• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyatangijwe mu ntara zose z’igihugu

Ubwanditsi 12 Jun 2016 Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi, ni icyumweru ngarukamwaka kibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ibayeho, kikaba cyatangijwe uyu munsi ku itariki ya 11 kikazasozwa ku itariki ya 16 Kamena, kikaba kizibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, aho gifite insanganyamatsiko igira iti:”Turengere umwana.”

Intego z’iki cyumweru ni ukwerekana akamaro k’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda n’abaturage mu gutahura no kwirinda ibyaha, gukangurira abaturage uruhare rwabo mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, no kongera uburyo, imbaraga no gukorera hamwe mu gutanga serivisi nziza no kugeza ku bagenerwabikorwa ibibakorerwa.

Gutangiza iki cyumweru bikaba byabereye kuri sitasiyo ya Polisi imwe yatoranyijwe muri buri Ntara, aho mu ntara y’Amajyepfo, cyatangirijwe mu murenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, mu Burasirazuba gitangirizwa mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana, mu Burengerazuba gitangirizwa mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu naho mu Majyaruguru gitangirizwa murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze.

Mu ijambo yavugiye mu murenge wa Kigabiro akarere ka Rwamagana ahatangirijwe iki cyumweru mu ntara y’iburasirazuba, Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Dr Diane Gashumba yakanguriye ababyeyi kurera abana babo neza, bakabatoza indangagaciro za Kinyarwanda, bakabarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose kugirango ibyo u Rwanda rwagezeho bitazasenyuka.

-2934.jpg

Umuhango wo gutangiza ’Police Week’ mu mujyi wa Kigali
Umuyobozi w’Umujyi n’uwa Polisi ubwo bari bagiye gutangiza igikorwa cyo gusibura’ Zebra Crossing

Aha yagize ati:”Babyeyi, tujyane abana bacu mu mashuri, tubarinde icyabahohotera, tubarengere kandi tubarinde ibibagusha mu ngeso mbi.”

Yakomeje kandi avuga ati:”Turabwira ababyeyi n’abayobozi batubahiriza inshingano zabo zo kurengera umwana, ko bakwiye kwisubiraho kuko nibitaba ibyo bazahanirwa kutita kubo babyaye cyangwa abo bashinzwe kurera.”

Minisitiri Gashumba yasoje asaba abari bitabiriye uyu muhango ko impanuro bahawe bazishyira mu bikorwa, anashima Polisi uko ihora ishakira umutekano n’imibereho myiza abanyarwanda.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda wungirije ushinzwe abakozi n’imiyoborere (DIGP) Juvenal Marizamunda, yashimye abitabiriye uyu muhango, ababwira ko kizasozwa ku itariki ya 16 Gicurasi ari nabwo Polisi y’u Rwanda izizihiza isabukuru y’imyaka 16 imaze ishinzwe.

Yashimiye abanyarwanda bose ubufatanye badahwema kugirira Polisi y’u Rwanda ngo igere ku nshingano zayo, aho yagize ati:”Tuzirikana ko umutekano ariwo shingiro rya byose, kandi Polisi y’u Rwanda ntiyabigeraho mutabigizemo uruhare. Mukomeze ubwo bufatanye maze twese hamwe duharanire kugira u Rwanda ruzira ihohoterwa kandi abanyarwanda bagire icyizere cy’ejo hazaza heza.

Yakomeje asaba abo baturage gutangira amakuru ku gihe y’icyahungabanya umutekano, anaburira abashobora gushaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, aho yagize ati:”Abashaka guhungabanya umutekano w’abanyarwanda, bamenye ko inzego z’umutekano ndetse n’abanyarwanda bazima bari maso, bazatabwa muri yombi ntacyo barageraho. ”
Yasoje abasaba kuzagira uruhare mu igenda neza ry’ibikorwa byose bizaranga iki cyumweru, abanyarwanda bose bagafatanya mu kurinda ibyagezweho no kugera ku bindi byiza.

Mu ntara zitandukanye, abayobozi b’inzego z’umutekano, ab’intara, ab’inzego z’ibanze, abahagarariye inzego zitegamiye kuri Leta ndetse n’abaturage benshi bakaba bifatanyije na Polisi y’u Rwanda mu gutangiza iki cyumweru.

Iki cyumweru kikaba kizibanda ku bukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, ubukangurambaga ku kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ubukangurambaga ku kurwanya icuruzwa ry’abantu, ubukangurambaga ku kurwanya ikoreshwa n’icuruzwa ry’ibiyobyabwenge, n’ubukangurambaga ku kwirinda impanuka n’umutekano wo mu muhanda.

-2933.jpg

Ku rwego rw’igihugu, gutangiza iki cyumweru biteganyijwe kubera i Remera kuri Kigali Metropolitan Police Headquarters ku cyumweru tariki ya 12 Kamena.

RNP

2016-06-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni

Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni

Ubwanditsi 06 Jan 2019
Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

RUSHYASHYA 16 Nov 2025
Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Dusobanukirwe neza Umusesabagina-nterahamwe  Uzabakiriho Alfred Antoine wiyita Gitifu Sebatware

Ubwanditsi 29 Apr 2025
Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Gen. Kale Kayihura yirukanye maneko nkuru zose z’i Kampala

Ubwanditsi 16 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bishop Rugagi washyize ku isoko akanagurisha udutabo tudasanzwe duhesha kurongorwa, akazi, gukira indwara n’ibindi, arakekwa amababa. (Amafoto)
Mu Rwanda

Bishop Rugagi washyize ku isoko akanagurisha udutabo tudasanzwe duhesha kurongorwa, akazi, gukira indwara n’ibindi, arakekwa amababa. (Amafoto)

Ubwanditsi 26 Sep 2018
Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya
POLITIKI

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Ubwanditsi 09 Mar 2018
RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere
Mu Mahanga

RwandAir yahembwe nk’ikompanyi itwara abantu mu ndege ya mbere mu karere

Ubwanditsi 21 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru