• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Perezida Kagame yitabiriye inteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 20 Sep 2016 POLITIKI

Kuri uyu wambere tariki ya 19 Nzeli 2016, Abayobozi b’ibihugu 193 kuva ku bami, Abaperezida na ba Minisitiri b’Intebe bakoraniye mu kibaya cya ‘Turtle Bay’ i New York ku cyicaro cy’Umuryango w’Abibumbye (UN), mu Nteko Rusange irebera mu nguni zose z’ibibazo byugarije Isi birimo amakimbirane, ubukene bukabije n’inzara, iterabwoba, ubuhunzi n’ihindagurika ry’ibihe.

Kuri uyu wambere inama yatangiriye ku kwiga ku rujya n’uruza rw’abimukira, bikaba ari ubwa mbere Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye igiye gukoranya Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma iganira kuri iyi ngingo.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda mu cyumweru gishize yemeje ko azitabira ibikorwa by’iyi Nteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye, kuri Twitter ye yagize ati “Muri New York muri UNGA. Kizaba icyumweru cy’akazi kenshi!”

-4090.jpg

Perezida Pauk Kagame mu nteko rusange ya Loni

Mu gikorwa gihurirana n’iyi Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye, biteganyijwe ko Perezida Kagame nk’umwe mu bakuru b’ibihugu 10 barangaje imbere gahunda yo gukangurira abagabo kuzirikana ihame ry’uburinganire, HeforShe, azagaragaza raporo y’aho iki gikorwa kigeze.

Iby’igenzi mu Nteko rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye

Iyi Nteko Rusange ibaye mu gihe Koreya ya Ruguru ikomeje isuzuma ry’ibitwaro bya kirimbuzi, ndetse muri uku kwezi cyanageze ku nkombe z’inyanja ku ruhande rw’u Buyapani.

Intambara ikomeje gufata indi ntera muri Syria nayo imaze guhitana ubuzima bw’abasaga 300 000, binagira ingaruka zikomeye ku mibereho y’abaturage, miliyoni z’impunzi ziva mu byabo zerekeza muri Jordaniya, Turikiya, Libani n’u Burayi.

Hari kandi ibibazo by’iterabwoba ku Isi, aho Imitwe y’Iterabwoba nka Islamic State, al-Qaida na Boko Haram, ikomeje kugarika ingogo ku migabane itandukanye, hakaza n’ibihugu bikomeje guhura n’ihindagurika ry’ikirere n’byugarijwe n’ibibazo by’umutekano na politiki, nka Yemen, u Burundi, Libya, Nigeria, Somalia na Sudani y’Epfo.

Ku kibazo cy’abimukira, Umuryango w’Abibumbye uvuga ko “Abayobozi b’Isi yose biteganyijwe ko bazatora umwanzuro wa politiki muri iyi nama, aho Loni izabona inyongera mu muryango wayo, urwego rushinzwe gukurikirana abimukira. Abayobozi b’Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango Mpuzamahanga w’Abimukira (IOM) bazasinya amasezerano azagira IOM ikigo cyita kuri icyo kibazo muri UN.’’

Ejo kuwa Kabiri tariki 20 Nzeri kugeza kuwa Mbere w’Icyumweru gikurikira, tariki 26 Nzeri, aba bayobozi bazitabira ibiganiro ngarukamwaka ku nsanganyamatsiko y’intego zigamije iterambere rirambye (SDGs): imbaraga z’Isi yose mu guhindura Isi yacu’’, harebwa aho ingingo 17 za SDGs zemejwe mu nama ya 70 iheruka zigeze zishyirwa mu bikorwa.

Hazarebwa no kuri gahunda y’icyerekezo 2030, igizwe n’imyaka 15 ibihugu byihaye ngo Isi ibe itakirangwamo ubukene bukabije.

Kuwa Gatatu tariki 21 Nzeri, Inteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye izaganira ku kibazo cy’udukoko dutera indwara dukomeje kwihagarararo ku miti, bikongera ingorane ku buzima bw’abatuye Isi kandi bikanabangamira ibindi bikorwa birimo iterambere rya muntu.

-4089.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon

Kuri uwo munsi kandi Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki Moon, azagaragaza byinshi ku masezerano ya Paris ku ihindagurika ry’ibihe, ibihugu nibura 28 byiharira 16% by’ibyuka byoherezwa mu kirere bikazashyira umukono kuri ayo masezerano yemejwe mu Ukuboza umwaka ushize.

Biteganyijwe ko Abakuru b’Ibihugu na za guverinoma bazakira indahiro ya Perezida w’Inteko Rusange ya 71 y’Umuryango w’Abibumbye, Umunya-Fuji, Peter Thomson, watowe muri Kamena asimbuye Mogens Lykketoft ukomoka muri Denmark, wayoboye Inteko Rusange ya 70.

-4088.jpg

Perezida w’Amerika Barack Obama

Iyi nama izaba ari iya nyuma kuri Perezida Barack Obama uri gusoza manda ya kabiri nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kuri Ban ki Moon uzasoza imyaka 10 nk’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye kuwa 31 Ukuboza.

2016-09-20
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ethiopia igiye gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya usimbura Desalegn weguye

Ubwanditsi 06 Mar 2018
Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika

Ubwanditsi 29 May 2018
“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

“Igihano Eugène Rwamucyo yahawe ni ikimenyetso cyo guca umuco wo kudahana, no gusubiza agaciro abagizweho ingaruka na Jenoside yakorewe Abatutsi “- Wairimu Nderitu.

Ubwanditsi 06 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UMUGABA MUKURU W’INYESHYAMBA ZA FDLR YAFASHWE AVUYE MU BIGANIRO NA KAYUMBA NYAMWASA
Mu Rwanda

UMUGABA MUKURU W’INYESHYAMBA ZA FDLR YAFASHWE AVUYE MU BIGANIRO NA KAYUMBA NYAMWASA

Ubwanditsi 10 May 2016
BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%
Amakuru

BNR yazamuye urwunguko rwayo ruva kuri 6,75% rwari rwashyizweho mu mezi atatu ashize, rushyirwa kuri 7,25%

RUSHYASHYA 20 Feb 2026
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia
Amakuru

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Ubwanditsi 17 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru