• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Abamotari, abanyonzi n’abanyeshuri bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha

Ubwanditsi 10 Jun 2016 Mu Mahanga

Abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto no ku magare bo mu karere ka Nyamagabe n’abanyeshuri biga mu ishuri ryisumbuye ryo mu karere ka Nyanza ryitwa muri College Christ Roi bashyizeho amahuriro atandatu yo kurwanya no gukumira ibyaha (Anti-Crime Clubs).

Aba bagize ibi byiciro bashyizeho ayo mahuriro mu nama bagiranye na Polisi y’u Rwanda muri utu turere twombi.

Abamotari bakoze iki gikorwa bibumbiye mu mashyirahamwe atatu ari yo: COTRANYA, COTAMONYA na COMONYA, naho abanyonzi bibumbiye mu mashyirahamwe abiri ari yo: COTAVENYA na COTAMU.

Ayo mahuriro atanu y’abamotari n’abanyonzi bo muri Nyanmagabe yashyizeho ku itariki 7 Kamena; naho rimwe ry’abanyeshuri ryashyizeho ku itariki 8 Kamena.

Aba bagize ibi byiciro bafashe uyu mwanzuro wo gushyiraho amahuriro atandatu yo kurwanya ibyaha nyuma yo kunyurwa n’inyigisho za Polisi y’u Rwanda muri utu turere aho basobanuriwe uruhare rwabo mu kwicungira umutekano.

Aganira n’abo bamotari n’abanyonzi,Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyamagabe, Superintendent of Police (SP) François Segakware yagize ati:”Mwakoze igikorwa cyiza. Muzarwanye ibyaha muri gukora umwuga wanyu, muzabirwanye mu midugudu yanyu, ndetse n’ahandi hose muzaba muri.”

Yakomeje ababwira ati,”Ubu mubaye abakangurambaga mu kurwanya ikintu cyose kinyuranije n’amategeko. N’ubundi mwari musanzwe muri bo; ariko ubu mugiye kubikora neza biruseho kubera ko mubyumva kimwe kandi mushyize hamwe.”

SP Segakware yabasabye kubahiriza amategeko y’umwuga wabo kugira ngo birinde gukora cyangwa guteza impanuka mu muhanda.

Ibyo abo bamotari, abanyonzi, n’abanyeshuri basabwe harimo kurwanya ikoreshwa n’itundwa ry’ibiyobyabwenge, icuruzwa ry’abantu, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana.

Mu ijambo rye, Umuyobozi w’abamotari mu karere ka Nyamagabe, Nsabimana Jerome yagize ati,” Urubyiruko nkatwe tugomba kugira uruhare mu kwicungira umutekano, kandi tuzabigeraho biciye mu mahuriro nk’aya.”

Yashimye bagenzi be k’ubw’icyo gikorwa , kandi asaba abandi bakora uyu mwuga wo gutwara abagenzi ndetse n’abandi bantu muri rusange gutera ikirenge mu cyabo.

Kugeza ubu, mu karere ka Nyamagabe hamaze gushyirwaho amahuriro yo kurwanya ibyaha agera kuri 84 arimo 51 y’abanyeshuri, naho mu karere ka Nyanza hamaze gushyirwaho 26 arimo 25 y’abanyeshuri.

Mu gihugu hose hamaze gushyirwaho amahuriro yo kurwanya ibyaha arenga igihumbi, kandi 90% yayo ari mu bigo by’amashuri.

RNP

2016-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Ubwanditsi 25 Feb 2016
IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

IGP Gasana yasabye inzego zifite aho zihuriye n’ubutabera kunoza serivisi zitanga

Ubwanditsi 02 Aug 2016
Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Perezida Kagame yahawe igihembo n’Umuryango w’Abibumbye kubwo kurengera ibidukikije

Ubwanditsi 07 Dec 2016
Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Tuzihorera Ku Muntu Wese Uzi Ko Yamennye Amaraso Y’umuturage Wa Uganda-Perezida Museveni

Ubwanditsi 11 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame
Mu Rwanda

‘Abantu bafite umutima ucagase ‘halfhearted’ cyangwa n’abatagira umutima ‘heartless’ nta kintu bageraho’- Kagame

Ubwanditsi 02 Mar 2017
Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika
IMIKINO

Uganda ihagarariwe n’umunyarwandakazi mu irushanwa ry’uhiga abandi uburanga muri Afurika

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.
Amakuru

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Ubwanditsi 28 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru