• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Gakenke : Perezida Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bashishakazwa no gukora mu gihe bamutegereje gusa

Editorial 26 Mar 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kane wasuye abaturage b’Akarere ka Gakenke, yavuze ko bitumvikana uburyo abayobozi batangira gukora, mu gihe agiye gusura utwo duce.

Umukuru w’igihugu avuga ko agiye guhagurukira abo bayobozi bahora mu mvugo zidashira, aho guha abaturage ibyabasezeranyijwe.

Ibi Perezida Kagame yabivugiye mu Murenge wa Nemba Akarere ka Gakenke, aho arimo gusura abaturage bakagize n’abo mu Ntara y’Amajyaraguru muri rusange.

Umukuru w’igihugu mu ijambo amaze kugeza kuri aba baturage barenga ibihumbi bitanu, yavuze ko ubwo yazaga yaciye ahantu, agasanga abaturage bavuga ko bamaze imyaka ine batarahabwa amafaranga y’ingurane kubera amashanyarazi yaciye aho bari batuye.

Perezida Kagame ubwe, yavuze ko yimenyeye iki kibazo ubwo yahageraga, gusa ngo yaje gutangazwa n’uko abayobozi ngo nyuma yo kumva ko agiye kuhagera, bahise bayaha aba baturage.

Izi ngurane zingana n’amafaranga miliyoni 62, yagombaga guhabwa abaturage bimuwe ahacishijwe amashanyarazi.

Kuri iki Kibazo, Perezida Kagame yagize ati “Aya mafaranga ni make, bimara imyaka ine yose kubera iki? Mwamara kumva ko ngiye kuza ayo mafaranga mukayatanga, kuba bayarabonye ntabwo bihagije, abayatanze bagomba no gushyiraho inyungu y’iyo myaka ine amaze, nzabikurikirana menye uko byagenze.”

Perezida Kagame kandi aravuga ko bitumvikana uburyo abaturage basezeranywa ibikorwa by’iterambere, imyaka igashira indi igataha nta gikozwe.

Yunzemo ati ”Hari n’ibyasezeranyijwe mu wa 1999 n’ubu mbona bitarakorwa, bamwe muri mwe bari bataravuka, ndavuga ivuriro rya Gatonde, mu 99, kuki bitwara iyi myaka yose, kuki kugeza uyu munsi imihanda itari muri aka karere, muzajya muyikora ari uko ngiye ahantu, ntabwo ibi bishoboka.”

-2537.jpg

-2538.jpg

Abaturage ba Gakenke bishimiye kwakira Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul kagame

Perezida Paul Kagame akaba yavuze ko Minisiteri y’Ubuzima n’iy’Ibikorwa remezo, bigomba kurangiza ibi bibazo, aboneraho gusaba Meya w’aka Karere kujya amugezaho aho ibi bintu bigeze.

Umukuru w’igihugu yongeye kuvuga ko bitumvikana uburyo hari ibintu bigenerwa abaturage ngo bibateze imbere, byarangira abayobozi bakabigira ibyabo. Yavuze ko abo bayobozi bagomba gukurikiranwa kandi vuba.

Source : Izuba rirashe

2016-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Serge Ndayizeye yaba noneho yivumbuye burundu? Yaba yabonye icyangombwa cyo gukora muri Amerika agacika Kayumba Nyamwasa?

Editorial 19 Mar 2022
Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Umwuka mubi hagati ya Kongo- Kinshasa na Kenya wafashe indi ntera.

Editorial 17 Dec 2023
Zimbabwe: Umuriro Uraka Murugo kwa Mugabe Aho Grace Mugabe Ashaka gatanya n’umugabo we nyuma y’uko yeguye ku butegetsi

Zimbabwe: Umuriro Uraka Murugo kwa Mugabe Aho Grace Mugabe Ashaka gatanya n’umugabo we nyuma y’uko yeguye ku butegetsi

Editorial 06 Dec 2017
ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU

ITANGAZO RIGENEWE ABIFUZA KWINJIZWA MURI POLISI Y’IGIHUGU

Editorial 10 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

APR FC yisubije umwanya wa mbere nyuma yaho Sunrise FC itsinze Kiyovu SC
Amakuru

APR FC yisubije umwanya wa mbere nyuma yaho Sunrise FC itsinze Kiyovu SC

Editorial 21 May 2023
Umunsi w’abakundana  ‘Valentine’s Day’  wijihijwe gitore
IMIKINO

Umunsi w’abakundana ‘Valentine’s Day’ wijihijwe gitore

Editorial 14 Feb 2017
Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”
INKURU NYAMUKURU

Gen. Afrika uherutse kwicwa yasanganwe inyandiko zifite amakuru “y’ingenzi”

Editorial 11 Nov 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru