• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 07 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu ishuri rya Polisi riri i Gishari mu karere ka Rwamagana, kuwa mbere tariki ya 6 Kamena hatangiye amahugurwa y’iminsi 10 y’ abapolisi 45 bagize umutwe wo gutabara aho rukomeye (East African Standby Force) n’abo muri Denmark. Aya mahugurwa akaba abategurira kujya mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika yunze ubumwe.

Abapolisi bari muri aya mahugurwa bakaba bakomoka mu bihugu bya Comoros, Kenya, Denmark, Ethiopia, Uganda, Sudani n’u Rwanda rwayakiriye; bakaba bazahugurwa ku mikorere y’umuryango wa Afurika Yunze ubumwe n’iy’umutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba (East African Standby Force-EASF); banaganire ku bibazo bashobora guhuria nabyo mu bihugu baba bagiye kubungabungamo amahoro.

Atangiza aya mahugurwa, umuyobozi wungirije wa Polisi y’u Rwanda ushinzwe ibikorwa, Deputy Inspector General of Police, DIGP Dan Munyuza yavuze ati:”Ni ngombwa ko abapolisi bagiye mu butumwa bw’amahoro bw’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe baba bahuguwe neza, kugirango bazabashe guhangana no kwikura mu ngorane zose bahura nazo aho bari kubungabunga amahoro.”

DIGP Munyuza yakomeje ababwira ko Polisi y’u Rwanda yashyize mu byihutirwa uitangwa ry’amahugurwa y’ingeri zose kuko byagaragaye ko amahugurwa ahoraho atanga umusaruro ufatika
.
Yagize ati:”Polisi y’u Rwanda ifata amahugurwa nk’imwe mu nkingi igenderaho kugirango ibashe kugera ku nshingano zayo. Tuzi neza ko abapolisi tudahawe amahugurwa ahagije tudashobora gukora akazi kacu neza kandi ubushobozi n’imbaraga nke ntibyatuma duhangana n’ibyaha birimo bivuka muri iyi minsi.”

Yakomeje avuga ko ibihugu bigize umutwe wo gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba ugomba guha amahugurwa abapolisi bawo kugirango babashe guhangana n’ibibazo by’umutekano muke n’amakimbirane bigaragara muri Afurika.

Yabwiye abitabiriye aya mahugurwa ko batazahabwa ubumenyi bwo kubungabunga amahoro gusa, ahubwo bazanahugurwa ku kurwanya ibindi byaha birimo icuruzwa ry’abantu rikunda kugaragara mu bihugu birangwamo amakimbirane.

Yagize ati:”Ibyaha nk’ibi mushobora kuzabisanga mu bihugu muzajya gukoreramo, mukwiye kubimenya rero, kugirango muzamenye uko muzajya mubikemura kinyamwuga. Nkaba nizera ko nimurangiza aya mahugurwa muzaba mufite ubushobozi bwo gukemura ibibazo nk’ibi no kugarura amahoro aho muzajya gukorera hose mu bihugu bya Afurika.”

Mu ijambo rye, uyoboye abapolisi bakorera mu mutwe ushinzwe gutabara aho rukomeye muri Afurika y’Iburasirazuba, ACP Kahsay Gebre Weldeslasie, yavuze ko uyu mutwe wigira ku byiza Polisi y’u Rwanda ikora, bityo Polisi yo muri aka karere ikaba yarigiye ku Rwanda gukora kinyamwuga, guhangana n’ibyaha birimo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bakaba banashimirwa uko bakora akazi kabo neza aho boherejwe kubungabunga amahoro.

Aya mahugurwa yatewe inkunga na Germany International Cooperation (GIZ), ikaba yari ihagarariwe na Silke Hampson we akaba yavuze ko iterambere ritagaragazwa no kubaka imihanda, ahubwo ko rinagaragazwa n’umutekano n’amahoro byo bituma abaturage biteza imbere bakagira ubuzima bwiza.

Amahugurwa nk’aya, ni aya mbere abereye mu Rwanda yateguwe n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe, ayari asanzwe ahabera akaba yabaga yateguwe n’umuryango w’Abibumbye.

RNP

2016-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Gasabo:  Abakozi ba  DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Gasabo: Abakozi ba DASSO babiri bafunzwe bakekwaho kwakira ruswa

Ubwanditsi 08 Jan 2016
Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Village Urugwiro : Perezida Kagame na Madamu bifurije Abana bato Noheli nziza

Ubwanditsi 04 Dec 2016
Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Abayobozi bo muri Malawi baje kwigira kuri Polisi y’u Rwanda gahunda zo kurwanya ruswa

Ubwanditsi 10 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United
Amakuru

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Ubwanditsi 16 Apr 2023
Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…
IMIKINO

Umukobwa yatwaye inda, se ararakara bya hatari amutegeka…

Ubwanditsi 05 Jan 2016
Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye
Mu Rwanda

Abapolisi 384 basezerewe mu kazi ku mpamvu zitandukanye

Ubwanditsi 15 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru