• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Editorial 17 May 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame uri mu ruzinduko mu Karere ka Karongi, yavuze ko uruganda rwa Gaz Methane, ari imbarutso y’iterambere ry’umujyi wa Karongi n’akarere muri rusange.

Perezida Kagame yavuze ko nta bikorwa byiza n’iterambere byashoboka bidashingiwe ku myumvire myiza y’abaturage, bityo abasaba guharanira iterambere rishingiye ku myumvire myiza.

Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Ndayisaba François, yavuze ko 1/5 cy’abaturage ba Karongi bafite ubukene bukabije, Umukuru w’Igihugu avuga ko hakwiriye gukorwa ibyihutirwa kugira ngo abo baturage bivane mu bukene.

Perezida Kagame avuga ko n’andi mahirwe aboneka hirya no hino nk’amashuri, ibikorwa by’ubuzima, amashanyarazi, itumanaho n’Ikiyaga cya Kivu, byakoreshwa neza abaturage bakagera ku majyambere.

Perezida Kagame avuga ko kuba i Kivu gitangiye kubyara amashanyarazi, bigaragaza ko hari byinshi bishoboka kuko ari urugero rwivugira.

Yagize ati “Iyi Gaz tubanye na yo imyaka myinshi tubizi ariko ntacyo itumarira. Noneho twamenye ko bishobora gutanga amashanyarazi amurikira Abanyarwanda, akoreshwa mu nganda zigakora ibintu bitandukanye. Ayo ni amajyambere.”

Umukuru w’Igihugu avuga ko ubushobozi bw’ayo mashanyarazi bukiri hasi, ikigamijwe kikaba ari ukubuzamura kuko nko muri Karongi, 15% bagerwaho n’amashanyarazi bakiri bake cyane, mu gihe Guverinoma yifuza ko buri wese agerwaho n’amashanyarazi.

Muri rusange, ngo si Abanyakarongi bakennye amashanyarazi gusa kuko ngo hakiri ibikorwa bidindizwa n’ubukeya bwayo, nk’inganda.

Ati “Hari inganda zibuzwa gukora n’uko nta mashanyarazi, na zo turifuza ko bigerwaho, abashoramari bagashobora gukora ibyo bifuza.”

Umukuru w’Igihugu avuga ko kwiyongera kw’amashanyarazi bizagira impinduka nziza mu mujyi wa Karongi zirimo ukwiyongera kw’amahoteli n’ibindi bikorwa by’iterambere.

-2817.jpg

Perezida Paul Kagame

Ibyo byose ariko ngo ntibyashoboka igihe Abanyarwanda badahagurutse ngo buri wese akore icyo ashoboye kandi bigakorwa neza mu nyungu z’ugikora n’iz’Abanyarwanda bose.

KT

2016-05-17
Editorial

IZINDI NKURU

Batatu batawe muri yombi  bagerageza guha Ruswa abapolisi

Batatu batawe muri yombi bagerageza guha Ruswa abapolisi

Editorial 27 Oct 2016
Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga

Nyarugenge, nyuma y’umuganda : Umugabo yasanzwe yapfuye, harakekwa inzoga

Editorial 29 Oct 2016
Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Ingabo z’u Rwanda ziri mu mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Santrafrika  zikomeje kuvugwa imyato

Editorial 22 Mar 2021
Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Zimbabwe: Ibintu byafashe indi ntera, Minisitiri w’Imari yashimuswe n’ingabo zica n’umurinzi we

Editorial 17 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA
IMIKINO

Golden State Warriors yatsinze Raptors mu mukino wa gatanu, iyibuza kwegukana NBA

Editorial 11 Jun 2019
Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25
POLITIKI

Buyoya aribaza impamvu ashinjwe kwica Ndadaye hashize imyaka 25

Editorial 06 Dec 2018
Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?
IMIKINO

Imibonano mpuzabitsina mbere y’ubukwe ni icyaha cyangwa ni ngombwa ko ibaho?

Editorial 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru