha akaba yagize ati :”Buri muntu wese agomba kwita kuwo begeranye,akamutega amatwi,akamuhumuriza byaba ngombwa akamugeza ku nzego z’ubuzima mu gihe hagaragaye ikibazo cy’ihungabana.”

Abitabiriye aya mahugurwa bakaba bahuguwe kucyo ihungabana aricyo, impamvu zitera ihungabana, ibimenyetso biranga uwahungabanye, uburyo wafasha uwagaragaje ibimenyetso by’ihungabana, banasobanurirwa kuri zimwe mu ndwara zo mu mutwe, uko zifata n’ibimenyetso byazo.

RNP

2016-03-23
Editorial

IZINDI NKURU

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

M 23 yongeye gutanga Ubutumwa bukubiyemo Imanurwa ry’indi Drone yari yarazengereje Abasiviri

Editorial 10 Feb 2024
Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Kenya: Raila Odinga yashimangiye ko atazemera intsinzi ya Uhuru Kenyatta

Editorial 22 Oct 2017
Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Editorial 25 Mar 2016
‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa”  -Padiri Nahimana

‘Bukeye kubera ko yaje kuba iturufu n’igishoro kimeze nk’icy’ubucuruzi ku butegetsi buriho’, barabihindura ‘bati oya ni Jenoside gusa” -Padiri Nahimana

Editorial 22 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16,  barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.
Mu Mahanga

Kigali-Kicukiro : Impanuka y’ikamyo yahitanye abantu 16, barindwi bahise bitaba Imana mu gihe icyenda bakomeretse bikomeye.

Editorial 10 Jun 2016
Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana  Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uko Kayumba Yibye Inka Z’Abagogwe Mu Majyaruguru Y’u Rwanda Azijyana Uganda Mu Bushyo Bwitwa Banyankore Kweterana Hagati Ya 1997-1998

Editorial 16 Mar 2018
Burundi :  Abandi  basirikare 11 bakomeye  bongeye  gutoroka
Mu Rwanda

Burundi : Abandi basirikare 11 bakomeye bongeye gutoroka

Editorial 20 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru