• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR

Hagaragajwe ibimenyetso binyomoza Corneille uvuga ko umuryango we wishwe na FPR

Ubwanditsi 13 Oct 2016 ITOHOZA

Umuhanzi w’icyamamare Corneille, ufite ubwenegihugu bwa Canada ariko akaba afite inkomoko ku babyeyi b’abanyarwanda, aherutse gushyira hanze igitabo yise “Là où le soleil disparait”, aho avuga ubwana bwe n’ibyamubayeho birimo kuba nyirasenge yarajyaga amufata ku ngufu akamusambanya afite imyaka 6, hanyuma akibanda cyane ku rupfu rw’ababyeyi ye bishwe mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi, ndetse akavugamo n’ababishe. Avuga ko ababyeyi be bishwe n’ingabo za FPR nyamara hagaragajwe ibimenyetso bifatika bimunyomoza, hanerekanwa ko kuba yaratangaje ibi haba hari ikindi kibyihishe inyuma.

Ubusanzwe icyamamare Corneille Nyungura, yavukiye mu gihugu cy’u Budage tariki 24 Werurwe 1977, abyarwa n’ababyeyi bombi b’Abanyarwanda bari baragiye kuba muri icyo gihugu kubera impamvu z’amasomo, hanyuma baza kugaruka kuba mu Rwanda bari kumwe na Corneille ubwo yari afite imyaka 6 y’amavuko.

Se wa Corneille ari we Emile Nyungura, icyo gihe yari umuyobozi w’ishyaka rya PSD ritavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Juvenal Habyarimana. Emile Nyungura yiciwe mu maso y’umuhungu we Corneille tariki 15 Mata 1994, ndetse kuri iyo tariki nyuma ya se umubyara, hishwe na nyina ndetse n’abavandimwe be batatu, Corneille aba ari we usigara wenyine.

Mu buryo butunguranye ariko, Corneille yavuze ibintu byatunguye benshi kandi birimo kwivuguruza kwinshi ukurikije ibindi yagiye avuga mu myaka 22 ishize, ashimangira ko yibuka neza ibyabaye nk’ibyabaye ejo, ko nta gushidikanya umuryango we wishwe n’Ingabo za FPR Inkotanyi bizwi ko zarwanaga urugamba rwo kubohora u Rwanda no guhagarika Jenoside.

Umubiligi Alain Billen, umunyamakuru w’impuguke mu by’amateka y’u Rwanda by’umwihariko wakoze ubushakashatsi ku bya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yagaragaje ibimenyetso byinshi bishimangira ko Corneille abeshya, yivuguruza kandi ibyo yakoze bikaba bifite ikindi kibyihishe inyuma. Mu nyandiko yashyize ku rubuga rwe (blog), Alain Billen agenda yerekana akantu ku kandi gashimangira ko Corneille abeshya.

Alain Billen avuga ko umuryango wa Corneille wiciwe mu mujyi wa Kigali tariki 15 Mata 1994, nyuma y’icyumweru kimwe Jenoside itangiye mu Rwanda. Agaragaza ko icyo gihe nta basirikare ba FPR bari mu mujyi wa Kigali, ndetse ko bahageze mu mpera z’ukwezi kwa Kamena 1994, ni ukuvuga nyuma y’amezi abiri umuryango wa Corneille wishwe. Avuga ko bacye ari bo babaga mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko, ahari hazwi nka CND.

-4334.jpg

Alain Billen kandi agaragaza ko Emile Nyungura icyo gihe yari umuyobozi w’ishyaka rya PSD ritavugaga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida Juvenal Habyarimana, bisobanura neza ko yari umwe mu bantu bahigwaga n’ubutegetsi bwari buriho, kuburyo ingabo za Guverinoma y’icyo gihe (FAR) zamucungiraga hafi ngo yicwe, ari nabyo byatumye apfa mu minsi ya mbere yakozwemo Jenoside.

Uyu mubiligi akomeza yerekana uburyo FPR ntacyo yashakaga kuri Emile Nyungura n’umuryango we, kuko iyo ibasha kugera mu gace yari atuyemo yari kubanza kwica Matayo Ngirumpatse bari baturanye, kuko uyu yari Perezida w’ishyaka MRND rya Juvenal Habyarimana ryateguye rikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi. Uyu Ngirumpatse yahamijwe ibyaha bya Jenoside n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda. Alain Billen yibaza uburyo FPR yari ishishikajwe no guhagarika Jenoside, yaba yarinjiye muri aka kaje k’umwe mu bikomerezwa byakoze Jenoside, yarangiza ntinagire icyo itwara abakoraga ubwicanyi bari bayobowe na Matayo Ngirumpatse ahubwo ikajya kwica umuryango wa Emile Nyungura bari baturanye.

Yibaza kandi uburyo Corneille uvuga ko umuryango we wishwe n’ingabo za FPR Inkotanyi, yaba yarabashije kuzimenya mu gihe nta mpuzankano (Uniform) bari bafite, dore ko batari no kwinjira mu mujyi wa Kigali bidegembya cyangwa bambaye imyenda yari gutuma bamenyekana mu gihe ingabo za Guverinoma y’icyo gihe zari zuzuye mu uwo mujyi muri ayo matariki.

Alain Billen kandi, agaragaza ukwivuguruza kwa Corneille, akabyerekana nk’ikimeyetso gifatika cyo kuba uyu muhanzi afite ikindi kintu gihishwe cyatumye ahindura imvugo agaharabika ingabo za FPR Inkotanyi. Agaragaza aho yagiye atangaza ubwe ibintu byerekana ko ubu arimo kubeshya ibinyoma bidafite ishingiro.

Urugero atanga ni nko muri Gashyantare 2006, aho Corneille ubwe yagiranye ikiganiro n’umunyamakuru Nathalie PETROWSKI wakoreraga “La Presse Arts et Spectacles”, icyo gihe akaba yaragaragaje ko abishe umuryango we atabazi ariko uko byagenda kose atari FPR. Icyo yihe Corneille yagize ati: “Abishe umuryango wanjye? Simbazi ariko sinshaka no kubamenya. Gusa sintekereza ko baba ari FPR kuko icyo gihe abasirikare babo nta bari muri ako gace.”

-4335.jpg

Alain Billen, umubiligi w’imyaka 63 y’amavuko unyomoza Corneille

Icyo gihe kandi, Corneille yabwiye Nathalie PETROWSKI ko nta bintu byinshi yibuka byabaye mu ijoro umuryango we wicwaga, uretse kuba yibuka ko hari nka saa cyenda z’urukerera ubwo abantu bafite intwaro babateraga bakica umuryango we wose bagahita bagenda, bakagenda bazi ko ntawe basize agihumeka.

Muri rusange, Alain Billen agaragaza ko Corneille yaba akoreshwa n’abasize bahekuye u Rwanda bidegembya mu bihugu bitandukanye by’amahanga, kimwe n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda bagamije gukoma igihugu mu nkokora, mu gihe u Rwanda ubu ruri ku mwanya wa 7 ku isi mu bihugu bifite ubutegetsi bukora neza nk’uko byagaragajwe na WEF (World Economic Forum). Kuba yaba akorana n’abatavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, Alain Billen anabishingira ku kuba ari bo bahise basamira hejuru ibyo kuba yaravuze ko ababyeyi be bishwe na FPR, bikagaragaza ko hari icyo bari babyitezeho.

Source : Ukwezi.com

2016-10-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Kayumba uhunahuna muri Kongo kuva muri 2010 ubanza icyo ashaka yarakibonye

Ubwanditsi 07 Jul 2019
Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Tumenye Gideon Rukundo Rugari n’impamvu yirirwa atuka u Rwanda ngo Museveni amufashe mu mugambi we wo kuba umudepite

Ubwanditsi 27 Sep 2019
Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Gutabariza umunyarwandakazi waguye mu gihugu cy’U Buholandi

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Trump yise Koreya ya Ruguru abicanyi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri w’umunyamerika yafunze

Trump yise Koreya ya Ruguru abicanyi nyuma y’urupfu rw’umunyeshuri w’umunyamerika yafunze

Ubwanditsi 20 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Sierra Leone yabaye ikipe ya 24 yashimangiye kuzitabira igikombe cya Afurika cya 2021.

Ubwanditsi 16 Jun 2021
Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR
INKURU NYAMUKURU

Nyagatare: Uko yubatse inzu ya miliyoni 35Frw abikesha FPR

Ubwanditsi 15 Aug 2018
Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19
Amakuru

Abana bafite ubumuga bakwiye uburenganzira bwihariye bwo guhabwa Inkingo za COVID-19

Ubwanditsi 13 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru