• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Twagiramungu yandikiye Paul Kagame perezida w’u Rwanda ibaruwa idasobanutse

Editorial 07 Apr 2016 POLITIKI

Abinyujijwe kuri Ambassade y’u Rwanda i Buruseli mu BUBILIGI, Twagiramungu Faustin, kuwa 29 Werurwe 2016, yandikiye Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aha kopi, UNHCR n’indi Miryango yita ku mpunzi, Ibihugu bicumbikiye impunzi z’Abanyarwanda n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Iyo baruwa idasobanutse agira ati : Mw’izina ry’Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza, bibaye ngombwa ko mbagezaho inyandiko isesengura uburyo ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda gikomeje gutera inkeke, ikanerekana inzira ziboneye zo kugishakira umuti uhamye.

Impamvu nyamukuru itumye tubandikira, ni ukubasaba gukora ibishoboka byose, kugira ngo mbere y’uko uyu mwaka w’2016 urangira, icyo kibazo cy’impunzi kibe cyakemuwe mu buryo budasubirwaho. Rwose ni ngombwa ko Leta muyobora igihagurukira, dore ko kimaze imyaka irenga 50 kizahaza bamwe mu bana b’u Rwanda, badashobora gutaha mu gihugu cyabo, kubera ko batahizeye umutekano n’ubundi burenganzira bw’ibanze.

Ikindi ni uko ari ngombwa gutsindagira igitekerezo cy’uko hakwiye impinduka yimbitse mu miyoborere y’igihugu, kugira ngo impunzi zigire icyizere cy’uko uburenganzira bwazo bwakubahirizwa, mu gihe zaba zatahutse mu Rwanda. Kuri iyo ngingo, dusanga ishyirwaho rya Leta y’inzibacyuho igizwe n’amashyaka menshi, ariyo ntambwe ya mbere y’iyo mpinduka yatuma impunzi zitahuka ari nyinshi kandi ku bushake bwazo.

Aha Twagiramungu avugira impunzi ate ? ko atari impunzi, ko agendera kuri passport y’u Rwanda niy’u Bubiligi, ko nta mpunzi igendana Passport ngo ikore n’ibikorwa bya politiki byo kwiyamamariza kuyobora igihugu. Ikindi Twagiramungu arasaba Perezida Kagame inzibacyuho y’iki ? Ko igihugu kitari mu ntambara.

Minisiteri yo gucyura impunzi, ivuga ko Faustin Twagiramungu atari impunzi kandi adakwiye gufatwa nk’uvugira impunzi. Ibi ni ibyatangajwe nyuma y’ibivugwa n’uyu munyapolitiki uvuga ko ari mu buhungiro, wandikiye Perezida Kagame avuga ko u Rwanda rukwiye kugaragaza gahunda yo kugirango impunzi z’Abanyarwanda ziri hirya no hino ku Isi zitahuke muri uyu mwaka wa 2016 cyangwa uwa 2017, bitaba ibyo ngo izi mpunzi zigafata umuheto zikirwanaho.

Mu kiganiro umunyamakuru wa KFM, aheruka kugirana na Minisitiri Seraphine Mukantabana ushinzwe gucyura impunzi no kurwanya ibiza, yamubwiye ko u Rwanda rusanganwe gahunda zihariye zo gucyura impunzi kuva hajyaho icyemezo cyo gukuraho ubuhunzi ku Banyarwanda, ariko akaba yatangiye amubwira ko akemanga ubuhunzi bwa Twagiramungu n’ibyo avuga.

-2600.jpg

Minisitiri Seraphine Mukantabana / Ifoto: Internet

Minisitiri Mukantabana yagize ati: “Twagiramungu..ngirango amakuru mufiteho n’uko atari impunzi. Yahereye kera avuga ko atari impunzi, ko ngo ari Umunyarwanda wagiye hanze, bityo rero njye nkumva ko nibyo yirirwa avuga ngo aravugira impunzi nta gaciro byaba bifite kuko ntago ari umuvugizi w’impunzi tuzi, kuko ntago ari mu mpunzi tuzi tujera. Twebwe impunzi tujera tuzi ko ari impunzi zitagomba no kujya mu bikorwa bya politiki, akenshi n’iyo abigiyemo cyangwa akajya muri ibyo byo kuvuga ngo yafata umuheto..mu buryo bwo gutera igihugu cye, ko convention zishinzwe impunzi ntago zibyemera. Umuntu wese watekereje kuba yakora ibikorwa bijyanye no guhungabanya umutekano w’igihugu yahunze, ntabwo uwo nguwo aba ari impunzi mu buryo bwa convention”.

Minisitiri Mukantabana yabajijwe niba hari porogaramu yihariye yo gucyura impunzi ihari nk’uko Twagiramungu avuga, asubiza ko isanzwe ihari igenewe cyane cyane gufasha abatahuka mu gusubira mu buzima busanzwe, gufasha abashaka gutaha mu buryo bwihuse, baba bafashijwe na HCR cyangwa leta y’u Rwanda.

Minisitiri Mukantabana yanabajijwe ikibazo cy’impunzi z’Abanyepolitiki na Twagiramungu avuga ko abarizwamo, abazwa niba zo hari gahunda iziteganyirijwe ku kijyanye no gukurirwaho ubuhunzi, asubiza ko kiriya cyemezo cyo gukuraho ubuhunzi kireba impunzi zose zahunze kuva muri 59 kugeza muri 98.

Twagiramungu arangiza ibaruwa ye ashyira iterabwoba kuri Perezida Kagame agira ati : Turasanga kandi bikwiye kuburira Ubutegetsi bwanyu, ko niba ibintu bikomeje kuba uko biri, mu Rwanda hashobora kuzarota indi ntambara igambiriye itahuka ry’impunzi, nk’uko byagenze mu mwaka w’1990, ubwo Ingabo za RPF-Inkotanyi, zibifashijwemo n’Ubugande, zashozaga intambara yaje kuzigeza ku butegetsi muri Nyakanga 1994.

-94.png

Faustin Twagiramungu

Nyakubahwa Prezida, twizeye ko muzafata ibyemezo bikwiriye nta kuzuyaza, bigusha ku nzira zose zatuma ikibazo cy’impunzi z’Abanyarwanda gikemurwa bwangu kandi ku neza. Tubaye tubibashimiye, kandi turabashuhuje mu cyubahiro cyibakwiriye.

Faustin Twagiramungu
Perezida w’Ishyaka RDI-Rwanda Rwiza (sé)

2016-04-07
Editorial

IZINDI NKURU

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Umubiligi yangiwe kuba intumwa y’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi muri aka karere kubera politiki mbi y’igihugu cye

Editorial 24 Jun 2024
Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Perezida Kagame yongeye kwerekana akamaro k’ikoranabuhanga mu guhindura Isi

Editorial 19 Sep 2016
RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

Editorial 08 Aug 2018
Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Abanyamerika bagaragaje ko Obama ariwe Perezida wabo w’ibihe byose

Editorial 15 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kubera igitutu cy’Inama izabera I Kigali kuri uyu wa mbere, Uganda yarekuye Abanyarwanda   bari bamaze iminsi bakorerwa iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Kubera igitutu cy’Inama izabera I Kigali kuri uyu wa mbere, Uganda yarekuye Abanyarwanda   bari bamaze iminsi bakorerwa iyicarubozo

Editorial 13 Sep 2019
Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19
HIRYA NO HINO

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Editorial 26 Mar 2020
Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Leta yahamagaje inama yiyerurutsa ku ba diplomate nyuma yaho BBC igaragaje ibikorwa byayo by’iyicarubozo

Editorial 13 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru