• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Nairobi : Perezida Kagame ari mu ba Perezida bitabiriye inama ihuza u Buyapani na Afurika TICAD ( Video )

Ubwanditsi 27 Aug 2016 Mu Rwanda

Perezida Paul Kagame kuwa Gatanu yageze muri Kenya aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya Tokyo yiga ku iterambere rya Afurika (Tokyo International Conference on African Development) yatangira kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 27 Kanama ikazasozwa ku Cyumweru tariki ya 28 Kanama 2016.

Ku kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta, Perezida Kagame yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, James Kimonyo na John Wangen uhagarariye Kenya mu Rwanda.

Mu gitabo cy’abashyitsi, Perezida Kagame yanditse amagambo agira ati “ Bihora ari ibyishimo kugera muri iki gihugu gikomeye.”

Perezida Paul Kagame ari mu Bakuru b’Ibihugu by’ Afurika bitabiriye inama mpuzamahanga ya 6 ihuza u Buyapani n’ibihugu bya Afurika yiga ku iterambere ry’uyu mugabane izwi nka ‘Tokyo International Conference on African Development (TICAD)’.

-3857.jpg

Perezida Kagame yakirwa ku kibuga cy’indege

Ni ubwa mbere iyi nama ibereye muri Afurika kuva yatangira mu 1993 ikaba ibaye ku nshuro ya gatandatu kandi ikaba idasanzwe kuko iyo mu 2013 yafashe umwanzuro ko yajya iba buri myaka itatu kandi ntibere mu gihugu kimwe.

Iyi nama yo ku rwego rwo hejuru, irebera hamwe ibyateza imbere Afurika n’ubufasha bukenewe kugira bigerweho, ari naho u Buyapani buhera butegura igenamigambi n’ubufasha buha Afurika binyuze mu Kigo cy’u Buyapani cy’ubutwererane mpuzamahanga (JICA).

Umubano w’u Rwanda n’u Buyapani watangiye mu 1965, aho iki gihugu gifasha u Rwanda mu nzego zinyuranye z’iterambere binyuze muri JICA, kigatera inkunga ibikorwa by’iterambere binyuranye birimo imishinga y’ibikorwa remezo nk’imihanda, ingomero z’amashanyarazi, ibiraro n’ibindi.

-3855.jpg

Perezida Kagame ageze i Nairobi

U Buyapani kandi butera inkunga inzego z’ubuhinzi, ubwikorezi bw’ibintu n’abantu, ikoranabuhanga n’uburezi aho ifasha mu kubaka amashuri n’ibindi bikorwa remezo by’uburezi hagamijwe kuzamura ireme ry’uburezi.

By’umwihariko JICA ishyigikira iterambere ry’ikoranabuhanga binyuze mu ruhare igira mu iyubakwa ry’ibikorwa remezo bifasha mu guteza imbere uburezi nka ‘K Lab na FabLab’.

Mu burezi bwo ku rwego rwo hejuru butangwa n’Ishuri rikuru rya Tumba College of Technology, u Buyapani nibwo bufatanya na guverinoma mu kugira uruhare runini mu gutuma iri shuri riba ntangarugero mu ikoranabuhanga mu Rwanda.TICAD itegurwa ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere, UNDP, Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AUC), Banki y’isi n’abandi bafatanyabikorwa baturutse mu bihugu byose bya Afurika.

Kuva yatangira mu myaka 20 ishize, TICAD yagiye ikora byinshi bigamije gushyira mu bikorwa gahunda zigamije kuzamura iterambere rya Afurika binyuze mu ihame ryuko abanyafurika bakwiye kubigira ibyabo, ndetse no gufatanya n’amahanga.

Inama zose zabaye mu 1993, 1998, 2003, 2008 na 2013 zaberaga mu Buyapani. Iheruka ya gatanu yabereye Yokohama yari ifite insanganyamatsiko igira iti” Twese hamwe dufatanyije dushobora kubaka iterambere rya Afurika ku buryo burambye.”

Ubusanzwe TICAD ifite inkingi eshatu z’ingenzi arizo: Iterambere rirambye, Umuryango abaturage bose bibonamo ndetse n’amahoro n’umutekano.

Binyuza muri izi nkingi, Ikigo cy’u Buyapani gitsura iterambera (Japan International Cooperation Agency, JICA) cyakoze ibikorwa bitandukanye mu Rwanda byagiye byibanda ahanini ku Iterambere rirambye n’Umuryango abaturage bose bibonamo mu rwego rwo gufasha igihugu kuzamuka mu bukungu.

-3858.jpg

Perezida Kagame munama i Nairobi

JICA yatanze umusanzu mu byiciro bitandukanye birimo kubaka ibikorwaremezo, guteza imbere ubuhinzi, gusakaza amazi meza, isuku n’isukura ndetse n’ikoranabuhanga.

Mu myaka icumi Leta y’u Buyapani imaze gutera inkunga u Rwanda ingana na miliyoni 223 z’amadolari, ikaba inyuzwa mu kigo cyayo cy’iterambere(JICA), buri mwaka ikaba ingana na miliyoni 20 z’amadolari.

Biturutse ku myanzuro ya TICAD yatangiye kuva mu 1993, abanyeshuri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 600 muri Afurika bamaze kubonerwa amashuri bigamo, miliyoni 240 nibo bamaze kugerwaho na serivisi z’ubuvuzi,mu gihe abagera kuri miliyoni enye n’ibihumbi 600 bamaze kugezwaho amazi meza muri Afurika.

Video y’uruzinduko rwa Perezida Kagame i Nairobi

-3856.jpg

Inama yatangiye ikazasozwa kuri iki cyumweru

2016-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Umusifuzi mpuzamahanga w’umunyarwanda Mukansanga Salima yashyizwe ku rutonde rw’abazasifura imikino Olempiki izabera mu Buyapani.

Ubwanditsi 21 Apr 2021
Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Rubavu : Ni nde uri hejuru y’amategeko utambamira ibyemezo by’Urukiko ku rubanza rwa Kopertive KO.A.DU

Ubwanditsi 15 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Uganda: Gen Kale Kayihura akomeje kwangirwa gusohoka mu gihugu ngo ajye kwivuza

Ubwanditsi 21 May 2018
Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira
Amakuru

Nyuma yo gutandukana na Young SC yo muri Tanzania, Haruna Niyonzima yongeye gusinyira ikipe ya AS Kigali yigeze gukinira

Ubwanditsi 30 Jul 2021
Monaco cafe na Monaco Cosmetics bagabanyirije ibiciro 10% kubakundana kubera Saint Valentin
HIRYA NO HINO

Monaco cafe na Monaco Cosmetics bagabanyirije ibiciro 10% kubakundana kubera Saint Valentin

Ubwanditsi 12 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru