• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Editorial 27 Aug 2016 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame kuwa Gatanu yageze muri Kenya aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya Tokyo yiga ku iterambere rya Afurika (Tokyo International Conference on African Development) yatangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Kanama ikazasozwa ku Cyumweru tariki ya 28 Kanama 2016.

Ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta, Perezida Kagame yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, James Kimonyo na John Wangen uhagarariye Kenya mu Rwanda.

Mu gitabo cy’abashyitsi, Perezida Kagame yanditse amagambo agira ati “ Bihora ari ibyishimo kugera muri iki gihugu gikomeye.”

Perezida Paul Kagame ari mu Bakuru b’Ibihugu by’ Afurika bitabiriye inama mpuzamahanga ya 6 ihuza u Buyapani n’ibihugu bya Afurika yiga ku iterambere ry’uyu mugabane izwi nka ‘Tokyo International Conference on African Development (TICAD)’.

-3857.jpg

Perezida Kagame yakirwa ku kibuga cy’indege

Ni ubwa mbere iyi nama ibereye muri Afurika kuva yatangira mu 1993 ikaba ibaye ku nshuro ya gatandatu kandi ikaba idasanzwe kuko iyo mu 2013 yafashe umwanzuro ko yajya iba buri myaka itatu kandi ntibere mu gihugu kimwe.

Iyi nama yo ku rwego rwo hejuru, irebera hamwe ibyateza imbere Afurika n’ubufasha bukenewe kugira bigerweho, ari naho u Buyapani buhera butegura igenamigambi n’ubufasha buha Afurika binyuze mu Kigo cy’u Buyapani cy’ubutwererane mpuzamahanga (JICA).

Umubano w’u Rwanda n’u Buyapani watangiye mu 1965, aho iki gihugu gifasha u Rwanda mu nzego zinyuranye z’iterambere binyuze muri JICA, kigatera inkunga ibikorwa by’iterambere binyuranye birimo imishinga y’ibikorwa remezo nk’imihanda, ingomero z’amashanyarazi, ibiraro n’ibindi.

-3855.jpg

Perezida Kagame ageze i Nairobi

U Buyapani kandi butera inkunga inzego z’ubuhinzi, ubwikorezi bw’ibintu n’abantu, ikoranabuhanga n’uburezi aho ifasha mu kubaka amashuri n’ibindi bikorwa remezo by’uburezi hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi.

By’umwihariko JICA ishyigikira iterambere ry’ikoranabuhanga binyuze mu ruhare igira mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo bifasha mu guteza imbere uburezi nka ‘K Lab na FabLab’.

Mu burezi bwo ku rwego rwo hejuru butangwa n’Ishuri rikuru rya Tumba College of Technology, u Buyapani nibwo bufatanya na guverinoma mu kugira uruhare runini mu gutuma iri shuri riba ntangarugero mu ikoranabuhanga mu Rwanda.TICAD itegurwa ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere, UNDP, Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), Banki y’isi n’abandi bafatanyabikorwa baturutse mu bihugu byose bya Afurika.

Kuva yatangira mu myaka 20 ishize, TICAD yagiye ikora byinshi bigamije gushyira mu bikorwa gahunda zigamije kuzamura iterambere rya Afurika binyuze mu ihame ryuko abanyafurika bakwiye kubigira ibyabo, ndetse no gufatanya n’amahanga.

Inama zose zabaye mu 1993, 1998, 2003, 2008 na 2013 zaberaga mu Buyapani. Iheruka ya gatanu yabereye Yokohama yari ifite insanganyamatsiko igira iti” Twese hamwe dufatanyije dushobora kubaka iterambere rya Afurika ku buryo burambye.”

Ubusanzwe TICAD ifite inkingi eshatu z’ingenzi arizo: Iterambere rirambye, Umuryango abaturage bose bibonamo ndetse n’amahoro n’umutekano.

Binyuza muri izi nkingi, Ikigo cy’u Buyapani gitsura iterambera (Japan International Cooperation Agency, JICA) cyakoze ibikorwa bitandukanye mu Rwanda byagiye byibanda ahanini ku Iterambere rirambye n’Umuryango abaturage bose bibonamo mu rwego rwo gufasha igihugu kuzamuka mu bukungu.

-3858.jpg

Perezida Kagame munama i Nairobi

JICA yatanze umusanzu mu byiciro bitandukanye birimo kubaka ibikorwaremezo, guteza imbere ubuhinzi, gusakaza amazi meza, isuku n’isukura ndetse n’ikoranabuhanga.

Mu myaka icumi Leta y’u Buyapani imaze gutera inkunga u Rwanda ingana na miliyoni 223 z’amadolari, ikaba inyuzwa mu kigo cyayo cy’iterambere(JICA), buri mwaka ikaba ingana na miliyoni 20 z’amadolari.

Biturutse ku myanzuro ya TICAD yatangiye kuva mu 1993, abanyeshuri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 600 muri Afurika bamaze kubonerwa amashuri bigamo, miliyoni 240 nibo bamaze kugerwaho na serivisi z’ubuvuzi,mu gihe abagera kuri miliyoni enye n’ibihumbi 600 bamaze kugezwaho amazi meza muri Afurika.

Video y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Nairobi

-3856.jpg

Inama yatangiye ikazasozwa kuri iki cyumweru

2016-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Minisitiri Busingye yatashye amacumbi agezweho yubakiwe abapolisi 1500, atwaye asaga miliyari 2

Editorial 03 Nov 2017
Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Bifashishije indirimbo, Eric Senderi afatanyije n’urubyiruko rwa ‘Kwacu Family’ bashimiye ingabo z’Inkotanyi kubwo kurokora abatutsi bakorewe Jenoside muri Mata 1994.

Editorial 08 Apr 2021
APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

APR FC yatsinze Police FC isoza igice kibanza cy’umwaka w’imikino wa 2021-2022 ari iyambere

Editorial 29 Jan 2022
Banki y’abaturage ya kabuga yibwe Amafaranga menshi ataramenyekana umubare wayo bibye

Banki y’abaturage ya kabuga yibwe Amafaranga menshi ataramenyekana umubare wayo bibye

Editorial 15 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi
POLITIKI

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Editorial 09 Apr 2020
KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe
SHOWBIZ

KNC witegura kumurikira Album mu gitaramo yatumiyemo ChakaChaka yashyize hanze indirimbo 3 icyarimwe

Editorial 14 May 2018
Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda
Amakuru

Lt Manzi yatawe muri yombi azira kutubahiriza amasezerano yagiranye na CMI mbere y’uko imufungura ntabwo ari intasi y’u Rwanda nkuko bivugwa n’ibinyamakuru bya Uganda

Editorial 24 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru