• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Ubutinganyi ntabwo buraba ikibazo ku Rwanda – Perezida Kagame

Editorial 25 Sep 2016 POLITIKI

Perezida Paul Kagame yavuze ko ikibazo cy’ubutinganyi kitari mu bihangayikishije u Rwanda, ku buryo rukeneye kwita ku bibazo rufite kandi buri Munyarwanda wese akabigiramo uruhare.

Umukuru w’Igihugu yabikomojeho muri Rwanda Cultural Day yaberaga mu Mujyi wa San Francisco, aho umwe mu bayitabiriye yamubajije uko iki kibazo gifatwa mu Rwanda nk’igihugu cyateje imbere umugore.

Hari mu mwanya wo kubaza ibibazo bitandukanye cyangwa gutanga ibitekerezo, aho Perezida Kagame yamusubije ko mu Rwanda ubutinganyi atari ikibazo.

Ati “Ubutinganyi ntibwigeze butubera ikibazo kandi ntabwo tugamije kubugira ikibazo. Ubu duhanganye n’ibindi bibazo bitandukanye dufite, kandi nk’uko nabivuze, turashaka ko buri wese abigiramo uruhare. Ibyo bivuze gufatanya kuko dukeneye ko buri muntu yunganirana na mugenzi we, dukeneye ituze rituruka ku kwemerera abantu kubana mu bworoherane, kandi ndatekereza ko ibyo twabiteyeho intambwe nziza.”

“Kuba nk’uko nabivuze iki atari ikibazo gikomeye kuri twe, ntabwo nshaka kukigira ikibazo.”

Mu gihe mu minsi ishize ibihugu bitandukanye nka Zimbabwe na Uganda byagiye bizamura ijwi byamagana ubutinganyi ndetse ntibivuge rumwe n’ibihugu byemeye iyo migirire byo mu Burengerazuba bw’Isi, u Rwanda ntirwigeze rugaragaza ko ari ikibazo gikeneye guhabwa umwanya.

Mu byagaragajwe muri Rwanda Cultural Day kandi uwitwa Tonya Harris waturutse i Los Angeles usanzwe atunganya amafilimi, yashingiye ku ibyo abona muri Hollywood asaba ko yafashwa kuza mu Rwanda ngo abashishe Abanyarwanda kwivugira inkuru zabo.

Perezida Kagame yamwijeje ubutumire mu Rwanda ati “Niba wifuza ko mbyandika, nzakwandikira ubutumire. Ngwino ugire uruhare mu biri gukorwa, wige, ubitangaze.”

Intare Davies Kagaruka uba mu Mujyi wa Los Angeles wabanje kwivuga mu bisekuru bisaga 10, yavuze ko amaze imyaka 12 muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ariko yajyaga muri Rwanda Day ntabone umwanya wo gutanga igitekerezo, aho awuboneye asaba ko abanyarwanda bajya bakoresha imbuga Nkoranyambaga barwanya “abavuga ubusa” kandi bakabikora batihishahisha.

-4151.jpg

Perezida Paul Kagame

2016-09-25
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Putin yamurikiwe Misile zifite ubukana buruta ubw’ izindi zose zabayeho

Perezida Putin yamurikiwe Misile zifite ubukana buruta ubw’ izindi zose zabayeho

Editorial 03 Mar 2018
Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Perezida Kagame yakiriye Minisiitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi

Editorial 24 Jul 2018
Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Hari icyo FPR yakoze kihishe abayibanjirije-Tito

Editorial 27 Dec 2017
U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

U Rwanda rwanzuye kutavugurura amasezerano y’imikoranire na Human Rights Watch

Editorial 06 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR
ITOHOZA

Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR

Editorial 13 Oct 2016
Perezida Kagame yakomoje ku magambo Emmanuel Macron yavuze anenga imikorere ya Afurika
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakomoje ku magambo Emmanuel Macron yavuze anenga imikorere ya Afurika

Editorial 25 Aug 2017
Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15
INKURU NYAMUKURU

Burundi: HRW ngo ibya referendum bimaze kugwamo 15

Editorial 19 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru