• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa 2 w’Inama ya 27 y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

Umunsi wa 2 w’Inama ya 27 y’Abakuru b’Ibihugu bya Afurika

Ubwanditsi 17 Jul 2016 Amakuru

Abakuru b’ibihugu bya Afurika bahuriye mu Rwanda mu nama rusange ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika, kuri uyu wa Gatandatu, habayeho umwiherero ku nkomoko y’imari uyu muryango ukoresha.

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame kandi yakiriye abakuru b’ibihugu n’abayobozi batandukanye bitabiriye iyo nama.

Ku munsi wa 2:

Uyu munsi kuya 17 Nyakanga, ni bwo hatangiye inama y’inteko rusange isanzwe ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Afurika. Iteraniramo Abakuru b’Ibihugu n’aba za Guverinoma n’abahagarariye abakuru b’ibihugu, kongeraho abantu babiri baherekeje Abakuru b’Ibihugu.

Kuva saa tatu za mu gitondo kugeza saa sita n’igice, habayeho kwiga gahunda y’imirimo y’inteko rusange no kuganira ku ngingo zirimo kwishyira hamwe kw’ibihugu, aho barebera hamwe ubucuruzi butagira umupaka ku mugabane w’Afurika (CFTA) muri 2017 n’imbogamizi zabamo, banarebere hamwe amavugurura y’Umuryango w’Abibumbye.

Saa sita n’igice, Perezida Kagame na Perezida wa Chad Idris Deby Itno ari na we uyoboye AU muri iki gihe bafunguye ku mugaragaro inteko isanzwe ya 27 y’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Ku gicamunsi harabaho kungurana ibiterezo ku nsanganyamatsiko y’iyi nama igira iti “Umwaka Nyafurika w’Uburenganzira bwa Muntu hibandwa ku Burenganzira bw’Umugore”. Hakurikireho gutangiza raporo ivuga ku mugore w’Umunyafurika 2010-2015.

Ku wa Mbere tariki ya 18 Nyakanga 2016, kuva saa tatu kugera saa saba hari kwemeza imyanzuro y’umwiherero w’Abakuru b’Ibihugu n’aba Guverinoma ku gutera inkunga Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika.

Abakuru b’ibihugu bazemeza kandi ingengo y’imari ya 2017 ya AU , haze igikorwa gikomeye cy’amatora y’umuyobozi wa Komisiyo y’uyu muryango.

Nyuma yaho, hazarebwa kuri raporo y’umuyobozi wa Komisiyo igaragaza ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano, n’imiterere y’amahoro n’umutekano muri Afurika, hakurikireho kwemeza abagize Komisiyo, no gushyiraho abacamanza b’Urukiko Nyafurika ku burenganzira bwa muntu.

Inama izasozwa ku mugoroba wo ku wa Mbere harahira abagize Komisiyo, abagize Urukiko Nyafurika rw’Uburengenzira bwa Muntu.

-3313.jpg

-3312.jpg

-3314.jpg

-3315.jpg

-3316.jpg

-3317.jpg

-3318.jpg

Turacyabikurikirana….

2016-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Ubwanditsi 17 Mar 2021
Ubuyobe bw’Ubuhanuzi  butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri

Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri

RUSHYASHYA 22 Aug 2026
Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ntacyo Komisiyo yacukumburaga ibibazo twarazwe n’ubukoloni bw’Ababiligi yari kugeraho, kandi igizwe n’abari ku isonga mu kugoreka amateka, nka Laure Uwase Nkundakozera

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Ubwanditsi 04 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya  uburiganya
ITOHOZA

Amerika: Bamwe mu banyarwanda barashinjanya uburiganya

Ubwanditsi 30 Sep 2017
Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali
UBUKERARUGENDO

Air Djibouti igiye gutangiza ingendo i Kigali

Ubwanditsi 10 May 2018
Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18
Amakuru

Amafoto – Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino wa nyuma Misiri yatwariyemo igikombe cya Afurika cya Handball ku bakinnyi batarengeje y’imyaka 18

Ubwanditsi 07 Sep 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru