• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Editorial 27 Aug 2016 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame kuwa Gatanu yageze muri Kenya aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya Tokyo yiga ku iterambere rya Afurika (Tokyo International Conference on African Development) yatangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Kanama ikazasozwa ku Cyumweru tariki ya 28 Kanama 2016.

Ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta, Perezida Kagame yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, James Kimonyo na John Wangen uhagarariye Kenya mu Rwanda.

Mu gitabo cy’abashyitsi, Perezida Kagame yanditse amagambo agira ati “ Bihora ari ibyishimo kugera muri iki gihugu gikomeye.”

Perezida Paul Kagame ari mu Bakuru b’Ibihugu by’ Afurika bitabiriye inama mpuzamahanga ya 6 ihuza u Buyapani n’ibihugu bya Afurika yiga ku iterambere ry’uyu mugabane izwi nka ‘Tokyo International Conference on African Development (TICAD)’.

-3857.jpg

Perezida Kagame yakirwa ku kibuga cy’indege

Ni ubwa mbere iyi nama ibereye muri Afurika kuva yatangira mu 1993 ikaba ibaye ku nshuro ya gatandatu kandi ikaba idasanzwe kuko iyo mu 2013 yafashe umwanzuro ko yajya iba buri myaka itatu kandi ntibere mu gihugu kimwe.

Iyi nama yo ku rwego rwo hejuru, irebera hamwe ibyateza imbere Afurika n’ubufasha bukenewe kugira bigerweho, ari naho u Buyapani buhera butegura igenamigambi n’ubufasha buha Afurika binyuze mu Kigo cy’u Buyapani cy’ubutwererane mpuzamahanga (JICA).

Umubano w’u Rwanda n’u Buyapani watangiye mu 1965, aho iki gihugu gifasha u Rwanda mu nzego zinyuranye z’iterambere binyuze muri JICA, kigatera inkunga ibikorwa by’iterambere binyuranye birimo imishinga y’ibikorwa remezo nk’imihanda, ingomero z’amashanyarazi, ibiraro n’ibindi.

-3855.jpg

Perezida Kagame ageze i Nairobi

U Buyapani kandi butera inkunga inzego z’ubuhinzi, ubwikorezi bw’ibintu n’abantu, ikoranabuhanga n’uburezi aho ifasha mu kubaka amashuri n’ibindi bikorwa remezo by’uburezi hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi.

By’umwihariko JICA ishyigikira iterambere ry’ikoranabuhanga binyuze mu ruhare igira mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo bifasha mu guteza imbere uburezi nka ‘K Lab na FabLab’.

Mu burezi bwo ku rwego rwo hejuru butangwa n’Ishuri rikuru rya Tumba College of Technology, u Buyapani nibwo bufatanya na guverinoma mu kugira uruhare runini mu gutuma iri shuri riba ntangarugero mu ikoranabuhanga mu Rwanda.TICAD itegurwa ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere, UNDP, Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), Banki y’isi n’abandi bafatanyabikorwa baturutse mu bihugu byose bya Afurika.

Kuva yatangira mu myaka 20 ishize, TICAD yagiye ikora byinshi bigamije gushyira mu bikorwa gahunda zigamije kuzamura iterambere rya Afurika binyuze mu ihame ryuko abanyafurika bakwiye kubigira ibyabo, ndetse no gufatanya n’amahanga.

Inama zose zabaye mu 1993, 1998, 2003, 2008 na 2013 zaberaga mu Buyapani. Iheruka ya gatanu yabereye Yokohama yari ifite insanganyamatsiko igira iti” Twese hamwe dufatanyije dushobora kubaka iterambere rya Afurika ku buryo burambye.”

Ubusanzwe TICAD ifite inkingi eshatu z’ingenzi arizo: Iterambere rirambye, Umuryango abaturage bose bibonamo ndetse n’amahoro n’umutekano.

Binyuza muri izi nkingi, Ikigo cy’u Buyapani gitsura iterambera (Japan International Cooperation Agency, JICA) cyakoze ibikorwa bitandukanye mu Rwanda byagiye byibanda ahanini ku Iterambere rirambye n’Umuryango abaturage bose bibonamo mu rwego rwo gufasha igihugu kuzamuka mu bukungu.

-3858.jpg

Perezida Kagame munama i Nairobi

JICA yatanze umusanzu mu byiciro bitandukanye birimo kubaka ibikorwaremezo, guteza imbere ubuhinzi, gusakaza amazi meza, isuku n’isukura ndetse n’ikoranabuhanga.

Mu myaka icumi Leta y’u Buyapani imaze gutera inkunga u Rwanda ingana na miliyoni 223 z’amadolari, ikaba inyuzwa mu kigo cyayo cy’iterambere(JICA), buri mwaka ikaba ingana na miliyoni 20 z’amadolari.

Biturutse ku myanzuro ya TICAD yatangiye kuva mu 1993, abanyeshuri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 600 muri Afurika bamaze kubonerwa amashuri bigamo, miliyoni 240 nibo bamaze kugerwaho na serivisi z’ubuvuzi,mu gihe abagera kuri miliyoni enye n’ibihumbi 600 bamaze kugezwaho amazi meza muri Afurika.

Video y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Nairobi

-3856.jpg

Inama yatangiye ikazasozwa kuri iki cyumweru

2016-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Undi Munyarwandakazi yahawe igihembo n’umwamikazi w’u Bwongereza

Editorial 04 Jun 2018
Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Incamake y’ibyo Polisi y’u Rwanda yakoze mu Kwezi kwayo mu 2017

Editorial 20 Jun 2017
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Editorial 08 Aug 2016
Umwe mu bapolisi b’abarinzi bakomeye mu gihugu cya Uganda yakatiwe urwo gupfa

Umwe mu bapolisi b’abarinzi bakomeye mu gihugu cya Uganda yakatiwe urwo gupfa

Editorial 24 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Editorial 17 Mar 2016
Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso
Mu Mahanga

Urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira ibyaha rwasabwe kuba maso

Editorial 11 Jan 2016
Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi
Amakuru

Mu Rwanda: Korohereza cyane Abashoramari ndetse n’Umutekano usesuye nibyo birimo gutuma hazamuka Imiturirwa myinshi

Editorial 07 Aug 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru