• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

‘Kudahuza kw’Ingabo za Afurika nibyo bitera intambara’ Gen Nyamvumba

Ubwanditsi 02 Nov 2016 Mu Mahanga

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Patrick Nyamvumba yasangije abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika uko yabonye imikoranire y’ingabo za Afurika zihurira mu butumwa, aho asanga ari byo bituma kugarura amahoro bigorana.

Ibi Gen. Nyamvumva yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 2 Ugushyingo 2016 ubwo yatangizaga inama ya 10 ibera i Kigali ihuza abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika bahuriye mu muryango bise African Conference of Commandants (ACoC).

Kuva mu Nzeri 2009 kugeza muri Werurwe 2013 Gen. Nyamvumba yashinzwe kuyobora ingabo za Loni ihuriyeho n’Umuryango w’Afurika yunze Ubumwe ziri mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani.

Muri ubu butumwa yari yashinzwe, Gen. Nyamvumba yasangije aba bayobozi b’amashuri makuru ya gisikari muri Afurika ko na we ubwe yiboneye ko haburaga uguhuza mu mikorere.

Yagize ati “Tugomba kwita cyane ku mikoranire mpuzamahanga mu gukemura ibibazo by’umutekano aho twahuriye turi ibihugu byinshi. Mu gihe twita ku bibazo biriho ubu, tugomba kumva ko hari ibyagaruka. Bityo rero tugomba kwiga uburyo bushya aho ubwa mbere butatanze umuti. Ndifuza ko mwakwigira ku masomo twabonye mu bibazo byahise n’ibiriho muri Afurika mu rwego kugira ngo abazoherezwa mu butumwa mu bihe bizaza bazagende bumva inshingano zabo birushijeho, bumva ibibazo,…”

Yakomeje agira ati “Ndavuga ibi kubera ubunararibonye bwanjye hamwe n’Umuryango w’Abibumbye aho twari dufite ibihugu byo muri Afurika biri mu butumwa bwo kugarura amahoro, ariko ikibazo kimwe mu byatugoraga cyari ukuba nta guhuza guke mu byo twakoraga n’uburyo twabikoragamo. Kandi nk’Abanyafurika twaharaniraga gushakira umuti ibibazo bya Afurika umuntu yatekereza ko byari koroha, ariko mu by’ukuri siko byari bimeze. Ndifuza rero icyo kintu mukigabo.”

Yabagaragarije ko iyi nama igamije kongera imikoranire hagati y’amashuri ya gisirikari ku mugabane wa Afurika, bakigira ku masomo amwe avanwa mu mvururu zo hirya no hino muri Afurika.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt. Col. René Ngendahimana avuga ko uyu muryango ari nk’ishyirahamwe ribahuza kugira ngo buri mwaka bungurane ibitekerezo mu buryo bwo guhuza, gusangira inararibonye n’ubundi bunararibonye mu bintu bitandukanye bya gisirikari kugira bashobore kurushaho guhuza amasomo batanga mu mashuri yabo atandukanye.

Yagize ati “Ibi bifasha kugira ngo aho duhurira mu bikorwa rusange bitworohereze kuba ingabo ziturutse mu bihugu bitandukanye zishobore kuba zakorana, bigafasha mu kugira ngo habe hakemurwa ibibazo bitandukanye by’umutekano ku Isi cyangwa se muri Afurika.”

Yunga mu rya Gen. Nyamvumba ku mikoranire y’ingabo zihurira mu butumwa, Lt. Col. Ngendahimana yagize ati “Icyo ni cyo mu by’ukuri bene izi nama zigamije; kugira ngo ikintu cyo kuba nyamwigendaho cyangwa se cyo gushaka gukoresha ubushobozi cyangwa se ubunararibonye bw’igihugu ubwacyo. Ibibazo by’umutekano biri ku isi muri iki gihe bisaba ko abantu bashyira hamwe byaba mu bitekerezo, byaba mu myigishirize ndetse no kuba bashobora no kuba bakorana ibikorwa bya gisirikari hamwe kuko byagaragaye ko icyo kintu cyo kuba nyamwigendaho mu by’ukuri bitagitanga umusaruro.”

Iyi nama y’iminsi ibiri ibereye mu Rwanda ku nshuro ya mbere ihuza abayobozi b’amashuri makuru ya gisirikari muri Afurika yitabiriwe n’abagera kuri 40 baturutse mu bihugu bitandukanye byo kuri uyu mugabane.

-4563.jpg

Gen. Patrick Nyamvumba aganira n’umwe mu basirikai bitabiriye iyi nama (Ifoto/Imbabazi K.N.)

2016-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Polisi y’u Rwanda irasaba kwitwararika umutekano w’abanyeshuri bajya mu biruhuko

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Imyanzuro 13 yafatiwe mu nama ya Biro Politiki y’Umuryango FPR-Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Dec 2016
APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

APR FC yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2024, izahura na Red Arrows yaje itumiwe

Ubwanditsi 19 Jul 2024
Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Umukobwa uherutse kwiyahura asimbutse igorofa muri ULK yaba yari atwite,yaranandujwe Sida

Ubwanditsi 25 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Ubwanditsi 17 Mar 2020
Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15
ITOHOZA

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe
Mu Mahanga

Igipolisi n’abanyamakuru barashaka uko barushaho gukorana batarebana ay’ingwe

Ubwanditsi 21 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru