• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016 Mu Mahanga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yasangije abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika uko yabonye imikoranire y’ingabo za Afurika zihurira mu butumwa, aho asanga ari byo bituma kugarura amahoro bigorana.

Ibi Gen. Nyamvumva yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Ugushyingo 2016 ubwo yatangizaga inama ya 10 ibera i Kigali ihuza abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika bahuriye mu muryango bise African Conference of Commandants (ACoC).

Kuva mu Nzeri 2009 kugeza muri Werurwe 2013 Gen. Nyamvumba yashinzwe kuyobora ingabo za Loni ihuriyeho n’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani.

Muri ubu butumwa yari yashinzwe, Gen. Nyamvumba yasangije aba bayobozi b’amashuri makuru ya gisikari muri Afurika ko na we ubwe yiboneye ko haburaga uguhuza mu mikorere.

Yagize ati “Tugomba kwita cyane ku mikoranire mpuzamahanga mu gukemura ibibazo by’umutekano aho twahuriye turi ibihugu byinshi. Mu gihe twita ku bibazo biriho ubu, tugomba kumva ko hari ibyagaruka. Bityo rero tugomba kwiga uburyo bushya aho ubwa mbere butatanze umuti. Ndifuza ko mwakwigira ku masomo twabonye mu bibazo byahise n’ibiriho muri Afurika mu rwego kugira ngo abazoherezwa mu butumwa mu bihe bizaza bazagende bumva inshingano zabo birushijeho, bumva ibibazo,…”

Yakomeje agira ati “Ndavuga ibi kubera ubunararibonye bwanjye hamwe n’Umuryango w’Abibumbye aho twari dufite ibihugu byo muri Afurika biri mu butumwa bwo kugarura amahoro, ariko ikibazo kimwe mu byatugoraga cyari ukuba nta guhuza guke mu byo twakoraga n’uburyo twabikoragamo. Kandi nk’Abanyafurika twaharaniraga gushakira umuti ibibazo bya Afurika umuntu yatekereza ko byari koroha, ariko mu by’ukuri siko byari bimeze. Ndifuza rero icyo kintu mukigabo.”

Yabagaragarije ko iyi nama igamije kongera imikoranire hagati y’amashuri ya gisirikari ku mugabane wa Afurika, bakigira ku masomo amwe avanwa mu mvururu zo hirya no hino muri Afurika.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt. Col. René Ngendahimana avuga ko uyu muryango ari nk’ishyirahamwe ribahuza kugira ngo buri mwaka bungurane ibitekerezo mu buryo bwo guhuza, gusangira inararibonye n’ubundi bunararibonye mu bintu bitandukanye bya gisirikari kugira bashobore kurushaho guhuza amasomo batanga mu mashuri yabo atandukanye.

Yagize ati “Ibi bifasha kugira ngo aho duhurira mu bikorwa rusange bitworohereze kuba ingabo ziturutse mu bihugu bitandukanye zishobore kuba zakorana, bigafasha mu kugira ngo habe hakemurwa ibibazo bitandukanye by’umutekano ku Isi cyangwa se muri Afurika.”

Yunga mu rya Gen. Nyamvumba ku mikoranire y’ingabo zihurira mu butumwa, Lt. Col. Ngendahimana yagize ati “Icyo ni cyo mu by’ukuri bene izi nama zigamije; kugira ngo ikintu cyo kuba nyamwigendaho cyangwa se cyo gushaka gukoresha ubushobozi cyangwa se ubunararibonye bw’igihugu ubwacyo. Ibibazo by’umutekano biri ku isi muri iki gihe bisaba ko abantu bashyira hamwe byaba mu bitekerezo, byaba mu myigishirize ndetse no kuba bashobora no kuba bakorana ibikorwa bya gisirikari hamwe kuko byagaragaye ko icyo kintu cyo kuba nyamwigendaho mu by’ukuri bitagitanga umusaruro.”

Iyi nama y’iminsi ibiri ibereye mu Rwanda ku nshuro ya mbere ihuza abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika yitabiriwe n’abagera kuri 40 baturutse mu bihugu bitandukanye byo kuri uyu mugabane.

-4563.jpg

Gen. Patrick Nyamvumba aganira n’umwe mu basirikai bitabiriye iyi nama (Ifoto/Imbabazi K.N.)

2016-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Gen. Tumukunde yajyanwe mu bitaro igitaraganya

Ubwanditsi 16 Mar 2020
Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Polisi y’u Rwanda igaragaza ko inkongi z’imiriro zigenda zigabanuka

Ubwanditsi 06 Jun 2016
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Ubwanditsi 26 Apr 2021
Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Polisi y’u Rwanda yinjiye mu rugamba rwo kurwanya Malaria

Ubwanditsi 10 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro
Mu Rwanda

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP  Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak
Uncategorized

Amafoto – Perezida Paul Kagame ari kumwe na Madamu bitabiriye isozwa rya ATP Challenger 50 yatwawe na Kamil Majchrzak

Ubwanditsi 02 Mar 2024
Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari
ITOHOZA

Uko Gen Kabarebe wangaga abasirikari urunuka yarwanye n’intare, akinjira mu gisirikari

Ubwanditsi 02 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru