• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Nyamagabe : Abayobozi 4 batawe muri yombi bazira kunyereza umutungo wa rubanda muri gahunda ya Gir’inka

Editorial 14 Sep 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda mu karere ka Nyamagabe ifunze abayobozi b’inzego z’ibanze bane bo mu mirenge ya Mbazi na Kibirizi kubera gucyekwaho kunyereza inka zo muri gahunda ya Gir’inka zagenewe imiryango itishoboye.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) André Hakizimana yavuze ko abo bayobozi bafashwe nyuma y’iperereza ryimbitse kuri icyo cyaha bakurikiranweho.

Yagize ati:”Zimwe muri izo nka zagize ibibazo birimo ubugumba, uburwayi n’ibindi. Iyo abazihawe bagezaga ibyo bibazo kuri abo bayobozi. Izirwaye barazibagishaga, ariko amafaranga bazivanyemo ntibayahe ba nyirazo cyangwa ngo babaguriremo izindi.”

CIP Hakizimana yakomeje agira ati:”Izagumbashye bazakaga abazihawe bakababwira ko bagiye kuzigurisha, maze amafaranga azivuyemo bakabaguriramo izindi, ariko byarangiraga ntazo babaguriye.”

Yavuze ko abakurikiranweho iki cyaha ari Timothy Muhayimana, akaba ashinzwe imibereho myiza n’iterambere mu kagari ka Mutiwingoma, ho mu murenge wa Mbazi, African Mugiraneza na Thomas Sibomana, aba bombi bakaba bashinzwe ubuvuzi bw’amatungo muri uyu murenge.

Yongeyeho ko uwa kane mu bacyekwaho iki cyaha ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Karambo, ho mu murenge wa Kibirizi witwa Louis Karenzi.

Asobanura ibya buri wese, CIP Hakizimana yavuze ko Muhayimana akurikiranweho kugurisha inka eshatu, hanyuma akagaragaza muri raporo ko zahawe abo zari zigenewe nyamara ntazo bahawe, naho Mugiraneza akaba akurikiranweho kwaka inka enye abazihawe akazigurisha; harimo iyo yabagishije avuga ko irwaye.

Yakomeje avuga ko Sibomana akurikiranweho kwaka inka imwe uwayihawe akayigurisha, naho Karenzi akaba acyekwaho kugurisha inka ebyiri harimo iyo yabagishije.

Uko ari bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gasaka mu gihe iperereza rikomeje.

Mu butumwa bwe, CIP Hakizimana yagize ati:”Ibyo abo bayobozi bakoze binyuranije n’inshingano zabo, kandi bidindiza gahunda nk’iyi igamije guteza imbere imiryango itishoboye binyuze muri gahunda ya Gir’inka. Bene iyo mikorere igomba kwirindwa no kurwanywa.”

Yasabye abaturage guharanira uburenganzira bwabo batanga amakuru y’abayobozi banyereza ibyabagenewe, ndetse n’abakora ibindi byaha muri rusange.

Rwamagana: Babiri bari mu maboko ya Polisi bakekwaho ubujura bw’inka mu kandi karere

Ku italiki 12 Nzeli, mu kagari ka Manunu, umurenge wa Fumbwe, abagabo babiri batawe muri yombi na Polisi ikorera mu karere ka Rwamagana nyuma yo gukekwaho uruhare mu bikorwa by’ubujura bw’inka bikekwa ko bazibye mu karere ka Gatsibo.

Abafashwe ni Gasajya Theogene w’imyaka 25 y’amavuko na Rutimbo Claude bivugwa baziguze n’ abashumba bazo bakazicisha inzira y’amazi bazizana mu murenge wa Fumbwe zafatiwemo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’I Burasirazuba IP Emmanuel Kayigi, yavuze ko, mu gihe cya saa munani z’amanywa yo ku italiki ya 11 Nzeli., abaturage bo mu kagari ka Mununu babonye inka 7 zambutswa ikiyaga cya Muhazi zerekeza mu murenge wa Fumbwe.

IP Kayigi yagize ati:” Twahawe amakuru n’abaturage ko hari inka zambukijwe zerekezwa ku ibagiro rya Nyagasambu kandi barimo gukeka ko zaba ari inyibano, nibwo twahise tuzihagarika ndetse abazifatanywe ubu bakaba bafunze.”

IP Emmanuel Kayigi akaba avuga ko mu bakekwa kugira uruhare mu bujura bw’aya matungo , harimo abashumba b’izo nka, abo bajura ndetse na bamwe mu bacuruzi bakorera ku ibagiro zari zigemuweho.

Hagati aho ariko, umugabo witwa Kimenyi John usanzwe utuye mu karere ka Gatsibo unavuga ko izi nka ari ize, nyuma yo gutanga ibimenyetso bigaragaza ko ari ize, yavuze ko yazororeraga mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza, akaba ataramenya uburyo zageze mu murenge wa Fumbwe.

Kuri ibi, Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba akaba avuga ko ubundi abacuruzi b’amatungo, mu kuyavana mu gace kamwe bayajyana mu kandi, bafite amabwiriza yo kuyatwara mu modoka, uburyo rero bwakoreshejwe mu kuyazana anyuze mu mazi bukaba butemewe ari nacyo cyatumye abaturage babikemanga, Polisi nayo ikaba yatangije iperereza ngo hamenyekane ababiri inyuma.

IP Kayigi yongeyeho ko Polisi y’u Rwanda yahagurukiye iki kibazo; harimo gufata abishora muri ubu bujura, gukorana inama n’aborozi mu duce turimo ubworozi bwinshi, hagamijwe kubakangurira gukoresha abashumba bizeye neza kandi bafite umwirondoro uzwi ndetse no gukorana n’inzego z’ibanze hagamijwe gukaza amarondo.

IP Kayigi asoza asaba abaturage kujya batanga amakuru y’abantu babona bafite amatungo ku buryo budasobanutse, kuko uretse kuba ibyo bikorwa bibi by’ubujura byahombya igihugu n’abaturage ku rwego rw’ubukungu, ayo matungo ashobora gutera n’indwara kuko iyo habayeho ubwo bujura, inyama zayo akenshi zigurishwa zidapimwe indwara n’abaganga b’amatungo babifitiye uburenganzira.

-4058.jpg

Abo bajura nibaramuka bahamwe n’icyaha, bazahanishwa igifungo kiri hagati y’amezi 6 kugera ku myaka 2 nk’uko bikubiye mu ngingo ya 300 yo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha cya Repubulika y’u Rwanda.


RNP

2016-09-14
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Polisi y’u Rwanda irashimira abaturarwanda uko bitwaye mu minsi mikuru

Editorial 01 Jan 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha bwatumye hari abafatanwa amafaranga y’amahimbano

Editorial 04 Jan 2016
Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

Umutungo w’Umuryango wa Tshisekedi urimo gukorwaho iperereza

Administrator 24 Nov 2025
Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Abanyeshuri barokotse Jenoside barasaba kurihirwa ‘Masters’

Editorial 09 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’
INKURU NYAMUKURU

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Editorial 17 Jan 2019
Uganda: Umunyemari yashatse kwica umugore babyaranye 4 ngo abone uko yigarurira imitungo
Mu Mahanga

Uganda: Umunyemari yashatse kwica umugore babyaranye 4 ngo abone uko yigarurira imitungo

Editorial 27 Feb 2018
Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar
POLITIKI

Perezida Kagame yahawe impamyabumenyi y’Ikirenga na Kaminuza ya Bahir Dar

Editorial 02 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru